Perezida Touadéra yarahiriye kuyobora Santarafurika ashima by’umwihariko Ingabo z’u Rwanda.

Perezida wa Repubulika ya Central Africa, Prof. Faustin-Archange Touadéra, yarahiriye kuyobora iki gihugu muri manda nshya maze ashimira byimazeyo umusanzu w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) mu kugarura amahoro n’umutekano muri iki gihugu. Ni umuhango wabaye ku wa 30 Werurwe 2026 aho wanitabiriwe na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva, wari uhagarariye Perezida Paul Kagame. Wari […]

Continue Reading

Trump yongereye igitutu kuri Iran ngo ifungure umuhora wa Hormuz

Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko Iran nidafungura umuhora wa Hormuz inganda zitunganya ibikomoka kuri peteroli n’amariba yabyo bizaraswaho bikangizwa. Iran iherutse gutangaza ko umushinga w’amasezerano y’amahoro Amerika yateguye udashoboka. Ingabo za Israel zagabye ibitero bya misile ku bikorwaremezo by’ingabo za Iran n’ibyakoreshwaga n’umutwe wa Hezbollah i Beirut. Turikiya yavuze ko ibisasu biremereye byarasiwe […]

Continue Reading

RDC: ADF iravugwaho gushimuta abantu 300 mu minsi ibiri.

Abasivili barenga 300 bashimuswe n’inyeshyamba z’umutwe wa Allied Democratic Forces (ADF) mu gihe cy’iminsi ibiri gusa muri Teritwari ya Irumu, ku muhanda Mambasa-Komanda mu Ntara ya Ituri, mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Nk’uko amakuru aturuka mu nzego z’ibanze n’abaharanira uburenganzira bwa muntu abitangaza, ngo ibi bitero byagabwe hagati yo kuwa Gatandatu no […]

Continue Reading

AFC/M23 yateye utwatsi ibyo kuva mu bice bimwe yari yarafashe.

Ihuriro rya AFC/M23 ryatangaje ko ibikorwa birimo kugaragara ku mirongo inyuranye yo ku rugamba ari ibisanzwe byo “guhinduranya imitwe y’ingabo”, nyuma y’iminsi bivugwa ko abarwanyi baryo bari kuva mu birindiro byabo mu bice bitandukanye muri Kivu y’Amajyaruguru. Mu butumwa bwashyizwe ahagaragara kuri X ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu ushize, Umuvugizi wa AFC/M23 Lawrence […]

Continue Reading

Abanyamerika babyukiye mu mihanda Bamagana ubutegetsi bwa Donald trump.

Imyigaragambyo ikomeye yo kwamagana ubuyobozi bwa Trump yabereye mu mijyi yo muri Amerika itandukanye, bikaba bibaye ku nshuro ya gatatu habaye iyi myigaragambyo yiswe “No Kings”. Abategura iyi myigaragambyo bavuga ko bigaragambije bamagana politiki za Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, zirimo intambara yo muri Iran, iy’abinjira n’abasohoka muri Amerika ndetse n’izamuka […]

Continue Reading

Amerika yategetse Iran kwemera ibiganiro.

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yategetse Iran kwemera ibiganiro itabyemera ikaraswa mu buryo bwo kuyisenya. Perezida Donald Trump yateguje Iran kwemera ingingo 15 kugirango irangize intambara zo mu Burasirazuba bwo hagati. Ushinzwe itangazamakuru rya Leta ya Washington, Karoline Leavitt yavuze ko Iran nitemera ko yatsinzwe intambara, hari gahunda yo kuyisenya burundu. Ntabwo Iran ikozwa ibyo guhagarika […]

Continue Reading

Kim Jong Un yongeye kwemezwa nka Perezida wa Koreya ya Ruguru.

Inteko Ishinga Amategeko muri Koreya ya Ruguru yongeye kwemeza Kim Jong Un nka Perezida w’icyo gihugu. Byatangajwe n’Ikinyamakuru cya Leta, KCNA, cyagaragaje ko Kim Jong Un yemerejwe mu nama yahuje Inteko Ishinga Amategeko ya Koreya ya Ruguru izwi nka Supreme People’s Assembly. Ni amatora yabaye ku wa 22 Werurwe 2026, nyuma y’ukwezi kumwe Kim Jong […]

Continue Reading

USA: Donald Trump yashinjije OTAN kudatanga umusanzu mu ntambara ihanganyemo na Iran.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yanenze bikomeye ibihugu bifatanyije na Amerika mu muryango wa OTAN, abishinja kudatanga umusanzu uhagije mu guhangana na Iran, ndetse abita “ibigwari”. Ibi Trump yabivuze mu gihe intambara hagati ya Amerika ifatanyije na Israel na Iran imaze ibyumweru bitatu, nyuma y’ibitero byagabwe ku wa 28 Gashyantare 2026, […]

Continue Reading

Israel yishe umuvugizi wa IRGC – umutwe w’ingabo ukomeye muri Iran.

Ibitero bya Israel kuri Iran kuri uyu wa 20 Werurwe 2026, byishe umuvugizi w’umutwe w’ingabo zirinda impinduramatwara ya Iran uzwi nka IRGC, nk’uko itangazamakuru rya leta yaho ribivuga. Brigadier General Ali Mohammad Naini yamaze imyaka igera kuri 40 muri uyu mutwe wa ‘Islamic Revolutionary Guard Corps’ akaba yari amaze imyaka ibiri ari umuvugizi wawo, nk’uko […]

Continue Reading

Joe Kent washinje Trump gukorera ku gitutu cya Israel yatangiye gukorwaho iperereza.

Joe Kent wari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe kurwanya iterabwoba muri Amerika weguye ku mwanya we kubera ko intambara Amerika yagabye kuri Iran idafite impamvu, yatangiye gukorwaho iperereza akekwaho gushyira hanze amakuru y’ibanga. Abatangamakuru bavuze ko hatazwi neza amakuru y’ibanga yashyize hanze ariko yatangiye gukorwaho iperereza mbere y’uko atangaza ubwegure bwe. Joe Kent yeguye ku wa […]

Continue Reading