‎Trump yageze mu Bushinwa mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yageze mu Bushinwa mu ruzinduko rw’iminsi ibiri  rwitezweho ko abakuru n’ibihugu byombi baganira ku mutekano wo mu Burasirazuba bwo Hagati, ubufatanye mu by’ubucuruzi ndetse n’izindi ngingo zishamikiyeho.‎‎Ni uruzinduko Trump yatangiye kuri uyu wa 13 Gicurasi 2026.‎‎Mu cyubahiro cyinshi n’urugwiro, Trump yakiriwe na Visi Perezida w’u Bushinwa, […]

Continue Reading

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe.

Perezida Mamadi Doumbouya wa Guinea, yageze mu Rwanda aho yitabiriye Inama y’Ihuriro ry’Abayobozi Bakuru b’Ibigo muri Afurika (Africa CEO Forum), itegerejwemo Abakuru b’Ibihugu batandatu, barimo n’u Rwanda Paul Kagame. Mamadi Doumbouya yageze mu Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Gicurasi 2026, aho ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali, yakiriwe n’abayobozi mu nzego nkuru z’u […]

Continue Reading

Kuwait yashinje abasirikare ba Iran kwinjira ku butaka bwayo binyuranyije n’amategeko

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Kuwait yatangaje ko yashyikirije Ambasaderi wa Iran muri icyo gihugu, Mohammad Tutunji, inyandiko  yamagana ibyo yavuze ko ari “ukwinjira mu gihugu mu buryo binyuranyije n’amategeko” kw’itsinda ry’abitwaje intwaro bikekwa ko ari abarwanyi b’umutwe wa,  Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC).‎‎Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na kuri uyu wa 12 Gicurasi 2026, Minisitiri wungirije […]

Continue Reading

Perezida Kagame ategerejwe muri Kenya mu nama ihuza Africa n’u Bufaransa

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, ategerejwe i Nairobi muri Kenya mu Nama ihuza Africa n’u Bufaransa iba kuri uyu wa 11 no ku wa 12 Gicurasi 2026.‎‎Byagarutsweho na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, ubwo yaganiraga na RBA muri uyu wa Mbere.‎‎Minisitiri Nduhungirehe, yavuze ko iyi nama izahuza Abakuru b’Ibihugu bagera kuri 30 baganire […]

Continue Reading

‎Trump yanenze igisubizo cyatanzwe na Iran ku ngingo 14 zo guhagarika intambara

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko atanyuzwe n’igisubizo Iran yatanze ku ngingo 14 iherutse kuyoherereza binyuze ku muhuza Pakistan mu rwego rwo kurangiza intambara.‎‎Ni ingingo Amerika yohereje Iran ku wa 02 Gicurasi 2025.‎‎Abinyujije ku rubuga rwa Truth Social, Trump, yatangaje ko Iran imaze imyaka 47 ikinisha Amerika, ashimangira ko atanyuzwe […]

Continue Reading

Ibitero bya Israel byishe abantu 39 muri Libani umunsi umwe

Minisiteri y’Ubuzima muri Libani yatangaje ko abantu 39 bishwe  n’ibitero bikomeye Israel yongeye kugaba muri iki gihugu mu gihe cy’umunsi umwe gusa.‎‎Ni ibitero Israel yagabye ku wa Gatandatu tariki 09 Gicurasi 2026 byibasiye Amajyepfo ya Libani.‎‎Kamwe mu duce twibasiwe ni umujyi wa Saksakiyeh uri mu Majyepfo ya Libani.   Ibitero byahagabwe byahitanye nibura abantu barindwi, barimo […]

Continue Reading

Burundi: Amashyaka atanu yanze kugira uruhare mu myiteguro y’amatora.

Amashyaka atanu atavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi yatangaje ko atazagira uruhare mu myiteguro y’amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu 2027 bitewe n’uko ibibazo byagaragaye mu mwaka ushize bitakemutse. Mu itangazo rihuriweho ryashyizweho imikono tariki ya 8 Gicurasi 2026, CNL, UPRONA, CODEBU, Sahwanya Frodebu na CDP yatangaje ko amatora y’abadepite n’abasenateri yabaye mu mwaka ushize yabayemo ibibazo […]

Continue Reading

Marco Rubio yagiriye uruzinduko i Vatican rugamije guhosha umwuka mubi Hagati ya Trump ba Papa Leo‎ XIV

Umunyamabanga wa Leta wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Marco Rubio, yagiranye ibiganiro n’Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Leo XIV,  byamaze iminota 30 i Vatican, ni mu ruzinduko rwari rugamije kugabanya umwuka mubi hagati ya Perezida Donald Trump na Papa kubera intambara yo muri Iran.‎‎Rubio, usanzwe ari umuyoboke w’Itorero Gatolika ukomeye, yarafite uru […]

Continue Reading

Abasivili 10 bamaze kuburira ubuzima mu muhora wa Hormuz

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’Amahanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Marco Rubio, yatangaje  ko abasivili 10 bamaze kuburira ubuzima mu bushyamirane bukomeje kubera mu muhora wa Hormuz.‎‎Rubio yabitangaje ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, mu kiganiro n’itangazamakuru cyabereye  i Washington DC.‎‎Ku wa Mbere tariki 04 Gicurasi 2026, Perezida […]

Continue Reading

Byongeye kuzamba mu Burasirazuba bwo Hagati

Umwuka w’intambara wongeye gututumba mu Burasizuba bwo Hagati, ni nyuma y’uko ibihugu bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran bitangaje ko buri ruhande  rwarashe ku bwato bw’urundi ruhande mu muhora wa Hormuz , nyamara hari agahenge kagamije kugarura amahoro arabye. ‎Ibintu byongeye kuzamba nyuma y’uko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, […]

Continue Reading