Yabeshye abaturage ko azabazanira amabuye mu isanzure.

Polisi ya Uganda yatangaje ko yafashe umugabo witwa Jonathan Ahimbisibwe wo mu gace ka Makindye, akurikiranyweho ibikorwa byo kwiyitirira umwuga w’umuhanga mu by’isanzure (astronaut) kugira ngo ashuke abaturage. Uyu mugabo ashinjwa kwakira amafaranga y’abantu batandukanye ababwira ko ashobora kubagezaho amabuye akomoka ku kwezi. Polisi ivuga ko ayo masezerano yakoreshwaga nk’amayeri yo kubambura amafaranga. Bamwe mu […]

Continue Reading

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yasabwe ibisobanuro ku bibazo uruhuri biri mu buhinzi.

Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, yasabye Minisitiri w’Intebe kuyigaragariza uko Guverinoma izakemura ibibazo bikigaragara mu ishoramari mu rwego rw’ubuhinzi. Byagarutsweho kuri uyu wa 6 Gicurasi 2026 ubwo Komisiyo y’Ubukungu n’Ubucuruzi yagezaga ku Nteko Rusange raporo yakozwe ku isesengura rya raporo y’ibikorwa bya Banki Nkuru y’u Rwanda byo kuva ku itariki ya mbere Nyakanga 2024 kugeza […]

Continue Reading

Ku nshuro ya mbere ye, Umuhanzi Olamide agiye gutaramira i Kigali.

Umuraperi w’icyamamare Olamide wo muri Nigeria akaba n’umuyobozi w’inzu ifasha abahanzi ya YBNL, agiye gutaramira i Kigali ku nshuro ye ya mbere, mu gitaramo kizaba ku wa Gatandatu, tariki ya 30 Gicurasi 2026. Iki gitaramo kiswe ‘‘Party Next Door: BAL Edition”. Kizabera muri Zaria Court ku bufatanye na RwandAir, Visit Rwanda ndetse na BAL. Olamide […]

Continue Reading

Kimenyi Yves yahamije ko ari mu rukundo n’udi mugore nyuma yo gutandukana na Muyango.

Nyuma y’igihe havugwa amakuru y’uko yaba atabanye neza n’umugore we Muyango Claudine, Kimenyi Yves yahamije ko ari mu rukundo n’umugore uba muri Australia wemeje ko banafitanye abana b’impanga. Ibi uyu wahoze ari umukinnyi wa ruhago n’uyu mugore ubusanzwe inshuti ze zizi nka Nana, babigarutseho mu kiganiro cya ‘Live’ kuri TikTok bagiranaga n’uwitwa GodFather. Muri iki […]

Continue Reading

Aimable Karasira wari urangije igihano cy’igifungo yapfuye.

Urwego rushinzwe amagereza mu Rwanda rwatangaje ko Aimable Karasira yapfiriye mu bitaro bya Nyarugenge i Kigali. Mu itangazo ryashyizwe hanze tariki ya 07 Gicurasi 2026, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igororero (RCS) ruvuga ko Karasira “yafashwe anywa ingano irengeje igipimo cy’imiti ye y’uburwayi bwo mu mutwe yari asanzwe anywa. RCS ivuga ko itegereje “raporo y’abaganga ku […]

Continue Reading

Rayon Sports yatsinzwe na AS Muhanga, Abafana bataha barakariye abakinnyi babo.

AS Muhanga yatsinze Rayon Sports igitego kimwe ku busa maze amahirwe yo gusatira APR FC agenda agananuka. Hari mu mukino w’umunsi wa 30 wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda umwaka w’imikino wa 2025-26 aho AS Muhanga yari yakiriye Rayon Sports. Igitego kimwe cya Twizeyimana Martin Fabrice cyo ku munota wa mbere kuri kufura ku […]

Continue Reading

Karongi: bane barafunzwe bakekwaho kunyereza miliyoni 226 Frw y’ishuri .

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi uwahoze ari umuyobozi w’Ishuri ry’Imyuga rya Rubengera II TSS School ryo mu Karere ka Karongi n’abahoze ari ababaruramari baryo babiri n’uwasinyaga kuri sheke z’ishuri bakekwaho ibyaha birimo kunyereza umutungo ufitiye rubanda akamaro. Bane bafunzwe barimo Mukeshimana Marcel, wahoze ari umuyobozi w’ishuri. Bose bakurikiranyweho ibyaha byo kunyereza […]

Continue Reading

Umwuka mubi uratutumba mw’ikipe ya Real Madrid mbere yuko ihura na mukeba FC Barcelona.

Ikipe ya Real Madrid ikomeje kuvugwamo umwuka mubi n’amakimbirane mu rwambariro rwayo, mu gihe habura iminsi mbarwa igasura mukeba wayo w’ibihe byose, FC Barcelona. Umufaransa Kylian Mbappé ni we ugarukwaho cyane nk’intandaro y’ubwumvikane buke buri mu rwambariro rwa Real Madrid. Ikinyamakuru The Athletic kivuga ko Mbappé asa n’uwahindutse ikibazo, nyuma y’aho agaragariye mu makimbirane yagiranye […]

Continue Reading

Inteko yatoye itegeko ryemera ubucuruzi bwa ‘Cryptocurrency’.

Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite yatoye itegeko rigenga ubucuruzi bw’umutungo wifashisha amafaranga y’ikoranabuhanga (Cryptocurrency) nka Bitcoin, bwakorwaga mu buryo butemewe n’amategeko aho benshi baburiganyirijwemo. Iryo tegeko ryitezweho gufasha mu gukumira no kugabanya ibyago bishobora kubaho birimo iyezandonke no gutera inkunga iterabwoba binyuze mu mutungo koranabuhanga no kurengera abaguzi hirindwa uburiganya no kubeshywa inyungu z’umurengera. Ubwo […]

Continue Reading

Iminsi itatu gusa yarihagije ngo Amatike y’igitaramo cya King james abe ashize kwisoko.

Nyuma y’iminsi itatu hashyizwe ku isoko amatike y’igitaramo cya King James, yashize ku isoko mu gihe hasigaye amezi atatu ngo igitaramo cy’uyu muhanzi kibe ku wa 1 Kanama 2026. Aya matike yashyizwe ku isoko ku wa 2 Gicurasi 2026 yashize ku isoko kuri uyu wa 5 Gicurasi 2026, byemeza ko acurujwe iminsi itatu gusa akaba […]

Continue Reading