Perezida Kagame yazindukiye i Dakar mu nama yiga ku biribwa muri Afurika

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, kuri iki Cyumweru, yageze i Dakar muri Senegal aho yitabiriye Inama y’uyu mwaka yiga ku ruhererekane rw’Ibiribwa muri Afurika. Iyo nama yatangiye kuri uyu wa 31 Kanama ikazageza ku wa 5 Nzeri 2025, yateguwe ku bufatanye na Perezida wa Senegal Bassirou Diomaye Faye, ari na we wahaye ikaze […]

Continue Reading

Madamu Jeannette Kagame yakebuye abashyira imbaraga mu bukwe birengagije gutegura urugo

Madamu Jeannette Kagame yakebuye abajya gushinga urugo bagashyira imbaraga mu gutegura ubukwe birengagije gutegura urugo nyirizina, asaba ko gahunda yo gutegura abagiye kurushinga yarushaho gushyirwamo imbaraga mu kubaka umuryango utekanye. Yabigarutseho mu ijambo yagejeje ku bitabiriye amasengesho yagenewe abayobozi bakiri bato azwi nka ‘Young Leaders Prayer Breakfast’, yateguwe n’umuryango wa Rwanda Leaders Fellowship. Madamu Jeannette […]

Continue Reading

U Rwanda rurashima umubano rufitanye n’u Buhinde

“Umubano w’ibihugu byacu ni mwiza cyane, aho Abahinde basaga 4,000 batuye mu Rwanda na ho abanyeshuri basaga 350 bakaba biga mu Buhinde.” Ubwo ni ubutumwa bwatanzwe na Ambasaderi w’u Rwanda mu Buhinde Jacqueline Mukangira, ubwo yasuraga Kaminuza ya KIIT yigisha ikoranabuhanga ryifashishwa mu nganda, ndetse na KISS yigisha ubumenyi rusange. Izo Kaminuza zombi ziherereye mu […]

Continue Reading

Tshisekedi yanze ibyo gushyira AFC/M23 mu biganiro by’Abanye-Congo

Perezida Félix Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yavuze ko Abanye-Congo badakeneye umuhuza kugira ngo bakemure amakimbirane bafitanye kandi ko kuyakemura bidasaba gufata intwaro. Ubu butumwa yabutangiye mu nama y’ihuriro Union Sacrée risangiye ubutegetsi yabereye i Kinshasa ku wa 30 Kanama 2025, akomoza kuri gahunda y’umuryango wa Thabo Mbeki yo guhuriza Abanye-Congo […]

Continue Reading

APR FC yerekeje muri Tanzania gukina CECAFA Kagame Cup 2025

APR FC ihagarariye u Rwanda yerekeje muri Tanzania gukina CECAFA Kagame Cup y’uyu mwaka izatangira tariki tariki 2 Kugeza ku ya 15 Nzeri 2025. Kuri iki Cyumweru tariki ya 31 Kanama 2025, ni bwo abakinnyi ba APR FC bahagurutse i Kigali berekeza i Dar salaam muri Tanzania. Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yitabiriye iri rushanwa ifite abakinnyi […]

Continue Reading

Abatunze imbwa mu Rwanda bagiye kujya bazandikisha ku mudugudu

Abatunze imbwa mu Rwanda basabwe kujya bazandikisha ku buyobozi bw’imidugudu batuyemo ndetse bakerekana ibimenyetso by’uko zahawe urukingo, mu rwego rwo gushyira mu bikorwa itegeko rijyanye n’ubuzima bw’inyamaswa ryo mu 2008 ndetse n’iteka rya minisitiri ryo mu 2020. Aya mabwirizwa yashyizwe hanze n’Ikigo gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda, RAB, aho agamije kurushaho gukurikirana ubuzima […]

Continue Reading

Byinshi ku Kigo CTTC Mayange gitoza abapolisi b’u Rwanda kurwanya iterabwoba

“Abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa Ansar al-Sunnah muri Mozambique bahinda umushyitsi iyo bumvise inzego z’umutekano z’u Rwanda (Ingabo z’u Rwanda na Polisi y’u Rwanda). Bazi neza uburyo izi nzego zivugutira umuti usharira ibikorwa byabo by’ iterabwoba ku buryo butagereranywa n’ahandi aho ari ho hose.” Mu myaka 20 ishize, amateka y’Isi agaragaza ko habayeho ubwiyongere bukabije bw’ibitero […]

Continue Reading

Rutahizamu Asman Ndikumana yerekeje muri Rayon Sports

Rutahizamu w’Umurundi, Asman Ndikumana, wakoraga igeragezwa muri Rayon Sports yashyize umukono ku masezerano yo kuzayikinira mu myaka ibiri iri imbere. Rayon Sports ikomeje kwitegura umwaka utaha w’imikino wa 2025/26, aho izawukinamo amarushanwa menshi arimo na CAF Confederation Cup iteganyijwe mu kwezi gutaha. Mu kwitegura neza ikomeje kugerageza kugumana abakinnyi beza mu bo yari isanganywe mu […]

Continue Reading

Fall Ngagne na Youssou Diagne ba Rayon Sports bageze mu Rwanda

Rutahizamu wa Rayon Sports, Fall Ngagne, na mugenzi we ukina mu bwugarizi, Youssou Diagne, bari baratinze gusanga bagenzi babo mu myitozo, bageze mu Rwanda ndetse biteguye kongera gufasha iyi kipe. Mu rukrera rwo kuri iki Cyumweru, tariki ya 31 Kanama 2025, ni bwo aba bakinnyi bombi bageze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali, bakirwa n’Umuvugizi […]

Continue Reading

Musanze: Abayobozi b’amashuri badatsindisha bazajya birukanwa

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, yavuze ko abayobozi b’ibigo by’amashuri barangwa n’imikorere n’imyitwarire idahwitse bikaviramo abanyeshuri gutsindwa batazihanganirwa. Ibi ni bimwe mu byagarutsweho mu mwiherero w’umunsi umwe wari wahuje abayobozi b’ibigo by’amashuri n’inzego zishinzwe uburezi mu Karere ka Musanze. Imibare igaragaza ko mu manota y’ibizamini bya Leta byo mu mwaka wa 2024/25, abarangije mu mashuri […]

Continue Reading