Ubwato bunyura mu muhora wa Hormuz bugiye gutangira kurindirwa umutekano

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika,  Donald Trump, yatangaje ko Ingabo z’iki gihugu zigiye gutangira kurindira umutekano ubwato  bunyura mu muhora wa Hormz.‎‎Ubuyobozi bw’Ingabo za Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati, CENTCOM, bwavuze ko ibi bizakorwa binyuze mu gushyira amato  mu muhora wa Hormuz ya gisirikare arasa za misile ndetse n’indege zirenga 100, hamwe n’abasirikare […]

Continue Reading

Israel yasabye abaturage ba Libani kuva mu bindi bice byo mu Majyepfo y’iki gihugu

Ingabo za Israel zasohoye amabwiriza mashya asaba abaturage ba Libani  kwimuka mu midugudu n’imijyi yo mu Majyepfo y’iki gihugu, harimo n’uturere turi hanze y’aho zigenzura, nubwo hari agahenge kagamije guhagarika intambara hagati ya Israel n’umutwe witwaje intwaro wa Hezbollah. ‎Umuvugizi w’Ingabo za Israel , Avichay Adraee, yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 04 Gicurasi 2026. ‎Yagizi […]

Continue Reading

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yerekeje Islamabad mu biganiro n’Amerika.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araqchi, ategerejwe i Islamabad kuri uyu wa 24 Mata 2026, ibyitezwe ko ibiganiro hagati yabo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika byo guhagarika intambara bishobora gusubukurwa. Itangazamakuru rya Iran, ryavuze ko Araqchi asura Pakistan, Oman n’u Burusiya. Icyakora ntihavuzwe iby’uko ashobora kugirana ibiganiro na Leta Zunze Zunze Ubumwe za […]

Continue Reading

AFC/M23 na FARDC bitanye ba mwana ku bitero byagabwe muri Masisi na Minembwe

Umutwe wa AFC/M23 na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku Cyumweru buri ruhande rwashinje urundi kuba inyuma y’ibitero byagabwe muri Masisi na Minembwe hakoreshejwe drone, nyuma y’amasaha make bavuye mu biganiro by’iminsi itanu byaberaga i Montreux mu Busuwisi. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, saa 17:15 yanditse ku rubuga rwe rwa X ko mu […]

Continue Reading

AFC/M23 yongeye gusaba Leta gufungura amabanki i Goma n’i Bukavu.

Ihuriro rya AFC/M23 rihanganye n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye gusaba ko Leta ifungura amabanki mu bice rigenzura kandi ikanakuraho ibihano byafatiwe abayobozi bakuru baryo. Ni ibyagarutsweho mu biganiro byahuje AFC/M23 na Leta ya RDC, byabereye mu Busuwisi guhera ku wa 13 Mata 2026. Kuva Ihuriro rya AFC/M23 ryafata Umujyi wa Goma muri […]

Continue Reading

Iran yongeye gufunga umuhora wa Hormuz, ishinja Amerika kudakurikiza amasezerano.

Iran yatangaje ko yongeye gukaza igenzura ku muhora wa Hormuz, nyuma yo gushinja Leta Zunze Ubumwe za Amerika kutubahiriza ibyari byemeranyijweho mu biganiro byaherukaga gutuma uyu muhora ufungurwa by’agateganyo. Ibi bibaye nyuma y’uko kuri uyu wa Gatanu Iran yari yemeye gufungura inzira ya Hormuz mu gihe cy’iminsi 10 y’agahenge, igamije korohereza ubwato butwara peteroli n’ibindi […]

Continue Reading

Madagascar: Col. Patrick Rakotomamonjy yatawe muri yombi akekwaho kugerageza ‘coup d’état.

Ubutegetsi bwa Madagascar bwemeje ko Colonel Patrick Rakotomamonjy uri mu basirikare bakuru muri kiriya gihugu yatawe muri yombi, akaba akekwaho kugira uruhare mu mugambi wo kugerageza guhungabanya ubutegetsi no kugirira nabi abayobozi bakuru b’igihugu. Nk’uko amakuru aturuka mu nzego z’umutekano abivuga, uyu musirikare yafashwe nyuma y’iperereza ryari rimaze iminsi rikorwa ku bikorwa bivugwa ko byari […]

Continue Reading

Kinshasa yemeye kurekura imfungwa zirenga 300 za AFC/M23.

Umutwe wa AFC/M23 na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byemeranyije ko mu minsi 10 iri imbere buri ruhande ruzarekura imfungwa z’urundi zifite. Ibi biri mu byo impande zombi zumvikanyeho, nyuma y’ibiganiro kuva ku wa Mbere w’iki cyumweru zagiraniraga mu mujyi wa Montreux wo mu Busuwisi. Ni ibiganiro byanitabiriwe n’abarimo Leta Zunze Ubumwe za […]

Continue Reading

Trump aremeza ko Israel na Liban byemeranyije agahenge.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, kuri uyu wa Kane, itariki 16 Mata 2026, yatangaje ko Liban na Israel bumvikanye agahenge k’iminsi 10. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Perezida Donald Trump yavuze ko yavuganye na Perezida Joseph Aoun wa Liban na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu. Mu butumwa ntaho avuga umutwe wa […]

Continue Reading

Ibiganiro bya Leta ya RDC na AFC/M23 byatangiranye amahane.

Ibiganiro by’amahoro byahurije intumwa z’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’ihuriro AFC/M23 mu Busuwisi byatangiranye amahane ku wa 13 Mata 2026. Ibi biganiro byitabiriwe n’abahagarariye umuhuza, Qatar, Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ubutumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri RDC (MONUSCO). AFC/M23 yohereje intumwa esheshatu ziyobowe n’Umunyamabanga Uhoraho wayo, Benjamin Mbonimpa. Zajyanye n’inzobere esheshatu zirimo abahoze […]

Continue Reading