Kigali: Abasore 2 bafashwe bibye moto bagiye kuyigurisha ibihumbi 100.

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Mujyi wa Kigali yagaruje moto y’umuturage yari yibwe mu Karere ka Gicumbi, nyuma yo guhabwa amakuru n’abaturage, abayibye bagiye kuyigurisha ibihumbi 100 by’amafaranga y’u Rwanda. Polisi ivuga ko tariki ya 14 Werurwe 2026, abaturage bo mu Murenge wa Bumbogo, mu Kagali ka Mvuzo, mu Mudugudu wa Kigabiro, bayihamagaye bavuga ko […]

Continue Reading

Minisitiri Umutoni yasabye urubyiruko guhanga ibishya bifashishije ikoranabuhanga

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Umutoni Sandrine, yasabye urubyiruko kwifashisha ikoranabuhanga ry’ubwenge bw’ubukorano (AI) mu guhanga ibishya hagamijwe guhangana n’imihindagurikire y’ibihe. Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 13 Kanama 2025, ubwo yifatanyaga n’urubyiruko rwo mu Karere ka Rwamagana kwizihiza Umunsi mpuzamahanga w’urubyiruko. Ni umunsi wabanjirijwe n’imurikabikorwa no kwerekana impano by’urubyiruko […]

Continue Reading

AFC/M23 yigaruriye akandi gace nyuma y’igitero yagabweho na Wazalendo

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryafashe agace ka Mulema muri teritwari ya Masisi nyuma yo kugabwaho igitero na Wazalendo. Ni mu gihe mu ijoro ryo ku wa 24 rishyira uwa 25 Nyakanga 2025, Wazalendo yagabye igitero ku birindiro bya AFC/M23 muri Luke na Katobotobo muri gurupoma ya Nyamaboko 1, igamije […]

Continue Reading

Aho wataramira muri izi mpera z’icyumweru

Hari ubushyuhe hanze aha, gusa birashoboka ko ubw’izi mpera z’icyumweru buzaburusha! Abashyitsi bari kugenda berekeza hirya no hino bitewe naho bifuza gutaramira, ibirori nabyo bimwe byatangiye ku mugoroba w’ejo hashize bigakomeza muri iyi weekend. Twaguteguriye urutonde rw’ibirori by’ingenzi biri kubera wakwitabira muri izi mpera z’icyumweru ku buryo wahitamo icyo wiyumvamo maze nawe ukizihirwa ari byo […]

Continue Reading

IGP Namuhoranye yakiriye ba Ofisiye bakuru bitegura gusoza amasomo mu Ishuri rikuru rya Polisi

Ku wa Gatandatu tariki ya 14 Kamena, mu Ishuri rikuru rya Polisi (NPC) riherereye mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru, habereye ibirori byo kwakira ku meza ba Ofisiye bakuru 34 bagize icyiciro cya 13 cy’amasomo ajyanye n’ubuyobozi (Police Senior Command and Staff Course) atangirwa muri iri shuri mu gihe cy’umwaka. Ni ibirori by’umusangiro wabahuje […]

Continue Reading

Mu bihe bya Noheli umutekano wagenze neza -RNP

Polisi y’Igihugu yavuze ko mu bihe bya Noheli, abantu 2 bahitanwe n’impanuka zirimo iyabereye mu Mujyi wa Kigali n’iyabereye mu muhanda Gicumbi-Nyagatare, gusa muri rusange umutekano ukaba waragenze neza. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yavuze  ko muri rusange kuri Noheli umutekano wagenze neza mu Gihugu hose. Abatuye mu Mujyi wa Kigali no mu nkengero […]

Continue Reading

Imfashanyo y’ibiribwa yabaye intandaro y’urupfu rw’abagera kuri 67

  Muri Nigeria, abantu bagera kuri 67 baguye mu muvundo wo gufata ibyo kurya by’ubuntu, byatanzwe mu rwego rwo kwizihiza umunsi mukuru wa Noheri, abenshi bakaba ari abana bato. Nibura abana 35 nibo baguye mu muvundo wo gufata ibiribwa muri Leta ya Oyo muri Nigeria, abandi 22 bagwa mu gikorwa cyo gutanga ibiribwa cyabereye muri […]

Continue Reading

Nta muturage w’u Burusiya wemerewe kujya muri Amerika

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Burusiya yaburiye abaturage bayo ibabuza gukorera ingendo zidakenewe muri Amerika no mu bindi bihugu bifitanye umubano ukomeye na yo kuko bashobora gutabwa muri yombi bazizwa impamvu za politike. Umuvugizi w’iyi Minisiteri, Maria Zakharova, yavuze ko Abarusiya bajya muri Amerika bishobora kubakururira ibyago byo gufungwa kubera umubano hagati y’ibihugu byombi ukomeje kuzamba. […]

Continue Reading

Nyuma y’agahenge Isiraheli yatangiye gukura ingabo zayo muri Libani

Bwa mbere kuva hashyirwaho agahenge k’iminsi 60 katangiye ku ya 27 Ugushyingo ko guhagarika imirwano hagati yaIsiraheli na Libani, Isiraheli yatangiye gukura ingabo zayo muri Libani. Ingabo za Isiraheli zatangiye gukura ingabo zayo mu majyepfo ya Libani, ku nshuro ya mbere maze zisimburwa n’abasirikare ba Libani, hakurikijwe amasezerano yo guhagarika imirwano hagati ya Isiraheli na Hezbollah, nk’uko […]

Continue Reading

Abigaragambya muri Ghana bakomeje guhura n’uruva gusenya

Abarenga 100 bashyigikiye Perezida mushya wa Ghana, John Mahama batawe muri yombi bashinjwa ibikorwa by’urugomo. Aba bateye ibigo bitandukanye bya Leta, basahura imitungo, banahangana n’Abapolisi n’Abasirikare. Aba kandi banateye ibiro 2 bya Komisiyo y’Amatora, bashinja iyi komisiyo ngo gutinda gutangaza ibyavuye mu matora yabaye ku wa Gatandatu w’Icyumweru gishize. Bavuga kandi ko batemera bimwe mu […]

Continue Reading