Umuyobozi w’Ingabo za Pakistan yasuye Iran

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Pakistan, Asim Munir, yagiriye uruzinduko muri Iran rwetezweho kuganirirwamo, ingingo zikomeye zikomeje gutuma Leta zunze Ubumwe za Amerika na Iran batagera ku masezerano y’amahoro yo guhagarika intambara. Munir yageze muri Iran kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Gicurasi 2026 yakirwa mu cyubahiro arinzwe bikomeye. Igihugu cya Pakistan gikomeje gukora nk’umuhuza hagati […]

Continue Reading

U Rwanda ruza imbere muri OIF mu gutanga ingabo mu butumwa bw’amahoro.

Guverinoma y’u Rwanda yongeye gushimangira ko itazatezuka gutanga umusanzu wayo mu Butumwa bw’Amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye, igaragaza ko kugeza ubu u Rwanda ari cyo gihugu cya mbere mu Muryango w’ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF). Muri rusange u Rwanda ruza ku mwanya wa kabiri ku Isi mu bihugu 117 byohereza ingabo mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro […]

Continue Reading

Marchal Ujeku Nyiri Marshall Real Estate yatawe muri yombi.

Ujekuvuka Emmanuel wamenyekanye nka Marchal Ujeku yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ku wa 20 Gicurasi 2026 akurikiranyweho ibyaha birimo icy’Ubuhemu n’icyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya. Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr. Murangira B.Thierry. aganira n’ikinyamakuru IGIHE dukesha aya makuru Aha akaba yagize ati “Nyuma y’ibirego byatanzwe n’abaturage mu bihe bitandukanye, RIB yafunze […]

Continue Reading

BNR igiye kugabanya ubukana bw’izamuka ry’ibiciro.

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko yazamuye urwunguko rwayo mu rwego rwo guhangana n’izamuka ry’ibiciro ku masoko rikomeje kwiyongera. Ni urwunguko rwazamutseho 1% ugereranyije n’urwo yaherukaga gushyiraho muri Gashyantare uyu mwaka, kuko rwavuye kuri 7,25% rugashyirwa ku 8,25%, hagamijwe gusubiza hasi umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku masoko ukaguma mu mbago z’iyo Banki nk’imwe mu ngingo […]

Continue Reading

U Rwanda n’u Burusiya mu biganiro ku bufatanye mu bya gisirikare.

Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda bwakiriye inama ya karindwi ya Komisiyo ihuza u Rwanda n’u Burusiya ishinzwe ubufatanye mu bya gisirikare, izamara iminsi itatu ibera mu Rwanda. Nk’uko byatangajwe n’Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda, iyi nama yatangiye kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Gicurasi, izarangira kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Gicurasi 2026. Ubuyobozi Bukuru […]

Continue Reading

Perezida Kagame na Madamu Jeannette bifatanyije n’abana kwizihiza umunsi wahariwe ba sogokuru muri Green Hills Academy.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’ababyeyi n’abana mu kwizihiza umunsi wahariwe ba basogokuru uzwi nka Grandparents Day wabereye ku ishuri rya Green Hills Academy. Muri uwo muhango, Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bishimiye ibitaramo by’umuco nyarwanda byakozwe n’abana biga mu mwaka wa gatatu w’ikiburamwaka muri iri shuri […]

Continue Reading

Urukingo rwa Ebola rushobora kuboneka mu mezi icyenda

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), ryatangaje ko bishobora gutwara amezi icyenda kugira ngo urukingo rwa virusi ya Ebola izwi nka Bundibugyo ruboneke Ibi byatangajwe ku wa 20 Gicurasi 2026, n’Umujyanama muri OMS, Dr. Vasee Moorthy. Yavuze ko hari inkingo ebyiri bari kugerageza zo kurwanya icyorezo iyi virusi ya Ebola. Umuntu wa mbere wishwe […]

Continue Reading

Byinshi wamenya ku Ndwara y’agahinda Gakabije yugarije urubyiruko.

Umubare w’abatari bake mu Isi wugarijwe n’uburwayi bw’agahinda gakabije benshi bita (Depression). Aka si agahinda gasanzwe umuntu agira kagahita gashira ahubwo ushobora kubana nako ibihe byose ku buryo bamwe bageraho bakumva ko ubuzima ntacyo bumaze no kubaho kwabo birutwa no gupfa Kugira agahinda gakabije bifitanye isano n’imiterere ya muntu n’uburyo yakira ibimubayeho bigoye mu buryo  […]

Continue Reading

Putin na Xi Jinping baganiriye ku muhora wa Hormuz

Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Bushina Xi Jinping byibanze ku kwagura umubano n’ubucuruzi hagati y’ibihumbi byombi, ndetse n’intambara yo mu Burasirazuba bwo hagati. Abakuru b’ibihugu byombi baganiriye kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Gicurasi 2026 mu ruzinduko Putin yagiriye mu Bushinwa. Uruzinduko rwa Putin mu Bushinwa ruje rukurikira urwo […]

Continue Reading

APR FC na Rayon Sports zizakinira umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro muri Sitade Amahoro

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko bidasubirwaho imikino ya nyuma y’Igikombe cy’Amahoro mu bagore n’abagabo, izabera muri Sitade Amahoro. Mu cyiciro cy’abagore, Police WFC izahura na Rayon Sports WFC ku mukino wa nyuma uzatangira saa 15:00 naho mu bagabo ikipe ya APR FC izacakirana na Rayon Sports saa 18:00. Iyi mikino yombi izakinwa […]

Continue Reading