AFC/M23 irashinja ihuriro rishyigikiye Kinshasa kugaba ibitero simusiga ku baturage

Kuva mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 31 Werurwe 2026, ihuriro ry’ingabo zishyigikiye ubutegetsi bwa Kinshasa ririmo FARDC, FDLR, imitwe yitwara gisirikare ya Wazalendo, abacanshuro ndetse n’ingabo z’u Burundi, ryagabye ibitero bikomeye ku mirongo yose y’imbere y’urugamba. Nk’uko bitangazwa n’Ihuriro rya AFC/M23, ibyo bitero byibasiye cyane uturere dutuwe n’abaturage benshi, hifashishijwe imbunda […]

Continue Reading

Umuvugizi w’ingabo z’u Burundi yatangaje icyateye iturika ryumvikanye i bujumbura.

Umuvugizi w’ingabo z’u Burundi Yatangaje ko iturika ryumvikanye ku Gicamunsi cy’uyu munsi ryatewe na ikibazo cy’amashyanyarazi cyabereye mu bubiko bw’intwara mu kigo cya gisirikare kiri i Musaga. Mu masaha yashize nibwo hari hatangiye kujya hanze amafoto agaragaza umuriro mwinshi waturukaga mu kigo cya gisirakare aho iyi mpanuka yabereye, aho bamwe bari bagize ubwoba bikanga ko […]

Continue Reading

Burundi: Bujumbura humvikanye urusaku rw’imbunda ziremereye.

Mu murwa mukuru w’ubucuruzi w’u Burundi, Bujumbura, kuri uyu mugoroba humvikanye urusaku rukomeye rw’ibiturika, nk’uko byatangajwe n’imbuga nkoranyambaga zinyuranye. Aha, ngo hakomeje kumvikana urusaku rw’intwaro ziremereye n’izoroheje, ibintu byateye ubwoba mu bice byinshi by’umujyi aho bamwe mu baturage batangiye no guhunga ingo zabo, batinya ko umutekano ushobora kurushaho kuzamba. Ababibonye bavuga ko ibyo biturika bisa […]

Continue Reading

Rayon Sports yatangaje Haringingo nk’Umutoza wayo nyuma y’imyaka irenga 3 ayivuyemo.

Ikipe ya Rayon Sports yatangaje Haringingo Francis Christian watozaga Kiyovu Sports nk’umutoza wayo mukuru nyuma y’iminsi 1,035 ayivuyemo. Kuri uyu wa Kabiri, Rayon Sports ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga yanditse iti:”Twishimiye gutangaza ko Umutoza Mukuru Haringingo Francis yagarutse nyuma y’iminsi 1,035. Isura imenyerewe, umuyobozi wemewe n’igice cy’umuryango wacu, ikaze mu rugo. Ntawatatanya umwana n’umuryango wacu.” Rayon Sports […]

Continue Reading

Perezida Touadéra yarahiriye kuyobora Santarafurika ashima by’umwihariko Ingabo z’u Rwanda.

Perezida wa Repubulika ya Central Africa, Prof. Faustin-Archange Touadéra, yarahiriye kuyobora iki gihugu muri manda nshya maze ashimira byimazeyo umusanzu w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) mu kugarura amahoro n’umutekano muri iki gihugu. Ni umuhango wabaye ku wa 30 Werurwe 2026 aho wanitabiriwe na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva, wari uhagarariye Perezida Paul Kagame. Wari […]

Continue Reading

Umuyobozi wa Air Canada yeguye kubera kutavuga Igifaransa.

Umuyobozi Mukuru wa Air Canada, Michael Rousseau, yeguye kuri iyi mirimo nyuma y’uko anenzwe cyane ko atavuze Igifaransa ubwo yihanganishaga imiryango y’ababuriye ababo mu mpanuka yahitanye abapilote babiri, Mackenzie Gunther na Antoine Forest. Mu minsi ishize indege ya Air Canada yari iri kugwa ku kibuga cy’Indege cya LaGuardia Airport cyo mu Mujyi wa New York, […]

Continue Reading

Chris Brown yasomye umugore imbere y’umugabo we.

Umuhanzi w’icyamamare Chris Brown yagaragaye asomana n’umugore wari kumwe n’umugabo we, amashusho y’umugabo aba gikwira ku mbuga nkoranyambaga. Chris Brown yasomye uyu mugore mu ruherekanerwo kuwa 30 werurwe 2026 mu bitaramo bye yise “Under The Influence Tour”. Iyi nkundura yatangiye ubwo umugore witwa Tanisha Coetzee yajyaga ku rubyiniro, maze Chris Brown akamubyinisha mu ndirimbo ye […]

Continue Reading

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yegukanye igikombe cya FIFA Series.

‎Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ yegukanye Igikombe cya FIFA Series 2026 mu Itsinda A nyuma yo gutsinda Estonia ibitego 2-0 mu mukino wa nyuma wabereye kuri Stade Amahoro yari yuzuye abafana mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki ya 30 Werurwe 2026, witabiriwe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame. Uyu mukino w’amateka wahuzaga u […]

Continue Reading

Trump yongereye igitutu kuri Iran ngo ifungure umuhora wa Hormuz

Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko Iran nidafungura umuhora wa Hormuz inganda zitunganya ibikomoka kuri peteroli n’amariba yabyo bizaraswaho bikangizwa. Iran iherutse gutangaza ko umushinga w’amasezerano y’amahoro Amerika yateguye udashoboka. Ingabo za Israel zagabye ibitero bya misile ku bikorwaremezo by’ingabo za Iran n’ibyakoreshwaga n’umutwe wa Hezbollah i Beirut. Turikiya yavuze ko ibisasu biremereye byarasiwe […]

Continue Reading

Umugore yakubise umugabo wanze ko baryamana.

Polisi yo muri Mexico yataye muri yombi umugore w’imyaka 25 witwa Sara Michelle, ukekwaho gukubita umugabo bakundanaga witwa Martín Octavio, nyuma y’amakimbirane yabereye mu rugo. Nk’uko byatangajwe n’inzego z’umutekano, ibi byabaye nyuma y’uko Martín Octavio atangaje ko adashaka kuryamana n’uwo mugore, ibintu byateje impaka hagati yabo. Bivugwa ko Sara Michelle yafashe umukandara atangira gukubita uwo […]

Continue Reading