Umunyezamu Ntwari Fiacre yabonye ikipe nshya

‎Umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, Ntwari Fiacre, yatijwe mu ikipe nshya ya Kruger United ikina Icyiciro cya Mbere muri Afurika y’Epfo avuye muri Kaizer Chiefs Uyu munyezamu w’imyaka 26 yahawe amasezerano y’umwaka umwe w’intizanyo kugira ngo abone umwanya uhagije wo gukina bityo yongere agarure icyizere ndetse n’urwego rwe rwo hejuru. ‎Iki cyemezo cyafashwe nyuma […]

Continue Reading

Tombola ya CECAFA yasize amakipe yo Mu Rwanda yisanze mu matsinda Akomeye.

Ikipe ya Rayon Sports yisanze mu itsinda rikomeye hamwe n’ibigugu birimo Al Hilal SC na Tusker FC muri tombola y’irushanwa rya CECAFA Kagame Cup yabaye kuri uyu wa Gatanu mu cyumba cy’itangazamakuru cya Stade Amahoro. ‎APR FC na yo ihagarariye u Rwanda yashyizwe mu rindi tsinda rigoye rigizwe n’amakipe akomeye mu Karere arimo Gor Mahia […]

Continue Reading

Portugal ya Cristiano Ronaldo yasezerewe mu Gikombe cy’Isi.

Ikipe y’Igihugu ya Portugal, ikinamo Cristiano Ronaldo, yasezerewe mu Gikombe cy’Isi cya 2026 itarenze muri 1/8, nyuma yo gutsindwa na Espagne igitego 1-0 cyinjijwe na Mikel Merino mu minota y’inyongera. Ni umukino wihariwe na Espagne ku rwego rwa 55% ndetse ni yo yabonye uburyo bukomeye bwashoboraga kuvamo igitego hakiri kare. Mikel Oyarzabal yananiwe gufungura amazamu […]

Continue Reading

Ikipe ya Police FC yibitseho abakinnyi batanu ku munsi umwe.

Ikipe ya Police FC yatangaje ko yamaze gusinyisha abakinnyi batanu bashya biganjemo abanyamahanga,n’Umunyarwanda ukina nka myugariro Rushema Chris wari usanzwe akinira ikipe ya Rayon Sports FC. Duhereye kuri myugariro Rushema Chris yasinyiye Police FC amasezerano y’imyaka ibiri nyuma yo gutandukana na Rayon Sports yaramazemo umwaka umwe. Rushema yageze muri Rayon Sports avuye mu ikipe ya […]

Continue Reading

“Ntabwo byari ukwanga” – Ntore Habimana na Axel Mpoyo bavuga ku bihano bahawe.

Ntore Habimana na Axel Olenga Mpoyo bakinira APR BBC baherutse guhagarikwa umwaka umwe mu bikorwa byose bya Basketball mu Rwanda na FERWABA, batangaje ko batigeze banga guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu, ahubwo ko ibyabaye byaturutse ku biganiro bitarangiye hagati yabo n’Ishyirahamwe. Ku wa Mbere, tariki ya 22 Kamena 2026, ni bwo Ishyirahamwe ry’Imikino ya Basketball mu […]

Continue Reading

APR FC yasinyishije rutahizamu Uwiyaremye Fidali

Ikipe ya APR FC yatangaje rutahizamu Uwiyaremye Fidali nk’umukinnyi wayo mushya, aho avuye mu ikipe ya Kiyovu Sports. Uwiyaremye yerekeje muri APR FC nyuma yo kwitwara neza mu mwaka ushize w’imikino mu ikipe ya Kiyovu Sports, aho yagize uruhare mu bitego birenga 15 mu marushanwa yose, harimo ibitego 11 yatsinze muri Shampiyona y’u Rwanda, BK […]

Continue Reading

Rayon Sports yatangaje umutoza mushya w’abazamu

Kuri uyu wa mbere tariki 22 Kamena 2026, ikipe ya Rayon Sports yatangaje Umufaransa Hugo Tricarico nk’umutoza wayo mukuru mushya w’abazamu uzajya ufatanya na Ndayishimiye Eric “Bakame” warusanzwe muri izo nshingano. Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Rayon Sports yatangaje uyu mutoza igira iti,”Tunejejwe no gutangaza Hugo Tricarico nk’umutoza mushya w’abanyezamu. Tricarico wakuriye muri OGC Nice, yari […]

Continue Reading

Mukuru VS&L yashyize hanze umwanya w’umutoza mukuru

Ikipe ya Mukura VS&L yashyize hanze itangazo ry’akazi ku muntu wifuza gutoza iyi kipe yo mu karere ka Huye. Bimwe mu bisabwa ikipe ya Mukura yatangaje ku mutoza yifuza harimo kuba afite ibyangombwa bimwemerera gutoza mu kiciro cya mbere mu Rwanda (CAF A Diploma cyangwa UEFA Pro License cyangwa ikindi cyangombwa bihwanye), kuba amazi byibuze […]

Continue Reading

Chelsea yemeje ko Cucurella yagiye muri Real Madrid

Ikipe ya Chelsea yo mu Bwongereza yatangaje ko Marc Cucurella wari umukinnyi wayo yamaze kwerekeza muri Real Madrid kuri miliyoni €60. Umunya-Espagne Marc Cucurella w’imyaka 27 yerekeje muri Real Madrid nyuma y’imyaka 27 yaramaze akinira ikipe ya Chelsea, yagezemo avuye muri Brighton & Hove Albion. Si ubwa mbere Cucurella ukina ku ruhande rw’ibumoso yugarira agiye […]

Continue Reading

APR FC yasinyishije Mamadou Traore wakiniraga Stade Malien yo Muri Mali.

‎Ikipe ya APR FC yamaze kumvikana n’umukinnyi ukina hagati asatira ukomoka muri Mali, Mamadou Traoré, amasezerano y’imyaka ibiri kugira ngo asimbure Mamadou Lamine Bah uherutse gutandukana n’iyi kipe Aya makuru yatangajwe n’umunyamakuru Bruno Taifa uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, usanzwe atangaza amakuru y’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu. Yagaragaje ko uyu musore w’imyaka 27 agiye kuva […]

Continue Reading

Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Tchad wakinaga mu cyiciro cya kabiri muri afurika y’Epfo.

Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije myugariro wo hagati, Charles Tchouplaou wakiniraga Ikipe ya Casric Stars FC yo mu Cyiciro cya Kabiri muri Afurika y’Epfo. Uyu mukinnyi w’imyaka 25, wavukiye muri Cameroun ndetse ufite uburebure bwa metero 1,99, yageze muri Afurika y’Epfo muri Mutarama 2025. Mbere yaho yakiniye CR Bernoussi muri Maroc, Colombe Sport […]

Continue Reading