Mukuru VS&L yashyize hanze umwanya w’umutoza mukuru

Ikipe ya Mukura VS&L yashyize hanze itangazo ry’akazi ku muntu wifuza gutoza iyi kipe yo mu karere ka Huye. Bimwe mu bisabwa ikipe ya Mukura yatangaje ku mutoza yifuza harimo kuba afite ibyangombwa bimwemerera gutoza mu kiciro cya mbere mu Rwanda (CAF A Diploma cyangwa UEFA Pro License cyangwa ikindi cyangombwa bihwanye), kuba amazi byibuze […]

Continue Reading

Chelsea yemeje ko Cucurella yagiye muri Real Madrid

Ikipe ya Chelsea yo mu Bwongereza yatangaje ko Marc Cucurella wari umukinnyi wayo yamaze kwerekeza muri Real Madrid kuri miliyoni €60. Umunya-Espagne Marc Cucurella w’imyaka 27 yerekeje muri Real Madrid nyuma y’imyaka 27 yaramaze akinira ikipe ya Chelsea, yagezemo avuye muri Brighton & Hove Albion. Si ubwa mbere Cucurella ukina ku ruhande rw’ibumoso yugarira agiye […]

Continue Reading

APR FC yasinyishije Mamadou Traore wakiniraga Stade Malien yo Muri Mali.

‎Ikipe ya APR FC yamaze kumvikana n’umukinnyi ukina hagati asatira ukomoka muri Mali, Mamadou Traoré, amasezerano y’imyaka ibiri kugira ngo asimbure Mamadou Lamine Bah uherutse gutandukana n’iyi kipe Aya makuru yatangajwe n’umunyamakuru Bruno Taifa uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, usanzwe atangaza amakuru y’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu. Yagaragaje ko uyu musore w’imyaka 27 agiye kuva […]

Continue Reading

Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Tchad wakinaga mu cyiciro cya kabiri muri afurika y’Epfo.

Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije myugariro wo hagati, Charles Tchouplaou wakiniraga Ikipe ya Casric Stars FC yo mu Cyiciro cya Kabiri muri Afurika y’Epfo. Uyu mukinnyi w’imyaka 25, wavukiye muri Cameroun ndetse ufite uburebure bwa metero 1,99, yageze muri Afurika y’Epfo muri Mutarama 2025. Mbere yaho yakiniye CR Bernoussi muri Maroc, Colombe Sport […]

Continue Reading

Umusifuzi wa mbere muri Afurika ntazasifura Igikombe cy’Isi nyuma yo kwangirwa kwinjira muri Amerika.

Omar Artan wari ugiye gukora amateka yo kuba Umunya-Somalia wa mbere usifuye Igikombe cy’Isi, yakuwe ku rutonde rw’abazasifura iri rushanwa nyuma y’uko yangiwe kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Artan yatowe nk’Umusifuzi w’umwaka wa 2025 n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF). Yari ku rutonde rw’abasifuzi barindwi bo muri Afurika bazasifura Igikombe cy’Isi kizatangira ku […]

Continue Reading

Papa Leo XIV ufana Real Madrid yasuye Santiago Bernabéu, yakirwa bidasanzwe.

Florentino Pérez, uherutse kongera gutorerwa kuyobora Real Madrid, kuri uyu wa Mbere yakiriye Papa Leo XIV kuri Stade ya Santiago Bernabéu, mu gikorwa cyahuje imbaga y’abakristu ba diyosezi ya Madrid, kikaba ari nacyo gikomeye mu ruzinduko rw’uyu Mushumba wa Kiliziya Gatolika muri uyu Murwa Mukuru. Kuva ku wa Gatandatu tariki ariki ya 6 Kamena, Umushumba […]

Continue Reading

SKOL yatandukanye burundu na Rayon Sports nyuma y’imyaka 12 bakorana.

Uruganda rw’ibinyobwa rwa SKOL Brewery Ltd (SBL) rwatangaje ko rwahagaritse imikoranire yari imaze imyaka 12 hagati yarwo n’Ikipe ya Rayon Sports rwari rubereye umuterankunga mukuru. SKOL yabitangaje binyuze mu itangazo rigenewe abanyamakuru yashyize ahagaragara kuri uyu wa 8 Kamena 2026, ivuga ko “amasezerano y’impande zombi yageze ku musozo.” Tariki ya 15 Gicurasi 2014 ni bwo […]

Continue Reading

Rayon Sports yaguze Matumona wakiniraga Amagaju FC.

Ikipe ya Rayon Sports yamaze gusinyisha amasezerano y’imyaka ibiri myugariro w’Umunye-Congo, Abdel Matumona Wakonda Kanda hagamijwe gukomeza kongera imbaraga mu mutima w’ubwugarizi, yitegura umwaka w’imikino utaha. Uyu mukinnyi yerekeje muri iyi kipe yambara ubururu n’umweru nyuma yo gusoza amasezerano ye muri Amagaju FC yagezemo mu mpeshyi ya 2025, ndetse akaba yari ayibereye kapiteni wungirije.  ‎Mu […]

Continue Reading

Umwiherero w’amavubi wimuriwe muri Misiri, kubera impungenge z’icyorezo cya Ebola.

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ yari imaze iminsi ibiri muri Maroc, yimuriye umwiherero wayo i Cairo mu Misiri nyuma y’uko imikino ibiri ya gicuti yari gukinira i Marrakech ikuweho Amavubi yagombaga guhura n’Ikipe y’Ibirwa bya Comores ku wa 6 Kamena na Taifa Stars ya Tanzania ku wa 9 Kamena, mu mikino ibiri ya gicuti yemewe […]

Continue Reading

APR FC yashimiye abanyamahanga batatu batandukanye nayo.

APR FC yashimiye abakinnyi batatu b’abanyamahanga batandukanye na yo nyuma yo gusoza amasezerano yabo muri iyi kipe itatekereje kubaha andi. Aba ni rutahizamu w’Umunya-Mauritania Mamadou Sy, myugariro w’Umunya-Sénégal Aliou Souané n’Umunya-Mali Mohamadou  Lamine Bah. Mu butumwa APR FC yanyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Kamena 2026, yashimiye aba basore […]

Continue Reading