Vestine na Dorcas batandukanye na MIE ya Murindahabi bazamukiyeho.

Itsinda ry’abahanzi bakora umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas ryatangaje ko ryafashe icyemezo cyo gutandukana na MIE ya Murindahabi Iréné wamenyekanye nka M. Iréné. Aba bahanzi batandukanye na MIE nyuma y’igihe cyari gushize bivugwa ko umwuka atari mwiza hagati yabo nyuma y’uko Ishimwe Vestine afashe icyemezo cyo gusigara muri Canada atabyumvikanyeho na […]

Continue Reading

Hateguwe ibirori byo kwishimira igikombe cya BAL ‘RSSB Tigers’ yegukanye.

Abahanzi batandatu batoranyijwe kuzatanga ibyishimo ku bakunzi b’ikipe ya RSSB Tigers n’ab’umukino wa Basketball, bagiye kwishimira igikombe cya BAL iyi kipe iherutse kwegukana. Abahanzi batoranyijwe kuzasusurutsa abazitabira ibi birori bizabera muri ‘rond-point’ yo kuri Kigali Convention Centre ku wa 13 Kamena 2026 ni Kenny Sol, Juno Kizigenza, Bull Dogg, Angell Mutoni, Ariel Wayz na Kivumbi […]

Continue Reading

Urukiko rwategetse ko Yampano afungwa iminsi 30 Y’agateganyo.

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwategetse ko Uworizagwira Florient alias Yampano afungwa iminsi 30 y’agateganyo muri gereza ya Mageragere. Urukiko rwasomeye mu ruhame umwanzuro w’urubanza, Ubushinjacyaha bukurikiranyeho Yampano. Ku itariki 9 Kamena 2026 nibwo Urukiko rwasuzumye impamvu zikomeye zishingiye ku bimenyetso bishobora gushingirwaho mu guhabwa iminsi 30 y’agateganyo.  Ku cyaha cyo gukoresha ibikangisho n’icyaha cy’ifungirana ry’umuntu […]

Continue Reading

Umuhanzi uri mu bagezweho muriyi minsi Kirikou Akili arembeye mu Bufaransa

Kirikou Akili uri mu bahanzi bagezweho muri iyi minsi i Burundi arembeye mu Bufaransa aho amaze iminsi. Bivugwa ko yarozwe. Uyu muhanzi agifatwa yahise ajyanwa kwa muganga ikitaraganya ndetse ubu ari gutora agatege. Mu gitondo cyo kuri uyu wa 7 Kamena 2026 ni bwo Kirikou yagiriye ikibazo mu Mujyi wa Lille aho yari amaze iminsi, […]

Continue Reading

Jose Chameleone yasabye The Ben na Melodie gukorana indirimbo

Umuhanzi w’umunyabigwi muri Uganda no mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba Joseph Mayanja uzwi nka Jose Chameleone yasabye abahanzi babiri bakomeye mu Rwanda The Ben na Bruce Melodie gukorana indirimbo kuko ikibahuza ari umuziki. Jose Chameleone yababwiye ko yifuza kumva indirimbo bakoranye bakareka kuhashyira imbere ibibatandukanya. Yagize ati: “Ndi umunyabigwi yego, ariko ndi umufana ukomeye wa […]

Continue Reading

Element yabaye uwa mbere mu Rwanda uhawe ishimwe rya Apple Music ariherekeresha EP

Umuhanzi ndetse akaba na Producer, Element Eleéeh, akomeje kwandika amateka mu muziki nyarwanda nyuma yo gutangazwa muri gahunda ya Apple Music Up Next East Africa, aba umuhanzi wa mbere w’Umunyarwanda winjiye muri iyi gahunda igamije kuzamura no kumenyekanisha impano z’abahanzi bafite ejo hazaza heza ku rwego mpuzamahanga. Ni intambwe ikomeye kuri uyu muhanzi umaze imyaka […]

Continue Reading

Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cya King James yagiye hanze.

Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cya King James cyo kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki yamaze gushyirwa ku isoko, nyuma y’uko ay’umunsi wa mbere yagurishijwe yose mu gihe cy’iminsi itatu gusa. Amatike y’umunsi wa kabiri yagiye hanze kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Kamena 2026 nk’uko byari byarategujwe. Itike ya make ni ibihumbi 15Frw, […]

Continue Reading

Burundi: Miss yambuwe ikamba nyuma yo kwaka ubuhungiro mu Gihugu cy’ i Burayi.

Abategura irushanwa rya Miss Burundi batangaje ko umukobwa wakunzwe cyane mu irushanwa rya Miss Burundi 2025 (Miss Populaire) yambuwe ikamba kuva ku wa 18 Gicurasi 2026, ndetse abuzwa kongera gukoresha ibirango by’iri rushanwa. Kompanyi INGO s.a itegura ayo marushanwa y’ubwiza yavuze ko Mugisha Monica Celeste yambuwe ikamba yari yahawe kubera amakosa yo gukora ingendo mu […]

Continue Reading

Yampano Yatandukanye n’umugore we.

Uwari Umugore w’Umuhanzi yampano abinyujije mu kiganiro kuri Tiktok ubwo yaganiraga n’umu influencer uzwi kw’izina rya Godfather yahamije ko yamaze gutandukana n’uyu muhanzi. Uyu mugore akaba yemeje ko bamaze gutandukana ndetde biba mu buryo bubi. nyuma y’uko Yampano amukubise ndetse akanamugongesha imodoka ari kuri moto, kubw’amahirwe ntahasige ubuzima ariko agakomereka cyane we n’umu Motari wari […]

Continue Reading

Umunyamakuru Murindahabi Iréné agiye gukora ubukwe n’inkumi yo mu Bubiligi.

Murindahabi Iréné wamenyekanye nka M. Iréné yemeje itariki y’ubukwe bwe na Nishimwe Liliane, umukobwa utuye mu Bubiligi bamaze igihe bakundana. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, M. Iréné yateguje ko ubukwe bwe buzaba ku wa 15 Kanama 2026. Yabwiye uyu mukobwa ati “Ndagukunda cyane”. Nta makuru menshi aratangazwa ku bukwe bwa M. Iréné na Nishimwe Liliane cyane […]

Continue Reading