Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma y’iraswa ryabereye aho yarari.

Biravugwa ko amasasu yarashwe mu gihe Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yari yitabiriye gusangira n’abanyamakuru i Washington mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, itariki ya 25 Mata, aho abatangabuhamya n’abanyamakuru ba AFP bavuze ko muri hotel humvikanye urusaku rwinshi rw’amasasu. Abashyitsi bari bambaye karuvati b’Abanyamakuru bakorera kuri White House ‘birutse bajya […]

Continue Reading

Ben na Chance bahishuye ko hari abari barahanye gatanya biyungiye mu gitaramo cyabo.

Abaramyi banashakanye nk’umugore n’umugabo baririmbana mu itsinda rya Ben na Chance batangaje ko mu gitaramo baherutse gukora cyatumye umuryango wari warasenyutse wongera kwiyunga. Ni igitaramo cyabaye tariki 5 Mata 2026, cyari kigamije gufasha abakunzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana kwizihiza Pasika banoza umubano wabo n’Imana. Binyuze mu kiganiro Ben na Chance banyujije ku rukuta […]

Continue Reading

Uburezi bushya bukwiye kubaka aho gusenya – Minisitiri Nsengimina

Byatangarijwe mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, mu Murenge wa Karama, mu Karere ka Huye, aho Minisitiri Nsengimana yagaragaje ko nta rwitwazo ruhari ku rubyiruko rwo kubatwa n’amacakubiri. Minisitiri Nsengimana yavuze ko mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, Ubuyobozi bubi bwacengeje ingengabitekerezo ya Jenoside, ndetse abari barize amashuri menshi babigiramo uruhare, […]

Continue Reading

perezida Trump yasubitse urugendo rw’intumwa ze zihariye rwo kujya muri Pakistan.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasubitse urugendo rw’intumwa ze zihariye, Steve Witkoff na Jared Kushner, rwari ruteganyijwe rwo kujya muri Pakistan. Ibi abitangaje ku wa 25 Mata 2026 nyuma y’uko yari yatangaje ko aba bombi bari bwerekeze i Islamabad muri Pakistan mu biganiro na Iran. Trump yavuze ko gusubika uru rugendo […]

Continue Reading

Ikipe ya APR FC inyagiye Mukura VS, itanga ubutumwa mbere yuko ihura na Rayon sport.

Ikipe ya APR FC yatsindiye Mukura VS ibitego 3-0 kuri Stade Kamena, mu mukino w’umunsi wa 28 wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda ’BK Pro League’. Ni umukino watangiye ku isaha ya Saa Cyenda zuzuye, igice cya mbere kirangwa no gukina neza kwa Mukura VS yakinaga imira mito kuri iki kibuga gito isanzwe imenyereye. […]

Continue Reading

Ruhango: Umuturage yapfuye ari gukora umuganda.

Umugabo w’imyaka 45 witwaga Nyandwi Emmanuel, wari mu muganda wo gusenya amashuri ashaje mu Rwunge rw’Amashuri rwa Mwendo mu Karere ka Ruhango, yagwiriwe n’igikuta arapfa. Urwunge rw’Amashuri rwa Mwendo (R) ruherereye mu Mudugudu wa Nyamigina, Akagari ka Gafunzo. Rwari rufite ibyumba by’amashuri bishya n’ibishaje bitari bigikoreshwa. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mwendo, Nemeyimana Jean Bosco, yavuze […]

Continue Reading

Perezida Kagame yasabye Abanyafurika kwiyitaho no gukorana n’abandi mu bitanga umusaruro.

Perezida Kagame yavuze ko icyo Afurika ishaka cyoroheje, ko ari icy’uko Abanyafurika bakwiye kwiyitaho ubwabo no gukorana n’ibindi bihugu mu buryo butanga umusaruro, aho gukomeza kwiheza no kwicamo ibice. Perezida Kagame yabigarutseho kuri uyu wa 24 Mata 2026. Yitabiriye Inama Mpuzamahanga ya 18 yiga ku miyoborere n’izindi ngeri zose z’iterambere, World Policy Conference (WPC), iri […]

Continue Reading

Nyamasheke: Umukecuru w’imyaka 75 afungiwe ingengabitekerezo ya Jenoside.

Mukarugema Francisca w’imyaka 75, wo mu Mudugudu wa Butangata, Akagari ka Nyarusange, Umurenge wa Bushekeri, Akarere ka Nyamasheke, afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Ntendezi nyuma yo kugaragarwaho amagambo bikekwa ko arimo ingengabitekerezo ya Jenoside, aho yabwiye Niyonsenga Samuel warokotse, ati ‘Ariko sinzi uko abacikacumu musigaye mwarigize’ Nk’uko uhagarariye IBUKA mu Karere ka Nyamasheke, Gasasira […]

Continue Reading

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yerekeje Islamabad mu biganiro n’Amerika.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araqchi, ategerejwe i Islamabad kuri uyu wa 24 Mata 2026, ibyitezwe ko ibiganiro hagati yabo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika byo guhagarika intambara bishobora gusubukurwa. Itangazamakuru rya Iran, ryavuze ko Araqchi asura Pakistan, Oman n’u Burusiya. Icyakora ntihavuzwe iby’uko ashobora kugirana ibiganiro na Leta Zunze Zunze Ubumwe za […]

Continue Reading

Shampiyona y’u Rwanda yabonye umuterankunga mushya.

Rwanda Premier League na Banki ya Kigali (BK) byashyize umukono ku masezerano y’imikoranire afite agaciro ka miliyari 3,2 Frw, harimo kuba iyi banki izitirirwa Shampiyona y’u Rwanda. Ni amasezerano yasinywe kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 24 Mata 2026, bigizwemo uruhare na Perezida w’Inama y’Ubuyobozi ya Rwanda Premier League, Mudaheranwa Yussuf; Umuyobozi Mukuru wa Banki […]

Continue Reading