‘U Rwanda ntirwapfa kabiri’ – Perezida Kagame.

Perezida Paul Kagame yijeje Abanyarwanda ko u Rwanda rutazongera gupfa ukundi kuko bidashoboka ko rushobora gupfa kabiri, bityo ko uwabigerageza bitamuhira. Ibi Perezida Kagame yabivugiye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali mu muhango wo gutangiza Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi. Perezida wa Repubulika yashingiye ku buhamya bwari bumaze gutangwa na Theoneste Ngiruwosanga […]

Continue Reading

Kwibuka 32: Bimwe mu byabaye ku ya 07/04/1994, Hashyizweho bariyeri, Abatutsi batangira guhigwa no kwicwa.

Imyaka 32 irashize habaye Jenoside Yakorewe Abatutsi igahitana abarenga miliyoni imwe. Ababaye muri aya mateka ashaririye babyibuka nk’ibyabaye ejo hashize kubera ubugome bw’indengakamere bw’abahigaga n’abicaga Abatutsi icyo gihe. Kuva tariki 07 Mata 1994 Abatutsi batangiye kwicwa mu bice binyuranye by’Igihugu. Dore bimwe mu byabaye kuri iyi tariki… Mu ijoro ryo ku itariki ya 06 rishyira […]

Continue Reading

Ku wa 6 Mata 1994: Itangira ry’icuraburindi ku Batutsi.

Ku wa 6 Mata 1994 ni itariki yatangiriyeho ishyirwa mu bikorwa ry’umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda aho uyu mugambi wari umaze imyaka myinshi utegurwa kuva kuri butegetsi bwa Repubulika ya mbere n’iya kabiri bwashyiraga imbere politiki y’ivangura. Uyu mugambi watangiye gushyirwa mu bikorwa nyuma y’ihanurwa ry’indege Falcon 50 yari itwaye perezida Habyarimana Juvenal […]

Continue Reading

Meteo Rwanda yateguje abanyarwanda Imvura nyinshi mu gice cya gatatu cya werurwe.

Mu gice cya gatatu cy’ukwezi kwa Werurwe 2026, mu Rwanda hateganyijwe imvura iri hagati ya milimetero 50 na 150, ikaba iri hejuru y’ikigero cy’impuzandengo y’isanzwe igwa muri iki gice. Impuzandengo y’imvura isanzwe igwa iri hagati ya milimetero 28 na 105. Iminsi izagwamo imvura izaba iri hagati y’iminsi itandatu (6) n’umunani (8) bitewe n’imiterere ya buri […]

Continue Reading

Minisitiri w’ubuhinzi arasaba abaturage kubungabunga ibiti byatewe

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 24 Ukwakira 2025 ubwo yari mu karere ka Nyamagabe mu murenge wa Cyanika, Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi Dr Mark Cyubahiro Bagabe yasabye abarezi , abanyeshuri n’abaturage muri rusange kubungabunga ibiti by’imbuto byatewe mu rwego rwo kurwanya inzara no kubungabunga imirire. Ibi yabigarutseho ubwo haterwaga ibiti bisaga ibihumbi 5 ubwo hizihizwaga […]

Continue Reading

Ikinyabutabire cya lead gikoreshwa mu marangi cyatangiye kuvugutirwa umuti usharira

Umuryango urengera ibidukikije ARECO Rwanda nziza watangije urugamba rwo kugabanya ikoreshwa ry’ikinyabutabire cya lead gikoreshwa mu gukora amarangi. Ibi ni ibikubiye mu bikorwa bitandukanye byaranze icyumweru cyatangiye ku itariki ya 19 – 24 Ukwakira 2025 cyo kwirinda ikoreshwa ry’iki kinyabutabire aho uyu muryango wahuje ibigo bitandukanye bifite aho bihuriye n’ikoreshwa ry’iki kinyabutabire. Umuyobozi muri ARECO […]

Continue Reading

Kwibuka 31: PSF izagira uruhare mu kubaka igihugu cyashegeshwe na Jenoside

Perezidente urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) Jeanne Francoise Mubirigi aratangaza ko abikorera mu Rwanda bazagira uruhare rukomeye mu kubaka igihugu cyashenywe na Jenoside yakorewe abatutsi aho bamwe mu bikorera icyo gihe bayigizemo uruhare ruziguye. Ni mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe abatutsi cyateguwe n’urugaga rw’abikorera mu Rwanda cyabaye ku gicamunsi cyo […]

Continue Reading

Ndera: Urubyiruko rurasabwa guhaguruka rwivuye inyuma rugahangana n’ingengabitekerezo ya Jenoside

Kuri uyu wa 11 Mata 2025 I Ndera Hibutswe  ku nshuro 31, abatutsi bishwe muri muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Muri iki gikorwa urubyiruko rwasabwe guhaguruka rwifashishije imbuga nkoranyambaga guhaguruka rukarwanya abapfobya n’abahakana Jenoside yakorewe abatutsi. Bacanye urumuri rw’icyizere bagaragaza ko ibyabaye bitazongera ukundi Mu kiganiro cyatanzwe Dr Vincent Rutaganira yahamagariye urubyiruko   kurwanya ijyengabitekerezo […]

Continue Reading

Coothegim ku isonga mu kwita ku banyamuryango bayo, bageze ku 189% mu guteza imbere ubuhinzi bw’icyayi

Cooperative y’abahinzi ba Gisovu Muko Coothegim abayigize barashima imiyoborere myiza ya komite nyobozi yabo ndetse no kwita cyane ku mibereho myiza y’abanyamuryango bayigize. Ibi bikaba byaratumye aba banyamuryango bose babasha kwiteza imbere ndetse bazamura imibereho myiza yabo. Ibi bakaba barabiganirije Rwandanews24 nyuma y’inteko rusange yo kuwa 21/03/2025.   Muri iyi nteko rusange, hagaragaye ibikorwa byinshi […]

Continue Reading

Abanyarwanda bagera kuri 35 batewe inkunga na RSIF mu kwiga bagiriye akamaro igihugu

Umuyobozi wa RSIF (Regional Scholarship innovation fund), Dr Julius Ecuru aratangaza ko abanyeshuri 35 b’abanyarwanda aribo bamaze guterwa inkunga n’uyu mushinga mu kwiga icyiciro cy’ikirenga cy’amashuri makuru (PHD) kandi ko bagiriye akamaro igihugu cy’u Rwanda.Ni mu kiganiro kihariye yagiranye n’abanyamakuru nyuma y’inama y’umunsi yabereye I Kigali aho uyu muryango wahuje bamwe mu baterwa inkunga n’uyu […]

Continue Reading