Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Emir wa Qatar

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Emir wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani byibanze ku guteza imbere umubano w’ibuhugu byombi n’imikoranire. Ni ibiganiro byabaye kuri uyu wa 4 Ugushyingo 2025, ubwo Umukuru w’Igihugu yari yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Iterambere ‘World Summit for Social Development’ iri kubera i Doha. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village […]

Continue Reading

Rutsiro: Polisi yataye muri yombi umwarimu ukekwaho kwiba ibikoresho by’ishuri

Umwarimu w’imyaka 34 wo mu Karere ka Rutsiro yatawe muri yombi. Akekwaho kwiba ibirimo mudasobwa, amasahani abarimu bariraho, amakanya n’ibikombe abanyeshuri banyweragamo amazi ku kigo cy’ishuri yigishaho rya College De la Paix. Amakuru y’ifatwa rye yamenyekanye ku wa 03 Ugushyingo 2025, nyuma yo kwiba telefone yo mu bwoko bwa Infinix y’umugore w’Umukuru w’Umudugudu wa Mukebera, […]

Continue Reading

U Rwanda rwahawe igihembo nk’igihugu gifite ibikorwaremezo by’ubukerarugendo byiza

U Rwanda rwegukanye igihembo cy’icyubahiro nk’igihugu cyo muri Afurika gifite ibikorwaremezo bifasha ubukerarugendo, byiza kandi biteye imbere. U Rwanda rwegukanye uyu mwanya binyuze mu bihembo bya African Tourism Awards, bigamije guteza imbere urwego rw’ubukerarugendo muri Afurika. Bigenerwa ibihugu, imiryango n’abantu ku giti cyabo bakora muri uru rwego babaye indashyikirwa. Umuhango wo gutanga ibihembo by’uyu mwaka […]

Continue Reading

Perezida Kagame yageze i Doha

Perezida Paul Kagame yageze i Doha muri Qatar, aho azitabira Inama Mpuzamahanga yiga ku iterambere (World Summit for Social Development). Perezida Kagame yageze i Doha kuri uyu wa Mbere. Ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Hamad yakiriwe n’Umuyobozi w’ishami rishinzwe protocole muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar, Yousif Fakhro, na Ambasaderi w’u Rwanda muri Qatar, Igor […]

Continue Reading

Kigali: Hafashwe 11 biba inka i Kigali bakajya kuzigurisha i Rwamagana

Polisi y’u Rwanda (RNP) yatangaje ko ku bufatanye n’abaturage batanze amakuru, imaze guta muri yombi abantu 11 bakekwaho uruhare mu bujura bw’inka. Itangaje ibi nyuma y’uko abaturage bo mu Karere ka Gasabo mu mirenge ya Gikomero, Ndera, Rusororo,na Rutunga bagaragaje ikibazo cy’ababiba inka zimwe zikabagwa izindi zikagaruzwa zitarabagwa. RNP ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano, inzego z’ibanze […]

Continue Reading

Rwamagana: Icumbi riraramo abanyeshuri 150 ryibasiwe bikabije n’inkongi y’umuriro

Icumbi ry’Ikigo cya IWE (Institute Women for Excellence cyigamo abakobwa gusa giherereye mu Karere ka Rwamagana, ryahiye rirakongoka rihiramo ibikoresho byose by’abana 150 biga kuri iki Kigo. Iyi mpanuka y’inkongi y’umuriro yabaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 3 Ugushyingo 2025 ahagana saa Yine za mugitondo aho iri shuri riherereye mu Mudugudu wa Bigabiro mu […]

Continue Reading

Gukoresha telefone ku bana bataragira imyaka 13 byongera ibyago byo kwiyahura-Ubushakashatsi

Ubushakashatsi bwakozwe ku ikoreshwa rya telefone mu bana ku Isi bwagaragaje ko abana bahabwa telefone mbere y’imyaka 13 baba bafite ibyago byinshi byo kugira ibitekerezo bibaganisha ku kwiyahura, ubwoba bukabije no kutiyizera. Bushyizwe hanze mu gihe Isi ikomeje kugendera ku muvuduko udasanzwe ugamije kugera ku iterambere rishingiye ku ikoranabuhanga kandi ridaheza abantu bose haba abana […]

Continue Reading

Inka ibihumbi 12 zo mu mirenge yo mu Karere ka Rubavu yashyizwe mu kato zakingiwe uburenge

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) nyuma y’uko gishyizeho akato k’amatungo mu Mirenge ya Kanama, Nyakiriba na Kanzenze yo mu Karere ka Rubavu, nyuma y’uko hagaragaye indwara y’uburenge (Foot and Mouth Disease) mu nka zaho, inka ibihumbi 12 zakingiwe uburenge. Mu itangazo ryasohowe na RAB, kuwa 21 Ukwakira 2025 yagaragaje icyemezo cyo gushyira iyi […]

Continue Reading