Nyamasheke: Umurambo w’umusore wabonywe mu mugezi hakekwa ubusinzi.

Umurambo w’umusore w’imyaka 31 witwaga Nkinzingabo Jean Baptiste wabaga mu Mudugudu wa Gikangaga, Akagari ka Gasovu, Umurenge wa Karambi, Akarere ka Nyamasheke, wasanzwe munsi y’ikiraro kiri ku mugezi wa Ryamunyu hakekwa ko yaba yanyereyeho yasinze nijoro akitura muri uwo mugezi akabura gitabara agapfa. Muhayimana Donatille wamugezeho bwa mbere, yavuzeko ko hari mu ma saa moya […]

Continue Reading

U Rwanda, Kenya na Uganda byiyemeje kwihutisha iyubakwa ry’umuhanda wa gari ya moshi.

Abaminisitiri b’imari baturutse muri Kenya, u Rwanda na Uganda bemeye gushyira imbere gushakira amafaranga umushinga wadindiye w’iyubakwa ry’umuhanda wa gari ya moshi wa Standard Gauge Railway (SGR), mu rwego rwo guhuza akarere ufatwa nk’umwe mu mishinga y’ibikorwaremezo ikomeye muri Afurika y’Iburasirazuba. Iyi nama yabereye iruhande rw’inama za IMF na Banki y’Isi zo mu mpeshyi 2026 […]

Continue Reading

Rurageretse hagati ya Super Manager na MTN Rwanda yishyuza miliyoni 380 Frw.

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwasubitse urubanza, Gakumba Patrick alias Super Manager yareze sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda aho ayishyuza miliyoni 380 Frw. Ku wa 15 Mata 2026 Super Manager yitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge mu gukurikira urubanza yarezemo MTN Rwanda. Ni urubanza rwabereye mu ruhame ndetse iyo sosiyete yari yunganiwe n’umunyamategeko.  Super Manager yavuze ko […]

Continue Reading

The Ben amaze iminsi arembeye mu bitaro.

Umuhanzi The Ben amaze iminsi ari mu bitaro kuva mu rukerera rwo ku wa Mbere, aho ari kwitabwaho n’abaganga nyuma yo kuremba mu ijoro ryo ku Cyumweru. Amakuru aturuka ku nshuti ze za hafi avuga ko ku Cyumweru yatangiye kugaragaza ko atameze neza, ariko uko amasaha yicumaga agenda arushaho kuremba kugeza ubwo ajyanwe kwa muganga […]

Continue Reading

Burundi: Minisitiri yasanzwe ku nzira yapfuye.

Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru mu Burundi, Gabby Bugaga, yasanzwe ku nzira mu gitondo cyo kuri uyu wa 16 Mata 2026, yapfuye urupfu rw’amayobera. Mu masaha ya Saa Mbili y’igitondo cy’uyu munsi, abatuye mu gace ka Kivoga mu Mujyi wa Bujumbura babonye imodoka iparitse mu isambu y’imikindo hafi y’umuhanda, bagiye kubera basanga yicayemo umugabo wapfuye. Abazi uyu […]

Continue Reading

Nyagatare: Umuyobozi w’ishuri yirukanwe kubera kwiba ibiribwa by’abanyeshuri akabigurisha

Uwari umuyobozi w’ishuri ribanza rya Rubira II mu Murenge wa Rwimiyaga mu Karere ka Nyagatare yirukanwe mu kazi azira kwiba ibiryo bigenewe abanyeshuri akabigurisha mu gihe yiteguraga kwakira ibindi bizakoreshwa mu gihembwe cya gatatu. Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko uyu muyobozi w’ishuri yari yarasigaranye ibiro 460 by’ibiribwa bitakoreshejwe mu gihembwe cya Kabiri. Mu gihe […]

Continue Reading

Rubavu: Umunyeshuri wiga muri Kaminuza ya UTB akurikiranyweho kuvuga ko atemera Jenoside yakorewe Abatutsi

Ndatimana Zebro w’imyaka 20, ukomoka mu Murenge wa Bugarama, Akarere ka Rusizi wiga mu wa mbere muri kaminuza ya UTB ishami rya Rubavu, aganira na mugenzi we babana mu gipangu yamubwiye ko we ibyo kuvuga ngo ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’ atabyemera. Uhagarariye Ibuka mu Karere ka Rubavu, Mbarushimana Gérard, yabwiye Imvaho Nshya dukesha iyi nkuru ko […]

Continue Reading

BK Capital yabonye umuyobozi mushya

Pacific Tuyishime yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo BK Capital Ltd gitanga serivisi z’ubujyanama mu by’imari, asimbuye Théogène Uwimpuhwe wari umaze igihe muri uyu mwanya. Tuyishime yari asanzwe ari Umuyobozi ushinzwe ishoramari muri Norrsken East Africa. Mbere yo kujya muri uyu mwanya, yakoze izindi nshingano zitandukanye mu Rwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB). BK Capital yatangaje ko inararibonye Tuyishime […]

Continue Reading

Umugore wakoze Jenoside yafashwe nyuma y’imyaka 19 yihishahisha.

Inzego z’umutekano ku bufatanye n’iz’ibanze zikorera mu Karere ka Karongi, zataye muri yombi Uwimana Tarcille w’imyaka 52 wari warahamijwe akanakatirwa n’Inkiko Gacaca kubera kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ariko agatoroka. Yafatiwe mu Mudugudu wa Ngoma, Akagari ka Gitega Umurenge wa Rugabano ku wa 14 Mata 2026. Ni nyuma y’aho umwe mu barokotse Jenoside yakorewe […]

Continue Reading

Rulindo: Uwagaragaye mu mashusho yiba mudasobwa z’ikigo nderabuzima yafashwe.

Umusore wagaragaye mu mashusho yafashwe na camera zicunga umutekano ku Kigo Nderabuzima cya Buyoga mu Murenge wa Buyoga Akarere ka Rulindo yiba mudasobwa yatawe muri yombi. Tariki 12 Mata 2026 ni bwo ku mbuga nkoranyambaga hatangiye guhererekanywa no gukwirakwizwa amashusho y’umuntu wambaye imyenda y’umukara winjira mu cyumba cyarimo mudasobwa ebyiri akazitwara. Izo mudasobwa zibwe mu […]

Continue Reading