Abanyarwanda bakoze urubuga rucururizwaho imiziki.

Urwego rw’ubuhanzi mu Rwanda rumaze igihe rugaragaza ikibazo cy’nyungu y’intica ntikize abakora umuziki bakuramo kandi baba biyushye akuya. Nubwo ibihangano byabo bikoreshwa henshi mu tubari, ku maradiyo no ku mbuga zitandukanye, benshi bavuga ko amafaranga ava muri ibyo bihangano atabageraho uko bikwiye. Mu rwego rwo gushaka igisubizo kuri iki kibazo, ‘Dream Record’ yamuritse urubuga rwa […]

Continue Reading

Kaminuza 69% za Leta muri Afurika zikoresha Ubwenge buhangano ‘AI’ mu kwigisha.

Ubushakashatsi bwakozwe ku ikoreshwa ry’ubwenge buhangano AI muri kaminuza zo muri Afurika bwagaragaje ko Kaminuza za Leta ari zo zigerageza gukoresha iri koranabuhanga cyane mu kwigisha kuko biri ku rugero rwa 69%, mu izigenga ziri kuri 57%. Byagarutsweho mu nama ya ‘ELITE Africa Workshop’ yahuje kaminuza zitandukanye zo muri Afurika igamije kungurana ubumenyi ku ikoreshwa […]

Continue Reading

U Bushinwa: Uruganda Geely rwakoze ikoranabuhanga rya ‘AI’ rifasha imodoka gukoresha lisansi nke.

Ku wa 13 Mata 2026, uruganda rukora imodoka rwo mu Bushinwa rwitwa Geely rwamuritse uburyo bushya bw’imodoka zikoresha amashanyarazi na lisansi bugena ingufu imodoka ikoresha mu gihe runaka i-HEV Intelligent Hybrid system, mu rwego rwo guhangana n’ibigo bikora imodoka byo mu Buyapani byari bimaze igihe kirekire byiharije isoko ry’imodoka zisanzwe zikoresha ubu buryo. Ubu buryo […]

Continue Reading

Samsung yahagaritse igurishwa rya Galaxy Z TriFold imaze amezi atatu ku isoko.

Samsung igiye guhagarika igurishwa rya telefoni yayo yitwa Galaxy Z TriFold yari imaze amezi atatu gusa ku isoko. Iyi telefoni igura 2.899$ ifite ikirahuri cy’inyuma cya pouse 6,5, ikagira interanyirizo ebyiri, zose zarambura ikirahure kikagira pouse 10. Yatangajwe ku mugaragaro ku itariki ya 1 Ukuboza 2025, ishyirwa hanze muri Koreya y’Epfo ku itariki ya 12 […]

Continue Reading

Meta yashyize hanze amadarubindi ashobora gukora nka telefoni

Ikigo cy’ikoranabuhanga cya Meta, cyasohoye amadarubindi (lunettes) z’ikoranabuhanga ‘Meta Ray-Ban Display’ zifite screen mu birahure byazo ituma zishobora gusoma ubutumwa no kubusubiza, kureba amashusho, amafoto, n’ibindi. Izi lunette zashyizwe hanze ku wa 17 Nzeri 2025, mu nama ngarukamwaka itegurwa na Meta yiga ku iterambere ry’iri koranabuhanga, ibera muri California muri Amerika. Umuyobozi mukuru wa Meta, […]

Continue Reading

Hakozwe AI ishobora gupima kanseri y’ibere n’indwara z’umutima icyarimwe

Abashakashatsi bo muri Australia bakoze ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI) rishobora gupima kanseri y’ibere n’indwara z’umutima ryifashishije amafoto yo kwa muganga (mammograms), rikabikorera rimwe. Iri koranabuhanga ryageragerejwe ku mafoto agera ku bihumbi 50, y’abagore bisuzumishije kanseri y’ibere mu gihe cy’imyaka icyenda. Aba bashakashatsi bavuze ko ibisubizo by’iyi AI byagiye bihura n’ibyo abaganga basanzwe basuzuma izi ndwara […]

Continue Reading

BitChat; Porogaramu nshya yo kohererezanya ubutumwa bidasabye internet cyangwa Sim card

BitChat ni porogaramu nshya ituma abantu bohererezanya ubutumwa bidasabye internet, nimero za telefoni cyangwa sim card. Yakozwe n’itsinda riyobowe na Jack Dorsey, uri mu batangije Twitter. Iyi porogaramu ikoresha ikoranabuhanga rya Bluetooth rifasha ibikoresho by’ikoranabuhanga byegeranye gutumanaho nta muyoboro wa internet. Iyi porogaramu yubatswe ku buryo ubutumwa butanyura kuri ‘server’ imwe rusange ibika cyangwa inyuzwaho […]

Continue Reading

Ibyo wamenya kuri musk za Kim Kardashian bivugwa ko ziraranwa zigafasha kugira isura nziza

Niba ukoresha imbuga nkoranyambaga cyane cyane urubuga rwa Tiktok, ushobora kuba uzi amashusho abakobwa n’abagore bakunda gukora berekana ibyo bararanye ku mubiri wabo cyane cyane mu maso bituma barushaho kongera ubwiza, ibizwi nka ’morning shed’. Ayo mashusho aba akubiyemo kwambara ‘mask’ mu maso zifite akamaro gatandukanye, zirimo izo gutuma bagira uruhu rwiza, izo gutuma iminwa […]

Continue Reading

Rwandan Scholars Benefiting from RSIF Support Contributing to Africa’s Technological Advancement

Dr. Julius Ecuru, is Rsif Manager at The Regional Coordination Unit -icipe, has highlighted the positive impact that the 35 Rwandan students who have received RSIF funding to pursue their PhD studies have made on the country’s development. During an exclusive interview with journalists in Kigali, Dr. Ecuru emphasized that the scholarships not only advanced the […]

Continue Reading

Abanyarwanda bagera kuri 35 batewe inkunga na RSIF mu kwiga bagiriye akamaro igihugu

Umuyobozi wa RSIF (Regional Scholarship innovation fund), Dr Julius Ecuru aratangaza ko abanyeshuri 35 b’abanyarwanda aribo bamaze guterwa inkunga n’uyu mushinga mu kwiga icyiciro cy’ikirenga cy’amashuri makuru (PHD) kandi ko bagiriye akamaro igihugu cy’u Rwanda.Ni mu kiganiro kihariye yagiranye n’abanyamakuru nyuma y’inama y’umunsi yabereye I Kigali aho uyu muryango wahuje bamwe mu baterwa inkunga n’uyu […]

Continue Reading