Pope Léon XIV agiye gutangira uruzinduko rw’iminsi 10 muri Afurika.

Papa Léon XIV agiye gutangira urugendo rwe rwa mbere ku mugabane wa Afurika, rugomba kumara iminsi icumi. Ni uruzinduko atangira kuri uyu wa Mbere muri Algeria mbere yo gukomereza muri Cameroun. Léon XIV azagera mu mijyi 11 ya Afurika, aho biteganyijwe ko azakora urugendo rwa kilometero ibihumbi 18 mu ngendo z’ingende 18 azakora. Cardinal Michael […]

Continue Reading

Papa Leo XIV yikoreye umusaraba; ibyaherukaga mu myaka irenga 30 ishize.

Ku wa Gatanu Mutagatifu, Papa Leo XIV w’imyaka 70 yagaruye umuco wa kera, ayobora abantu bagera ku bihumbi 30 mu isengesho ry’Inzira y’Umusaraba mu byiciro byose uko ari 14 mu nyubako y’amateka y’i Roma, Colosseum, abikora yikoreye umusaraba. Iki gikorwa cyari kimaze imyaka irenga 30 kitakibaho. Papa ubwe yikoreye umusaraba amasaha hafi abiri, igikorwa gisaba […]

Continue Reading

Icyemezo cya Israel kibuza abakirisitu kwizihiza umunsi wa Mashami, gikomeje kwamaganwa.

Israel yabujije abakirisitu kwizihiza Umunsi Mukuru wa Mashami ku mpamvu ivuga ko ari izo kubungabunga umutekano, kuko iki gihugu kiri mu ntambara na Iran, icyemezo gikomeje kwamaganwa n’ibihugu byinshi birimo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Polisi ya Israel yabujije kandi abakuriye Kiliziya Gatolika kwizihiza ibi birori inababuza guteranira kuri Kiliziya Ntagatifu ya Sepulchre, isurwa […]

Continue Reading

U Bwongereza: Bwa mbere mu mateka y’Abangilikani hashyizweho Musenyeri w’umugore.

Bwa mbere mu mateka y’Abangilikani mu Bwongereza, hashyizweho Musenyeri w’umugore uwo akaba ari Sarah Mullally. Mullally yimitswe ku mugaragaro ku wa Gatatu tariki tariki 25 Werurwe 2026, nk’umugore wa mbere ubaye umuyobozi w’ikirenga mu by’umwuka w’Abangilikani ku Isi, mu muhango wabereye muri katedrali ya Canterbury, mu majyepfo y’iburasirazuba bw’icyo gihugu. Uwo mugore wahoze ari umuforomo […]

Continue Reading

Umunsi w’Ilayidi wamenyekanye.

Ubuyobozi bukuru bw’ Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC), bwatangaje ko umunsi mukuru usoza igisibo cy’Ukwezi Gutagatifu kwa Ramadhan (EIDIL FITRI 2026) uzaba ku wa Gatanu tariki 20 Werurwe 2026. RMC yakomeje itangaza ko isengesho ryo kuri uwo munsi mukuru uzwi nk’ilayidi wa EIDIL FITRI ku rwego rw’Igihugu rizabera i Nyamirambo kuri Kigali Pele Stadium ku […]

Continue Reading

Papa Léon XIV yanenze intambara Amerika yagabye kuri Iran.

Papa Léon XIV yagaragaje ko atishimiye intambara Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel byashoje kuri Iran, asaba ko imirwano ikwiye guhagarara, hakayobokwa inzira y’ibiganiro. Uyu mushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi yavuze ko umutekano udashobora kubonekera mu ntambara n’ubugizi bwa nabi. Papa Léon XIV yabigarutseho mu masengesho yayoboye ku cyumweru i Vatican yabereye kuri […]

Continue Reading

Kinshasa: Kiliziya Gatolika yamaganye igihano cy’urupfu Kabila yakatiwe

Kiliziya Gatolika muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yamaganye igihano cy’urupfu Urukiko Rukuru rw’Igisirikare rwa Kinshasa, rwakatiye Joseph Kabila wayoboye iki gihugu kuva mu 2001 kugeza mu 2019. Tariki ya 30 Nzeri 2025 ni bwo uru rukiko rwakatiye Kabila igihano cy’urupfu, nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kugambanira igihugu, ibyaha by’intambara, ibyibasiye inyokomuntu no kuba mu […]

Continue Reading

Papa Léon XIV yasabye abepisikopi kudahishira abihayimana bijandika mu by’ihohotera rishingiye ku gitsina

Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Léon XIV, yasabye abepisikopi bashya guhangana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorwa n’abihayimana, aho kubakingira ikibaba. Ni itangazo ryasohowe na Vatican, kuri uyu wa 12 Nzeri 2025. Mu myaka ishize ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina bikozwe n’abihayimana bo muri Kiliziya Gatolika byakunze kugaragara hirya no hino ku Isi. […]

Continue Reading

Abanyamadini beretswe uko AI yakoreshwa mu ivugabutumwa

Ihuriro ry’Amadini n’Amatorero mu Rwanda (RIC) ryagaragarije abanyamadini n’amatorero uko bakoresha ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI) mu gukomeza kugeza ivugabutumwa kuri bose. Kuri uyu wa 28 Kanama 2025 ni bwo RIC yahuguye abayobozi b’amadini n’amatorero ku kumenya neza akamaro ko gukoresha AI, uko yakoreshwa igatanga umusaruro ndetse no kumenya ibibi byayo kugira ngo babashe kungura abayoboke […]

Continue Reading

Itorero Angilikani mu Rwanda ririshimira imyaka 100 rimaze ryamamaza inkuru nziza

Kuri iki Cyumweru tariki ya 24 Kanama 2025, ibihumbi by’Abakirisitu b’Itorero Angilikani mu Rwanda (EAR) bateraniye i Gahini mu Karere ka Kayonza aho bizihiza isabukuru y’imyaka 100 ishize iryo torero rishinzwe mu Rwanda. Mu 1925, ni bwo Itorero Angilikani mu Rwanda ryatangiriye i Gahini mu Karere ka Kayonza, rishinzwe na Geoffrey Holmes, umusirikare w’Umumisiyoneri ukomoka […]

Continue Reading