U Rwanda na Kenya byasinyanye amasezerano ajyanye no gutumiza Peteroli.

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Kenya ku wa 29 Kamena 2026, byagiranye amasezerano y’ubufatanye mu gutumiza ibikomoka kuri Peteroli binyuze mu muhora wa ruguru. Aya masezerano yemerera u Rwanda gukura ibikomoka kuri peteroli ku masoko yo hirya no hino ku isi rukoreshe ibikorwaremezo bya Kenya, haba mu kuyibika ndetse no mu bwikorezi bwayo. Hasinywe kandi amasezerano […]

Continue Reading

Icyo amategeko avuga ku byerekeranye no gukuramo inda mu Rwanda.

Ingingo ya 123 y’ Itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, igaragaza ko mu Rwanda kwikuramo inda ari icyaha gihanwa n’amategeko. Gusa umuganga ashobora gukuriramo umuntu inda ariko hakurikijwe ibigenwa n’Iteka rya Minisitiri N°002/MoH/2019 ryo ku wa 8 Mata 2019, kuko na byo bifite amabwiriza abigenga. Ishami ry’Umuryango w’abibumbye […]

Continue Reading

Umubare w’abagura Ibibanza mu Bugesera bamaze kwikuba inshuro 3.

Umuyobozi w’Ishami Rishinzwe Imikoreshereze y’Ubutaka no Gutunganya Amakarita mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubutaka, Alex Rutagengwa, yagaragaje ko mu 2025 abantu barenga ibihumbi 30 baguze ubutaka mu Karere ka Bugesera. Yabivugiye mu nama yagaragazaga amahirwe ari mu Karere ka Bugesera, yahuje abikorera ndetse n’inzego za leta. Uyu muyobozi yagaragaje ko uko imyaka ishira indi igataha ari ko […]

Continue Reading

Trump yatangaje umuhuro na Iran muri Qatar, Iran ibyamaganira kure

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko intumwa z’igihugu cye zigomba guhurira mu biganiro n’iza Iran muri Qatar mu biganiro bigamije kugera ku masezerano ya nyuma, ariko Iran ibyamaganira kure. Nyuma y’uko impande zombi zishyize umukono ku masezerano y’ibanze ku wa 17 Kamena biteganijwe ko hazakomeza kubaho ibiganiro bigamije kugera ku […]

Continue Reading

Impanuka yabujije Bwiza kuririmba muri Summer Country Tour i Bugesera.

Umuhanzikazi Bwiza yasabye imbabazi abakunzi be nyuma yo kubura mu gitaramo cya Summer Country Tour mu karere ka Bugesera kuri uyu wa Gatandatu bitewe n’impanuka yakoze. Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa Instagram  , Bwiza yavuze ko yagize impanuka ubwo yari mu nzira agana aho igitaramo cyabereye, bikamuviramo kutabasha kuhagera nk’uko biteganyijwe. Yagize ati:“Mbabajwe cyane no […]

Continue Reading

Venezuela: Abantu 68,000 bakomeje kubura nyuma y’umutingito wahitanye abasaga 1000.

Ikigereranyo cy’ibanze cyatanzwe na Gahunda y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe Iterambere (UNDP) cyashyize ahagaragara igiciro cy’ibyangijwe n’umutingito wibasiye Venezuela kuri miliyari 6.7$. Bivugwa kandi ko abantu barenga 68.000 baburiwe irengero nyuma y’imitingito ibiri yibasiye uduce tw’igihugu mu ntangiriro z’iki cyumweru. Ku wa Gatatu, umutingito ufite ubukana bwa magnitude 7.2 na 7.5 wibasiye Venezuela, usenya ibintu byinshi kandi […]

Continue Reading

Bidaciye kabiri Amerika na Iran byongeye guhangana

Amerika yongeye kugaba ibitero ku butaka bwa Iran, nyuma y’uko Perezida Donald Trump ashinje Tehran kurenga ku masezerano yo guhagarika imirwano, avuga ko icyo gihugu cyakoze “ubusazi” mu kwibasira ubwato butwara imizigo bunyura mu nzira y’amazi ya Hormuz. Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikorera mu Burasirazuba bwo Hagati (CENTCOM) zatangaje ko zagabye ibitero […]

Continue Reading

Perezida Kagame yavuze kuri Kayumba, Karegeya, Rudasingwa n’abandi bibonagamo kuba bayobora u Rwanda.

Perezida Paul Kagame yavuze kuri bamwe mu bahoze mu nzego zikomeye z’igihugu, barimo Kayumba Nyamwasa, Patrick Karegeya na Théogène Rudasingwa, avuga ko bari mu bantu bigeze kwibona cyangwa bakabonwamo n’abari hanze nk’abashobora kuba ba perezida, ariko bagambiriye ikibi. Yabigarutseho mu nama nyunguranabitekerezo ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’Urugamba rwo kuyihagarika, yabereye muri Intare Arena, […]

Continue Reading

Perezida Kagame yaganiriye na Zein Abdalla uyobora Mastercard Foundation.

Perezida Paul Kagame yakiriye umuyobozi wa Mastercard Foundation, Zein Abdalla, ari kumwe n’uwahoze ari Perezida wa Liberia, Ellen Johnson Sirleaf, hamwe n’abandi bagize Inama y’Ubuyobozi n’abayobozi bakuru b’uyu muryango. Yabakiriye kuri uyu wa Kane, tariki ya 25 Kamena 2026, muri Village Urugwiro. Ibiganiro byabo byibanze ku bufatanye hagati ya Mastercard Foundation n’u Rwanda, ndetse n’uburyo […]

Continue Reading

Umunyarwanda uzwi cyane mu myidagaduro Jimmy Muyumbu akurikiranyweho na Amerika uburiganya bwa miliyari 53 Frw.

Jimmy Muyumbu, Umunyarwanda w’imyaka 38 utuye muri Glendale muri Leta ya Arizona muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yashyizwe mu majwi n’ubutabera bwa Amerika muri dosiye ikomeye y’uburiganya mu buvuzi, aho akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’amafaranga arenga miliyoni 44,9 z’amadolari. Muyumbu, izina risanzwe rizwi mu muryango w’Abanyarwanda baba muri Amerika no mu bakurikiranira hafi imyidagaduro. […]

Continue Reading

APR FC yasinyishije rutahizamu Uwiyaremye Fidali

Ikipe ya APR FC yatangaje rutahizamu Uwiyaremye Fidali nk’umukinnyi wayo mushya, aho avuye mu ikipe ya Kiyovu Sports. Uwiyaremye yerekeje muri APR FC nyuma yo kwitwara neza mu mwaka ushize w’imikino mu ikipe ya Kiyovu Sports, aho yagize uruhare mu bitego birenga 15 mu marushanwa yose, harimo ibitego 11 yatsinze muri Shampiyona y’u Rwanda, BK […]

Continue Reading