Imirimo itangwa n’inganda z’imyenda izikuba gatanu mu myaka itatu iri imbere.

Inganda zitunganya imyenda zizongerera ubushobozi ibikorwa byazo ku rugero rwa 100% bitarenze mu 2029, ndetse umubare w’akazi zizatanga uziyongera uve ku mirimo 11,900 ugere ku 50,500. Biteganyijwe ko u Rwanda ruzajya ruzigama miliyoni 28 z’amadolari buri mwaka ku myenda yatumizwaga hanze, mu gihe amafaranga azajya asigara imbere mu gihugu kubera gukora ibitambaro bikorwamo imyenda mu […]

Continue Reading

U Rwanda rwamaganye Raporo ya Human Right Watch ishinja RDF gufasha M23.

U Rwanda rwamaganye Raporo y’Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu (Human Rights Watch, HRW), ishinja ibinyoma Ingabo z’u Rwanda byo kugira uruhare mu mu bikorwa by’umutwe wa M23 ahubwo yirengagije urw’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’imitwe yitwaje intwaro irimo n’uw’iterabwoba wa FDLR, bifite ukuri. Itangazo Guverinoma y’u Rwanda yashyize hanze kuri uyu wa […]

Continue Reading

U Rwanda rwungutse inkura z’umweru eshatu.

Pariki y’Igihugu y’Akagera yishimira ko inkura zashyizwe muri iyi pariki zageze ku 148 nyuma y’uko iz’umweru zimaze umwaka zizanywe mu Rwanda zatangiye kororoka. Mu nkura 70 z’umweru ziherutse kujyanwa muri iyi pariki eshatu zarabyaye mu gihe izindi na zo zitegura kubyara muri uyu mwaka. Umuyobozi ushinzwe umubano mwiza n’abafatanyabikorwa muri Pariki y’Akagera, Karinganire Jean Paul, […]

Continue Reading

Trump yaciye amarenga ko amasezerano yo guhagarika intambara muri Iran ari hafi kugerwaho

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko yahagaritse ibitero byari bimaze iminsi utatu yikurikiranya bigabwa kuri Iran, aca amarenga ko amasezerano yo guhagarika iyi intambara yaba agiye kugerwaho. Umwuka mubi wongeye kwaduka hagati y’imbande zombi mu minsi ishize, nyuma y’uko Amerika itangaje ko Iran yarashe indege yayo ya kajugujugu yagenzura umutekano […]

Continue Reading

Ngoma: Umukobwa w’imyaka 17 yishwe atemwe ijosi

Inzego z’umutekano mu Karere ka Ngoma ziri guhigisha uruhindu abantu bagize uruhare mu kwica umwana w’umukobwa w’imyaka 17, bamuteye icyuma ku ijosi, bamukata amabere, intoki n’ibindi bice by’umubiri. Ibi byabaye mu ijoro ryacyeye rishyira kuri uyu wa Kane tariki ya 11 Kamena 2026 mu Mudugudu wa Kamvumba mu Kagari ka Kinunga mu Murenge wa Remera […]

Continue Reading

Depite Icyitegetse Venuste yeguye ku mirimo ye.

Inteko Ishinga Amategeko yatangaje ko Icyitegetse Venuste wari Umudepite yandikiye Perezida w’Umutwe w’Abadepite amumenyesha ubwegure bwe ku mpamvu ze bwite. Icyitegetse yari Umudepite ubarizwa muri Komisiyo ishinzwe kugenzura uko ingengo y’imari ya Leta itegurwa, ikoreshwa, n’uko umutungo wa Leta ucungwa. Yari Umudepite ubarizwa mu Muryango wa FPR Inkotanyi watowe ahagarariye urubyiruko. Visi Perezida w’Inteko Ishinga […]

Continue Reading

Hateguwe ibirori byo kwishimira igikombe cya BAL ‘RSSB Tigers’ yegukanye.

Abahanzi batandatu batoranyijwe kuzatanga ibyishimo ku bakunzi b’ikipe ya RSSB Tigers n’ab’umukino wa Basketball, bagiye kwishimira igikombe cya BAL iyi kipe iherutse kwegukana. Abahanzi batoranyijwe kuzasusurutsa abazitabira ibi birori bizabera muri ‘rond-point’ yo kuri Kigali Convention Centre ku wa 13 Kamena 2026 ni Kenny Sol, Juno Kizigenza, Bull Dogg, Angell Mutoni, Ariel Wayz na Kivumbi […]

Continue Reading

Abasare batatu bo mu Buhinde baguye mu gitero cya Amerika

Leta y’u Buhinde yatangaje ko yababajwe n’ipfu z’abasare batatu baguye mu gitero cy’indege Ingabo za Amerika zikorera mu Burasirazuba bwo Hagati zagabye ku bwato barimo ubwo bwageragezaga gutambuka, aho Ingabo za Amerika zafungiye umuhoro wa Hormuz. Iri sanganya ryabaye mu ijoro rishyira ku wa Kane tariki 11 Kemena 2026, ubwo ubu bwato bwari butwaye ibikomoka […]

Continue Reading

Umuhora wa Hormuz wongeye gufungwa

Umutwe udusanzwe w’Igisirikare cya Iran, IRGC watangaje ko umuhora wa Hormuz wafunzwe, nyuma y’uko hashize iminsi itatu umwuka mubi wongeye kubura hagati ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Mu itangazo ryashyizwe hanze na IRGC, yasobanuye ko umuhora wa Hormuz ufunze ndetse ko ugerageza kuhanyura afatwa nk’umwanzi cyangwa ufatanya n’umwanzi. Ni icyemejo kije nyuma […]

Continue Reading

Musanze: Abanyamahanga bakekwaho urugomo batawe muri yombi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yatangaje ko Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abanyamahanga umunani, mu Karere ka Musanze bakekwaho gukorera urugomo abamotari. Hashize iminsi mu Karere ka Musanze humvikana abakora umwuga wo gutwara abantu n’ibintu kuri moto, bavuga ko babangamiwe n’abanyamahanga biga muri Kaminuza ya Ines Ruhengeri babakorera urugomo. Abaganiriye na […]

Continue Reading