Umusifuzi wagaragaye akubita umugeri umukinnyi wa Mukura ashobora gufatirwa ibihano.

Ikipe ya Mukura Victory Sports et Loisirs yamaze kurega umusifuzi Nsengiyumva Jean Paul wakubise myugariro wayo umugeri mu bugabo, mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA). Uyu mugeri watewe Mbonyamahoro Serieux watumye uyu mukinnyi ajyanwa kwa muganga. Ibi byabaye mu mukino Mukura VS yatsindiwe mu rugo na Rutsiro ibitego 2-1. Hari mu mukino w’umunsi wa […]

Continue Reading

Manchester United yabonye itike ya Champions League itsinze mukeba Liverpool.

‎Ikipe ya Manchester United yabonye itike yo gukina imikino ya UEFA Champions League y’umwaka utaha nyuma yo gutsinda Liverpool ibitego 3-2 mu mukino wa Shampiyona y’u Bwongereza wabereye kuri Stade ya Old Trafford kuri iki Cyumweru tariki ya 3 Gicurasi 2026. ‎Imbere y’abafana 74,027, Manchester United yatozwaga na Michael Carrick yinjiye mu mukino isatira cyane […]

Continue Reading

Burera: Abantu babiri bakubiswe n’inkuba bahita bapfa.

Abagabo babiri bo mu Karere ka Burera mu mirenge ya Rwerere na Cyeru, bakubiswe n’inkuba barapfa. Byabaye ku wa 03 Gicurasi 2026. Aba baturage barimo umugabo w’imyaka 39 wo mu Murenge wa Rwerere, Akagari ka Gacundura mu Mudugudu wa Sarambwe, wakubiswe n’inkuba Saa Munani n’Igice. Uyu mugabo asize umugore n’abana bane, ndetse inkuba ikaba yamukubise […]

Continue Reading

Perezida Kagame yavuze ku mubano w’u Rwanda na Tanzania, asaba ibihugu by’Akarere kunga ubumwe.

Perezida Paul Kagame yashimye mugenzi we wa Tanzania, Dr. Samia Suluhu Hassan, wamwakiriye, ashimangira ko bagiranye ibiganiro bigamije gushyira imbaraga mu mubano ibihugu byombi bisanganywe, anasaba ibihugu byo mu karere kunga ubumwe. Yabigarutseho kuri iki Cyumweru tariki ya 3 Gicurasi 2026, ubwo yagiriraga uruzinduko rw’umunsi umwe muri Tanzania. Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa […]

Continue Reading

Israel yasabye abaturage ba Libani kuva mu bindi bice byo mu Majyepfo y’iki gihugu

Ingabo za Israel zasohoye amabwiriza mashya asaba abaturage ba Libani  kwimuka mu midugudu n’imijyi yo mu Majyepfo y’iki gihugu, harimo n’uturere turi hanze y’aho zigenzura, nubwo hari agahenge kagamije guhagarika intambara hagati ya Israel n’umutwe witwaje intwaro wa Hezbollah. ‎Umuvugizi w’Ingabo za Israel , Avichay Adraee, yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 04 Gicurasi 2026. ‎Yagizi […]

Continue Reading

Rwamagana: Umusore yaburiwe irengero ku munsi w’ubukwe bwe.

Umusore w’imyaka 26 wari usanzwe akora muri rumwe mu nganda zikorera mu cyanya cy’inganda cya Rwamagana, yaburiwe irengero ku munsi w’ubukwe bwe, inzego z’umutekano zihita zitangira kumushakisha. Uyu musore yaburiwe irengero guhera mu rukerera rwa tariki ya 2 Gicurasi aho yashakishijwe aho yari atuye mu Murenge wa Mwulire mu Kagari ka Bishenyi akabura. Mu butumire […]

Continue Reading

Perezida Ruto yongereye 12% ku mushahara w’abakozi ba leta.

Perezida wa Kenya, Dr. William Samoei Ruto, yatangaje ko umushahara w’abakozi ba Leta bose mu gihugu uziyongeraho 12%, uw’abakora mu rwego rw’ubuhinzi n’ubworozi wiyongereho 15%. Yatangaje aya makuru meza ku wa 1 Gicurasi 2026, ubwo Abanyakenya bizihizaga umunsi mpuzamahanga w’umurimo, asobanura ko yafashe iki cyemezo kugira ngo bazashobore no guhangana n’ikibazo cy’ibiciro biri gukomeza kuzamuka. […]

Continue Reading

Perezida Kagame ategerejwe muri Tanzania

Perezida Paul Kagame ategerejwe muri Tanzania, mu ruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe azagirira muri iki gihugu ku Cyumweru tariki ya 3 Gicurasi 2026. Amakuru y’uru ruzinduko yemejwe na Perezidansi ya Tanzania, mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 2 Gicurasi. Muri uru ruzinduko, Perezida Paul Kagame azakirwa anagirane ibiganiro na mugenzi we wa Tanzania, […]

Continue Reading

‎Mu misifurire itavugwaho rumwe Rayon Sports yanganyije na APR FC yuzuza imyaka itatu idatsinda mukeba

‎Ikipe ya Rayon Sports n’iya APR FC zagabanye amanota nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu mukino w’Umunsi wa 29 wa Shampiyona (BK Pro League) wabereye kuri Stade Amahoro. Muri uyu mukino wari witabiriwe n’abafana bari ku kigero cya 80%, Rayon Sports ni yo yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Ndikumana Asman ku munota wa 32 […]

Continue Reading

Al Ahly SC yegukanye ’CAVB Men’s Club Championship 2026’ yaberaga i Kigali.

Al Ahly SC yo mu Misiri yegukanye Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball [CAVB Men’s Club Championship 2026], itsinze Police VC amaseti 3-0 (20-25, 21-25, 22-25). Umukino wa nyuma usoza iri rushanwa ryakinwaga ku nshuro ya 47, wabereye muri BK Arena kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 2 Gicurasi 2026. Al Ahly SC yanditse amateka […]

Continue Reading