Ikipe ya Manchester United yabonye itike yo gukina imikino ya UEFA Champions League y’umwaka utaha nyuma yo gutsinda Liverpool ibitego 3-2 mu mukino wa Shampiyona y’u Bwongereza wabereye kuri Stade ya Old Trafford kuri iki Cyumweru tariki ya 3 Gicurasi 2026.
Imbere y’abafana 74,027, Manchester United yatozwaga na Michael Carrick yinjiye mu mukino isatira cyane ndetse ibona igitego cya mbere ku munota wa gatandatu gitsinzwe na Matheus Cunha.
Nyuma y’iminota umunani gusa, Benjamin Sesko yatsindiye iyi kipe y’i Manchester igitego cya kabiri, bituma amakipe yombi ajya kuruhuka Manchester United iyoboye n’ibitego 2-0 imbere ya Liverpool yari yabuze abakinnyi bakomeye barimo Alexander Isak na Mohamed Salah.
Mu gice cya kabiri, umutoza wa Liverpool, Arne Slot, yakoze impinduka zatumye ikipe ye yigaragaza neza mu kibuga yishyura ibyo bitego byombi mu minota icyenda. Ku munota wa 47, Dominik Szoboszlai yafunguye amazamu ku ruhande rw’abashyitsi nyuma y’ikosa ryakozwe na Amad Diallo wari winjiye asimbura, mbere y’uko Cody Gakpo yishyura igitego cya kabiri ku munota wa 56 ahawe umupira na Szoboszlai wari umaze kuwambura umunyezamu Senne Lammens.
Ibyishimo bya Liverpool ntibyamaze igihe kuko ku munota wa 77, Kobbie Mainoo uherutse kongera amasezerano y’imyaka itanu yatsindiye Manchester United igitego cy’intsinzi ku mupira yateye adahagaritse ari inyuma y’urubuga rw’amahina.
Uku gutsinda kwasobanuye ko Manchester United yisubije icyubahiro imbere ya mukeba wayo, kuko ari inshuro ya mbere iyitsinze mu mikino yombi ya Shampiyona mu mwaka umwe kuva mu mwaka w’imikino wa 2015-2016.
Uyu mukino wasize amateka, ntiwitabiriwe n’uwahoze atoza Manchester United, Sir Alex Ferguson, wajyanywe mu mbangukiragutabara mbere y’uko umukino utangira mu rwego rwo kwirinda nyuma yo kumererwa nabi.
Mu mikino izakurikiraho ya Shampiyona, Manchester United izasura Sunderland ku wa Gatandatu tariki ya 9 Gicurasi, mu gihe Liverpool izakira Chelsea kuri uwo munsi.


What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

