Antoine Cardinal Kambanda, yatangaje ko Kiliziya Gatolika yiteguye Gukoresha ubwenge buhangano (AI) mu iyogezabutumwa.

Arkiyepiskopi wa Kigali akaba na Perezida w’Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda, Antoine Cardinal Kambanda, yatangaje ko Kiliziya Gatolika yiteguye kwinjira byimazeyo mu ikoreshwa ry’ubwenge buhangano (AI) mu iyogezabutumwa, mu rwego rwo kugera ku bantu benshi cyane cyane urubyiruko ruri mu isi y’ikoranabuhanga. Yabitangaje ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 1 Gicurasi 2026, […]

Continue Reading

Leta yishyuye arenga Miliyoni 46 Frw abakozi bayitsinze mu manza muri 2025.

Gufata ibyemezo bidakurikije amategeko byatumye Leta y’u Rwanda ijya mu manza n’abakozi ndetse itsindwa  23% byazo mu mwaka ushize wa 2025, yishyura asaga miliyoni 46 Frw arimo n’indishyi z’akababaro. Raporo y’ibikorwa by’umwaka wa 2024/2025 ya Komisiyo y’ Igihugu ishinzwe Abakozi ba Leta (NPSC), igaragaza ko yakurikiranye imanza zirebana n’umurimo zaciwe, igasanga inzego za Leta 22 […]

Continue Reading

Meteo Rwanda yatangaje ko muri Gicurasi hateganyijwe imvura nke ugereranyije n’isanzwe ihagwa.

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda cyatangaje ko mu ntangiro za Gicurasi 2026, imvura nyinshi yaguye mu kwezi gushize, izagabanukaho milimetero hafi 100 ndetse muri rusange izaba nkeya ugereranyije n’impuzandengo y’imvura yari isanzwe igwa muri uku kwezi. Meteo Rwanda yagaragaje ko mu kwezi kwa Gicurasi mu Rwanda hateganjijwe imvura iri hagati milimetero 50 na 230 kandi […]

Continue Reading

Police VC yabaye ikipe ya mbere yo mu rwanda igeze ku mukino wa nyuma wa Shampiyona Nyafurika.

Police VC yabaye ikipe ya mbere yo mu Rwanda yageze ku mukino wa nyuma wa Shampiyona Nyafurika ya Volleyball ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, nyuma yo gutsinda REG VC amaseti 3-1 (25-20, 22-25,25-17,25-21). Uyu mukino wa ½ wari utegerejwe cyane wabaye ku wa Gatanu, tariki ya 1 Gicurasi 2026 muri BK Arena. Police VC […]

Continue Reading

Undi munyamakuru ukomeye yasezeye kuri television yakoragaho.

Umunyamakuru Rugemana Amena uzwi nka Babu mu biganiro by’imyidagaduro, yemeje ko yasezeye mu kiganiro yakoraga ku Isibo TV, ndetse no kuri iki gitangazamakuru yari amazeho imyaka ine. Amakuru y’isezera rya Babu mu kiganiro ‘The Choice Live’, yari amaze iminsi avugwa, ariko nyiri ubwite ntacyo arabitangazaho, kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 01 […]

Continue Reading

Djibril Ouattara wa APR FC yasuzuguye Rayon Sports mbere y’umukino uzahuza amakipe yombi

Rutahizamu wa APR FC, Djibril Ouattara, yagaragaje ko umukino wa Rayon Sports umworohera cyane kuko uba udakomeye nk’uw’Amagaju FC na Etincelles FC, ndetse yemeza ko yahitamo guhura n’ubwugarizi bw’ayo makipe yombi aho guhura n’ubwa Rayon Sports. Ibi ni bimwe mu byo yatangaje nyuma y’imyiteguro y’umukino w’Umunsi wa 29 wa Shampiyona y’u Rwanda uzahuza APR FC […]

Continue Reading

Rutsiro: Inkuba yamukubitiye mu buriri arapfa.

Umusore witwa Nshimiye ufite imyaka 21 wo mu mu Murenge wa Mukura,Akarere ka Rutsiro, yakubiswe n’inkuba ubwo yari aryamye arapfa. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Rukondo, Akagari ka Kageyo, mu masaha y’ijoro rishyira ku wa 30 Mata 2026. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro yemeje iby’aya makuru. Yemeje ko koko inkuba yakubitiye […]

Continue Reading

Sabah FK ya Joy Lance Mickels yegukanye Igikombe cya Shampiyona.

Sabah FK ikinamo Umunyarwanda Joy Lance Mickels, yegukanye Igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya mbere muri Azerbaijan cya 2025/26. Iyi kipe yabigezeho nyuma y’aho Qarabağ FK ya kabiri yatsinzwe na FK Neftchi ibitego 2-1 mu mukino wabaye kuri uyu wa Kane, tariki ya 30 Mata 2026. Gutsindwa uyu mukino kuri Qarabağ FK byatumye ikinyuranyo cy’amanota ari […]

Continue Reading

Amerika yafatiye ibihano Joseph Kabila.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zatangaje ko zafatiye ibihano Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Urwego rw’iki gihugu rushinzwe imari ni rwo rwatangaje ko rwafatiye ibihano uriya mugabo wayoboye Congo Kinshasa mu gihe cy’imyaka 18. Ni nyuma y’uko Leta ya RDC yakunze kumushinja guha ubufasha inyeshyamba zo mu mutwe […]

Continue Reading

Nyanza: Abaganga bane bakekwaho gutanga serivisi mbi ku mubyeyi warugiye kubyara bafunzwe.

Itsinda ry’abakozi bane b’Ibitaro by’Akarere bya Nyanza, barimo umuganga umwe n’ababyaza batatu, batawe muri yombi bakekwaho guha serivisi mbi umubyeyi witeguraga kubyara bikamuviramo ingorane. Ni igikorwa cyabaye mu mwaka wa 2025, ariko umubyeyi ageza ikirego ku Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), vuba, abo baganga bahita batabwa muri yombi ku wa 28 Mata 2026. Amakuru avuga ko […]

Continue Reading