RSSB Tigers yatangiye neza muri BAL itsinda Al ahli yari ifite iki gikombe.

RSSB Tigers ihagarariye u Rwanda yatangiye neza BAL 2026 itsinda Al Ahly Benghazi yo muri Libya amanota 103-95 mu mukino wa mbere wa Kalahari Conference iri kubera i Pretoria muri Afurika y’Epfo. Uyu mukino wabimburiye indi muri iri tsinda, wari witezwe cyane kuko Al Ahly Benghazi yaherukaga muri 2024 itsindirwa ku mukino wa nyuma, mu […]

Continue Reading

Rafael York yasinyiye ikipe yo muri koreya y’Epfo.

Umukinnyi wo hagati mu Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Rafael York, yakoze amateka yo kuba Umunyarwanda wa mbere ugiye gukina muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Koreya y’Epfo nyuma yo gusinyira ikipe ya FC Anyang avuye muri IK Oddevold. ‎Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 27 Werurwe 2026 ni bwo iyi kipe ibarizwa mu Cyiciro cya Mbere […]

Continue Reading

Umutoza w’ikipe y’Igihugu Amavubi arizeza abanyarwanda impinduka.

Umutoza mushya w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda “Amavubi”, Stephen Costantine, yatangaje ko hari impinduka zatangiye kugaragara mu ikipe, nubwo ashimangira ko bagifite urugendo rusaba igihe n’imbaraga. Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 26 Werurwe 2026, yavuze ko abakinnyi bari gukora cyane kandi ko hashyizweho uburyo bushya mu myitozo, burimo kwita ku buzima bwabo […]

Continue Reading

Senegal igiye gukora umutambagiro yerekana Igikombe cya Africa (AFCON) ikirimo kuburanira.

Mbere y’uko hakinwa umukino w’Ikipe y’Igihugu ya Sénégal na Peru, Ishyirahamwe rya Ruhago muri Sénégal (FSF) ryateguye umutambagiro w’Igikombe cya Afurika mu rwego rwo kwerekana ko rutemeranya n’umwanzuro wo kugiha Maroc. Ku wa 17 Werurwe 2026, Akanama gashinzwe Ubujurire mu Mpuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika (CAF) kemeje ko Igikombe cya Afurika cyegukanywe na Sénégal icyamburwa, […]

Continue Reading

CAS yatangajeko yakiriye ubujirire bwa Sénégal yambuwe Igikombe cya Afurika

Sénégal yatangiye urugamba rwo kwisubiza Igikombe cya Afurika cya 2025 yambuwe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) ikagiha Maroc, yatanze ubujurire bwayo mu Rukiko rwa Siporo ku Isi (CAS). Ku wa 17 Werurwe 2026, Akanama gashinzwe Ubujurire mu Mpuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika (CAF) kemeje ko Igikombe cya Afurika cyegukanywe na Sénégal icyamburwa, kigahabwa Maroc. […]

Continue Reading

RSSB tigers mwisura nshya igeze kure imyiteguro ya BAL.

Iminsi irabarirwa ku ntoki ngo imikino ya BAL 2026 yo mu itsinda ryiswe Kalahari Conference itangire kubera i Pretoria muri Afurika y’Epfo, kuva tariki ya 27 Werurwe kugeza ku ya 4 Mata 2026. U Rwanda ruzahagararirwa na RSSB Tigers yitabiriye iyi mikino ku nshuro ya mbere, isimbuye APR BBC yikuye mu irushanwa. Mu bakinnyi 12 […]

Continue Reading

Kudahabwa ku mafaranga Rayon Sports yahawe mu byatumye Gasogi United yanga gukina?

Nyuma y’uko Gasogi United yanze gukina umukino w’umunsi wa 25 wa Shampiyona yatewemo mpaga na Rayon Sports ku wa 22 Werurwe 2026, hakomeje kwibazwa impamvu yaba yarabiteye ahavugwa nyinshi zirimo no kuba yarifuzaga guhabwa amafaranga yatanzwe na Al Hilal SC kugira yemere impinduka zakozwe. Uyu mukino ubusanzwe wagombaga kubera kuri Kigali Pele Stadium ku Cyumweru, […]

Continue Reading

Angola: Petro de Luanda yateye mpaga 1º de Agosto yabuze ku kibuga.

ikipe ya 1º de Agosto yatewe mpaga na Petro de Luanda mu mukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona wagombaga kuba ku wa 22 Werurwe 2026 ariko iyi kipe ikabura ku kibuga Ibi byabaye ku Cyumweru, tariki 22 Werurwe 2026, aho 1º de Agosto yashakaga ko uyu mukino wayo ukinirwa kuri Stade yayo França Ndala ariko […]

Continue Reading

Ikipe y’igihugu Amavubi yatangiye umwiherero yitegura FIFA series.

Abakinnyi bahamagawe mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda izitabira imikino ya FIFA Series 2026 bageze mu mwiherero ugomba gutangira kuri uyu wa Mbere, tariki ya 23 Werurwe 2026. Ku mugoroba wo ku Cyumweru, tariki ya 22 Werurwe 2026, ni bwo abakinnyi bose bageze kuri hoteli y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), kugira ngo batangire umwiherero. Mu […]

Continue Reading

Al Hilal SC itsinzwe na RS Berkane isezererwa muri CAF Champions League

Ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani ariko iri gukina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda yasezerewe muri CAF Champions League nyuma yo gutsindirwa na RS Berkane kuri Stade Amahoro igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura wabaye kuri iki Cyumweru. Ni umukino watangiye ku isaha ya Saa Kumi n’Ebyiri zuzuye urangira RS Berkane itsinze […]

Continue Reading