Ikipe ya Paris Saint Germain yegukanye igikombe cya Shampiyona y’Ubufaransa, Ligue 1, ku nshuro ya 14 mu mateka yayo, ikaba inshuro ya 5 yikurikiranya.
Paris Saint Germain yateye iyi ntambwe nyuma yo gutsinda Lens ibitego 2-0 mu mukino w’umunsi wa 33 wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu tariki 13 Gicurasi 2026 kuri Stade ya Lens Bollaert-Delelis.
Ibitego bya Paris Saint Germian byatsinzwe na Khvicha Kvaratshelia ku munota wa 29 ndetse na Ibrahim Mbaye mu minota y’inyongera ya nyuma y’umukino.
Iyi ntsinzi yatumye Paris Saint Germain ihita irusha Lens ya kabiri amanota 9 kandi habura umukino umwe gusa ngo Shampiyona irangire, bivuze ko ntakuntu byagenda ku buryo Lens yanyura kuri Paris Saint Germain.
Paris Saint Germain ifite andi mahirwe yo gutwara igikombe muri uyu mwaka w’imikino aho ifite umukino wa nyuma wa UEFA Champions League izacakiranamo na Arsenal tariki 30 Gicurasi 2026.
What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

