Ikipe ya Real Madrid yatangaje ko abakinnyi bayo Federico Valverde na Aurélien Tchouaméni baherutse kurwana basabye imbabazi ariko bakaba baciwe amafaranga angana na miliyoni imwe y’ama euros nk’igihano bombi.
Kuri uyu wa gatanu tariki 8 Gicurasi 2026 nibwo ikipe ya Real Madrid yashyize hanze itangazo rivuga ku mvururu zabaye hagati y’abakinnyi bayo Federico Valverde na Aurélien Tchouaméni zavuyemo imirwano yasize Valverde ataye ubwenge.
Nyuma y’iyi mirwano, Real Madrid yatangaje ko aba bakinnyi bombi basabanye imbabazi, basaba imbabazi ikipe, basaba imbabazi abakinnyi bakinana, basaba imbabazi abatoza, basaba imbabazi abafana ndetse bombi bemera ibihano ikipe igomba kubaha.
Real Madrid yafatiye aba bombi igihano cyo gutanga amafaranga angana na miliyoni imwe y’ama euros aho buri umwe agomba gutanga ibihumbi 500 by’ama eruos.
Si uyu mwuka mubi uvugwa mu ikipe ya Real Madrid gusa kuko aba bakinnyi bombi barwanye nyuma y’uko na Antonio Rudiger yari yarwanye na Álvaro Fernández Carreras.
Uyu mwuka mubiko ukomeje kuza mu ikipe ya Real Madrid mu gihe iri kwitegura umukino wa Shampiyona ukomeye cyane igomba kuzahuramo na mukeba wayo FC Barcelona ku cyumweru tariki 10 Gicurasi 2026 kuri Spotify Camp Nou, Stade ya FC B
What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

