FERWAFA yimye Rayon Sports ibyangombwa by’umutoza Haringingo Francis.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamenyesheje Ikipe ya Rayon Sports ko idashobora kubona ibyangombwa byemerera umutoza Haringingo Francis kuyitoza muri aka kanya kuko hari ikibazo cy’amasezerano agifitanye na Kiyovu Sports yahozemo. Ku wa Kane, tariki ya 2 Mata 2026, ni bwo Rayon Sports yandikiye FERWAFA isaba ko Umutoza wayo mushya, Haringingo Francis, yahabwa ibyangombwa […]

Continue Reading

Kiyovu Sports ikibazo cyayo na Haringingo yamaze kukigeza muri FIFA.

Ikipe ya Kiyovu Sports yamaze kugeza muri FIFA ndetse na FERWAFA, ikibazo ifitanye na Haringingo Francis uheruka kuyisezera akerekeza muri Rayon Sports. Hashize igihe gito ikipe ya Kiyovu Sports igaragaje ko ifitanye ikibazo na Haringingo Francis nyuma yo gusezera iyi kipe akemera kuyishyura amafaranga y’Amezi abiri, ariko Kiyovu Sports ntiyanyurwa n’uko abasezeye agahita yerekeza muri […]

Continue Reading

RSSB Tigers BBC yakoze amateka, ikatisha itike yo gukina imikino ya nyuma izabera i Kigali

RSSB TIGERS yanditse amateka igera muri playoffs za BAL 2026 itsinze Joburg giants. Ikipe ya RSSB Tigers  ikomeje kwitwara neza mu irushanwa rya Basketball Africa League 2026 nyuma yo gutsinda Joburg Giants amanota 102 kuri 89, ihita inabona itike ya Playoffs zizabera i Kigali muri Gicurasi 2026. Uyu mukino wabereye muri SunBet Arena waranzwe n’ihangana […]

Continue Reading

DRC yabonye itike yo gukina igikombe cy’isi bigoranye.

Ikipe y’igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yabonye itike yo gukina igikombe cy’Isi itsinze Jamaica igitego 1-0. Mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 31 Werurwe 2026, nibwo mu gihugu cya Mexico hakiniwe umukino wahuje ikipe y’igihugu ya DRC na Jamaica. Ni umukino warangiye ikipe ya DRC ibonye itike nyuma y’igitego cyatinzwe na Axel […]

Continue Reading

Rayon Sports yatangaje Haringingo nk’Umutoza wayo nyuma y’imyaka irenga 3 ayivuyemo.

Ikipe ya Rayon Sports yatangaje Haringingo Francis Christian watozaga Kiyovu Sports nk’umutoza wayo mukuru nyuma y’iminsi 1,035 ayivuyemo. Kuri uyu wa Kabiri, Rayon Sports ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga yanditse iti:”Twishimiye gutangaza ko Umutoza Mukuru Haringingo Francis yagarutse nyuma y’iminsi 1,035. Isura imenyerewe, umuyobozi wemewe n’igice cy’umuryango wacu, ikaze mu rugo. Ntawatatanya umwana n’umuryango wacu.” Rayon Sports […]

Continue Reading

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yegukanye igikombe cya FIFA Series.

‎Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ yegukanye Igikombe cya FIFA Series 2026 mu Itsinda A nyuma yo gutsinda Estonia ibitego 2-0 mu mukino wa nyuma wabereye kuri Stade Amahoro yari yuzuye abafana mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki ya 30 Werurwe 2026, witabiriwe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame. Uyu mukino w’amateka wahuzaga u […]

Continue Reading

Aruba yegukanye igikombe cya FIFA Serie mw’itsinda B ryakiniraga kuri Kigali Pele Stadium.

Aruba yanyagiye Liechtenstein ibitego 4-1 mu mukino wa nyuma w’irushanwa rya FIFA Series 2026 mu Itsinda B, ikora amateka yo kwegukana igikombe ku nshuro ya mbere gikiniwe i Kigali. Kuri iki Cyumweru, tariki ya 29 Werurwe 2026, ni bwo kuri Kigali Pelé Stadium habereye imikino ya nyuma yo mu Itsinda B, ry’iyi mikino itegurwa n’Ishyirahamwe […]

Continue Reading

RSSB Tigers ibonye insinzi yayo ya kabiri mu mikino ya BAL nyuma yo gutsinda Petro de Luanda(AMAFOTO).

RSSB Tigers ihagararariye u Rwanda muri BAL 2026, yatsinze Petro de Luanda yo muri Angola amanota 82-78, ibona intsinzi ya kabiri muri Kalahari Conference. Uyu mukino wabaye ku mugoroba wo ku Cyumweru, tariki ya 29 Werurwe 2026. Wari uhanzwe amaso kuko amakipe yombi ahabwa amahirwe yo kuyobora iri tsinda. Ni umukino watangiye ugenda gake cyane […]

Continue Reading

Kapiteni Bizimana Djihad Yijeje abanyarwanda Gutwara igikombe baheruka 1999.

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, Bizimana Djihad, yasabye Abanyarwanda kongera kubashyigikira kuko biteguye gukora byose bakegukana Igikombe cya FIFA Series 2026 kizandikwa mu mateka. Ibi ni bimwe mu byo yatangarije mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, kuri iki Cyumweru, tariki ya 29 Werurwe 2026, gitegura umukino wa nyuma w’imikino ya FIFA Series iri kubera i Kigali. […]

Continue Reading

Mu mukino warebwe na Perezida Kagame amavubi yanyagiye Grenada atanga ibyishimo ku banyarwanda.

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda,Amavubi yanyagiye Grenada 4-0 mu mukino w’amateka wa FIFA Series 2026 wakurikiwe na Perezida Kagame muri Stade Amahoro. ‎Uyu mukino watangiye Saa Tatu z’ijoro, utangirana imbaraga ku makipe yombi, ariko ikipe y’igihugu y’u Rwanda ukabona ko iri imbere nk’ikipe iri mu rugo, iminota 15 irangiye ikipe y’igihugu ya Grenada yasubiye inyuma maze […]

Continue Reading