Mukuru VS&L yashyize hanze umwanya w’umutoza mukuru

Ikipe ya Mukura VS&L yashyize hanze itangazo ry’akazi ku muntu wifuza gutoza iyi kipe yo mu karere ka Huye. Bimwe mu bisabwa ikipe ya Mukura yatangaje ku mutoza yifuza harimo kuba afite ibyangombwa bimwemerera gutoza mu kiciro cya mbere mu Rwanda (CAF A Diploma cyangwa UEFA Pro License cyangwa ikindi cyangombwa bihwanye), kuba amazi byibuze […]

Continue Reading

Chelsea yemeje ko Cucurella yagiye muri Real Madrid

Ikipe ya Chelsea yo mu Bwongereza yatangaje ko Marc Cucurella wari umukinnyi wayo yamaze kwerekeza muri Real Madrid kuri miliyoni €60. Umunya-Espagne Marc Cucurella w’imyaka 27 yerekeje muri Real Madrid nyuma y’imyaka 27 yaramaze akinira ikipe ya Chelsea, yagezemo avuye muri Brighton & Hove Albion. Si ubwa mbere Cucurella ukina ku ruhande rw’ibumoso yugarira agiye […]

Continue Reading

APR FC na Rayon Sports zizakinira umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro muri Sitade Amahoro

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko bidasubirwaho imikino ya nyuma y’Igikombe cy’Amahoro mu bagore n’abagabo, izabera muri Sitade Amahoro. Mu cyiciro cy’abagore, Police WFC izahura na Rayon Sports WFC ku mukino wa nyuma uzatangira saa 15:00 naho mu bagabo ikipe ya APR FC izacakirana na Rayon Sports saa 18:00. Iyi mikino yombi izakinwa […]

Continue Reading

Volleyball: Amakipe arenga 50 ategerejwe muri Rutsindura Memorial Tournament 2026

Abategura irushanwa ngarukamwaka rya volleyball ryo kwibuka Rutsindura Alphonse batangaje ko amakipe akabakaba 60 ari mu byiciro 10 ariyo yamaze kwiyandikisha ngo azitabire iri rushanwa ribera mu Iseminari Nto ya Butare. Kuri uyu wa kabiri tariki 19 Gicurasi 2026 nibwo hatangajwe amakipe y’agateganyo yamaze kwiyandikisha yemeza ko azitabira irushanwa ryo Kwibuka Rutsindura, Rutsindura Memorial Tournament […]

Continue Reading

USM Alger yegukanye igikombe cya CAF Confederation Cup bwa kabiri mu mateka yayo

Ikipe ya USM Alger yo muri Algérie yegukanye igikombe cya CAF Confederation Cup nyuma yo gutsinda Zamalek yo mu Misiri kuri Penaliti 8-7 nyuma y’uko amakipe yari yanganyije igitego 1-1. Kuri uyu wa gatandatu tariki 16 Gicurasi 2026 nibwo hakinwe umukino wo kwishyura wa nyuma wabereye mu Misiri hagati ya Zamalek na USM Alger. Umukino […]

Continue Reading

Cristiano Ronaldo yanze gufata umudari nyuma yo gutakaza igikombe

Cristiano Ronaldo yongeye gutakaza igikombe mu ikipe akinira ya Al Nassr yo muri Saudi Arabia nyuma y’uko itsinzwe na Gamba Osaka yo mu Buyapani igitego 1-0 ku mukino wa nyuma wa AFC Champions League Two. Uyu mukino wakinwe mu ijoro ryo kuri uyu wa gatandatu tariki 16 Gicurasi 2026, wabereye i Riyadh muri Alawwal Park, […]

Continue Reading

APR FC yegukanye igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda nyuma yo kunganya kwa Rayon Sports

Ikipe ya APR FC yegukanye igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League 2025/26, nyuma y’uko Rayon Sports inganyije na Gorilla FC igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa 32 wa Shampiyona. Umukino wa Rayon Sports na Gorilla FC wakinwe ku mugoroba wo kuri uyu wa 5 tariki 15 Gicurasi 2026 kuri Kigali Pele Stadium. Gorilla […]

Continue Reading

Aston Villa yongeye gusubira muri UEFA Champions League nyuma y’umwaka umwe

Ikipe ya Aston Villa yabonye itike yo kuzakina imikino ya UEFA Champions League y’umwaka utaha w’imikino nyuma yo gutsinda Liverpool ibitego 4-2 mu mukino wa Shampiyona. Uyu mukino wabaye mu ijoro ryatambutse ryo kuri uyu wa gatanu tariki 15 Gicurasi 2026 kuri Sitade ya Aston Villa, Villa Park, ukaba wari umukino w’umunsi wa 37 wa […]

Continue Reading

Michael Carrick azakomeza kuba umutoza wa Manchester United

Michael Carrick azakomeza kuba umutoza wa Manchester United nyuma yo kwitwara neza muri iyi kipe nk’uko byatangajwe ku n’umunyamakuru uzwi ku isi mu gutangaza amakuru y’igura n’igurisha mu mupira w’amaguru Fabrizio Romano. Uyu munyamakuru yatangaje ko Michael Carrick ahabwa amasezerano y’imyaka ibiri ariko ishobora kongerwaho umwaka umwe cyangwa agahabwa imyaka 3 ako kanya, kandi ngo […]

Continue Reading

Ikipe ya Yanga Africans yatangaje umushinga wo kubaka sitade

Ikipe ya Yanga Africans yo muri Tanzania yatangaje umushinga wo kubaka sitade yayo nshya izajya ikinira ifite ubushobozi bwo kwakira abafana ibihumbi 20 kandi ifite ikoranabuhanga rigezweho. Sitade nshya ya Yanga Africans izuzura mu gihe kiri hagati y’amezi 18-20 ari imbere. Perezida wa Yanga Africans, Eng. Hersi Ally Said yatangaje ko iyi sitade izubakwa ku […]

Continue Reading