Ikipe ya Al Nassr yanganyije n’ikipe ya Al Hilal igitego 1-1 bituma itabasha guhita yegukana igikombe cya Shampiyona ya Saudi Arabia kuko yasabwaga gutsinda kugira ngo ihite icyegukana.
Mu mukino wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri tariki 12 Gicurasi 2026, Al Nassr yari yakiriye uyu mukino kuri sitade yayo Alawwal Park yabanje gufungura amazamu ku munota wa 37 ku gitego cyatsinzwe na Mohamed Simakan.
Ikipe ya Al Hilal yaje kwishyura iki gitego mu minota y’inyongera y’umukino ku makosa y’umuzamu Bento wa Al Nassr aho barenguye umupira, yasimbuka agiye kuwufata ugahita umuca mu myanya y’intoki.
Nyuma yo kunganya uyu mukino, Al Nassr iracyari iya mbere ku rutonde rwa Shampiyona n’amanota 83, ikarusha Al Hilal ya kabiri amanota 5 ndetse n’umukino umwe, ibi bivuze ko Al Nassr isabwa gutsinda umukino umwe isigaranye kugira ngo itware igikombe cya Shampiyona cyangwa Al Hilal igatsindwa cyangwa ikanganya umukino byibuze umwe mu mikino 2 isigaranye.
Al Nassr izakina umukino wayo wa nyuma tariki 21 Gicurasi 2026 ihura na Damac iri kurwanira kuguma mu kiciro cya mbere kuko kugeza ubu iri ku mwanya wa 15 mu makipe 18 n’amanota 26.
Mu gihe Al Nassr yatwara iki gikombe, kizaba ari igikombe cya kabiri Cristiano Ronaldo atwaye kuva yagera muri iyi kipe mu Kuboza 2022, kibe icya Shampiyona cya mbere azaba atwaranye n’iyi kipe amaze gutsindira ibitego birenga 121 mu mikino 140.
What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

