Minisitiri w’Ingabo wa Israel yashinje Lamine Yamal kwangisha abantu Abayahudi.

Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Israel Katz, yanenze Rutahizamu wa FC Barcelone, Lamine Yamal, wagaragaye afite ibendera rya Palestine ubwo abakinnyi b’iyi kipe y’i Catalonia bari mu birori byo kwishimira igikombe cya Shampiyona ya Espagne batwaye. Israel Katz yavuze ko ibyo Lamine Yamal yakoze ari igikorwa cyo gukwirakwiza urwango no gukangurira abantu kurugira. Yamal w’imyaka 18 […]

Continue Reading

APR FC yegukanye igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda nyuma yo kunganya kwa Rayon Sports

Ikipe ya APR FC yegukanye igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League 2025/26, nyuma y’uko Rayon Sports inganyije na Gorilla FC igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa 32 wa Shampiyona. Umukino wa Rayon Sports na Gorilla FC wakinwe ku mugoroba wo kuri uyu wa 5 tariki 15 Gicurasi 2026 kuri Kigali Pele Stadium. Gorilla […]

Continue Reading

Aston Villa yongeye gusubira muri UEFA Champions League nyuma y’umwaka umwe

Ikipe ya Aston Villa yabonye itike yo kuzakina imikino ya UEFA Champions League y’umwaka utaha w’imikino nyuma yo gutsinda Liverpool ibitego 4-2 mu mukino wa Shampiyona. Uyu mukino wabaye mu ijoro ryatambutse ryo kuri uyu wa gatanu tariki 15 Gicurasi 2026 kuri Sitade ya Aston Villa, Villa Park, ukaba wari umukino w’umunsi wa 37 wa […]

Continue Reading

Minisitiri w’Intebe Dr Nsengiyumva yakiriye mugenzi we wa Côte d’Ivoire

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Nsengiyumva Justin yakiriye mugenzi we wa Côte d’Ivoire Robert Beugré Mambé bagirana ibiganiro byibanze ku bufatanye mu nzego zitandukanye. Ni ibiganiro byabaye ku gicamutsi cyo kuri uyu ku wa 15 Gicurasi 2026. Minisitiri w’Intebe Robert Beugré Mambé ari mu Rwanda aho yitabiriye inama ya 13 ya Africa CEO Forum ihuza […]

Continue Reading

U Rwanda rugiye kwakira inama yiga ku ikoresha ry’ingufu za nucléaire muri Africa

U Rwanda rugiye kwakira Inama Nyafurika yiga ku ikoreshwa ry’ingufu za nucléaire izateranira i Kigali kuva ku wa 18-21 Gicurasi 2026 muri Kigali Convention Centre. Iyi nama izwi nka “Nuclear Energy Innovation Summit for Africa” ihuriza hamwe, abakuru b’ibihugu, abahagarariye ibihugu byabo, abahanga mu ikoranabuhanga, ndetse n’abahanga mu bijyanye n’ingufu za nucléaire, harebwa uko izi […]

Continue Reading

Michael Carrick azakomeza kuba umutoza wa Manchester United

Michael Carrick azakomeza kuba umutoza wa Manchester United nyuma yo kwitwara neza muri iyi kipe nk’uko byatangajwe ku n’umunyamakuru uzwi ku isi mu gutangaza amakuru y’igura n’igurisha mu mupira w’amaguru Fabrizio Romano. Uyu munyamakuru yatangaje ko Michael Carrick ahabwa amasezerano y’imyaka ibiri ariko ishobora kongerwaho umwaka umwe cyangwa agahabwa imyaka 3 ako kanya, kandi ngo […]

Continue Reading

Ikipe ya Yanga Africans yatangaje umushinga wo kubaka sitade

Ikipe ya Yanga Africans yo muri Tanzania yatangaje umushinga wo kubaka sitade yayo nshya izajya ikinira ifite ubushobozi bwo kwakira abafana ibihumbi 20 kandi ifite ikoranabuhanga rigezweho. Sitade nshya ya Yanga Africans izuzura mu gihe kiri hagati y’amezi 18-20 ari imbere. Perezida wa Yanga Africans, Eng. Hersi Ally Said yatangaje ko iyi sitade izubakwa ku […]

Continue Reading

Kigali International Peace Marathon igiye gukinwa ku nshuro ya 21, ikinwe mu minsi ibiri

Irushanwa Mpuzamahanga ryo gusiganwa ku Maguru, Kigali International Peace Marathon, rigiye gukinwa ku nshuro ya 21, rikazakinwa tariki 13-14 Kamena 2026. Bwa mbere mu mateka yaryo, iri rushanwa ngarukamwka ni ubwa mbere rizaba rikinwe mu gihe cy’iminsi ibiri. Ku munsi wa mbere hazakinwa ‘Run for Peace’ yitabirwa n’abatabigize umwuga, aba bazasiganwa ibilometero 10 bishimisha naho […]

Continue Reading

Hatangajwe ingengabihe ya Shampiyona y’u Rwanda y’umupira w’amaguru ya 2026/27

Urwego rushinzwe gutegura Shampiyona y’u Rwanda, Rwanda Premier League, rwatangaje ko Shampiyona y’u Rwanda y’umwaka w’imikino wa 2026/27 izatangira ku wa gatanu tariki 4 Nzeri 2026, igasozwa ku Cyumweru tariki 30 Gicurasi 2027. Ibi Rwanda Premier League yabitangaje kuri uyu wa gatanu tariki 15 Gicurasi 2026. Yatangaje ko igice cya mbere cya Shampiyona kizatangira tariki […]

Continue Reading

Imibare yabishwe na Ebola ikomeje kwiyongera nyuma yuko yubuye umutwe muri Congo.

Ikigo cy’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gishinzwe kurwanya no gukumira indwara (Africa CDC), cyatangaje ko icyorezo cya Ebola cyongeye kugaragara muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho kimaze kwica abantu 65 mu Ntara ya Ituri. Ni ibikubiye mu itangazo iki kigo cyasohoye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15 Gicurasi 2026. Africa CDC ivuga ko […]

Continue Reading

Ubushinjacyaha bwongeye gusabira DJ Toxxyk gufungwa imyaka itanu nyuma yo kutanyurwa n’Igihano Gisubitse yahawe.

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge gukatira Shema Arnaud de Bosscher uzwi nka DJ Toxxyk igifungo cy’imyaka itanu no kumuca ihazabu ya 2.210.000 Frw, bugaragara ko ibihano yari yarakatiwe ari bito. DJ Toxxyk yatawe muri yombi tariki ya 21 Ukuboza 2025, nyuma yo gukorera impanuka mu Karere ka Nyarugenge mu rukerera rw’umunsi wabanje, […]

Continue Reading