Ikigo cy’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gishinzwe kurwanya no gukumira indwara (Africa CDC), cyatangaje ko icyorezo cya Ebola cyongeye kugaragara muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho kimaze kwica abantu 65 mu Ntara ya Ituri.
Ni ibikubiye mu itangazo iki kigo cyasohoye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15 Gicurasi 2026.
Africa CDC ivuga ko nyuma yo kuganira na Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’ikigo cy’ubuzima cyaho, byagaragaye ko ibipimo byapimiwe muri ‘laboratoire’ byerekanye ko mu bipimo 20, ibigera kuri 13 byarimo virusi ya Ebola.
Iki Kigo Nyafurika gishinzwe kurwanya no gukumira indwara kivuga ko kandi ubu mu Ntara ya Ituri iri mu Majyaruguru y’u Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hamaze kugaragara abantu 246 bakekwaho indwara ya Ebola muri bo 65 yabishe.
Abandi bane bane nabo bishwe na Ebola mu Mujyi wa Bunia nawo wo mu Ntara ya Ituri.
Africa CDC ivuga ko ubu iri gukora inama n’ibihugu birimo Uganda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Sudani y’Epfo n’abandi bafatanyabikorwa mpuzamahanga ngo bakurikirane ikwirakwira ry’icyo cyorezo ndetse bakaze ubugenzuzi ku mipaka.
Muri rusange Congo imaze kwibasirwa n’Icyorezo cya Ebola inshuro 17 mu bihe bitandukanye kuva mu 1976.
What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

