Mu irahira rya Museveni basengeye Janet Museveni urwaye.

Umuhango wo kurahira kuyobora Uganda muri manda ye ya karindwi, Perezida Yoweli Kaguta Museveni yaje atari kumwe n’umugore we Janet Kataha Museveni. Umushumba mukuru wa Anglikani muri Uganda, afashe umwanya wo gusenga, yagize ati “Mana turagushumira ko ukiza Mama Jeannette Museveni urwaye, ndetse ugakomeza kwita ku muryango we, ukabashoboza.” Museveni, yambaye ishati yera, n’ipantaro y’umukara […]

Continue Reading

Perezida Suluhu yahaye umuraperi Professor Jay miliyoni 16,7 Frw yo kwiyondora nyuma y’uburwayi.

Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan, yahaye umuraperi Professor Jay ufatwa nk’umunyabigwi muri Hip Hop miliyoni 30 z’Amashilingi ya Tanzania (asaga miliyoni 16,7 z’amafaranga y’u Rwanda) yo kwiyondora wari umaze igihe arwaye. Ni igikorwa cyabaye ku mugoroba w’itariki 11 Gicurasi 2026, ubwo Minisitiri wungirije ushinzwe itangazamakuru, umuco, ubuhanzi na siporo muri Tanzania, Hamis Mwinjuma, yasuraga […]

Continue Reading

Batse gatanya nyuma y’iminota 3 bashyingiranwe.

Muri Kuwait, habaye inkuru yatunguye benshi nyuma y’uko umugabo n’umugore bari bamaze gushyingiranwa batandukanye hashize iminota itatu gusa bakoze ubukwe bwemewe n’amategeko. Amakuru avuga ko nyuma yo gusinya impapuro z’ubukwe mu rukiko, aba bombi bari basohotse mu nyubako bishimira ko babaye umugabo n’umugore. Icyo gihe umugeni ngo yatsikiye imbere y’abantu benshi. Aho kugira ngo umugabo […]

Continue Reading

Rwanda premier league yakuyeho urujijo ku bibazaga niba hazatangwa igikombe kimwe cyangwa bibiri.

Urwego rutegura BK Pro League, Rwanda Premier League, rwatangaje ko hatazangwa ibikombe bibiri ku mpera z’uyu mwaka w’imikino nk’uko byari byaratangajwe mbere. Byatangajwe binyuze mu itangazo uru Rwego rwashyize ahagaragara mu gitondo cyo kuri ku wa Kabiri, tariki ya 12 Gicurasi 2026. Rwavuze ko “nk’uko byari byatangajwe mu kiganiro FERWAFA na RPL byagiranye n’abanyamakuru bamurikirwa […]

Continue Reading

Perezida Kagame ategerejwe muri Kenya mu nama ihuza Africa n’u Bufaransa

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, ategerejwe i Nairobi muri Kenya mu Nama ihuza Africa n’u Bufaransa iba kuri uyu wa 11 no ku wa 12 Gicurasi 2026.‎‎Byagarutsweho na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, ubwo yaganiraga na RBA muri uyu wa Mbere.‎‎Minisitiri Nduhungirehe, yavuze ko iyi nama izahuza Abakuru b’Ibihugu bagera kuri 30 baganire […]

Continue Reading

Amerika: Abantu babiri bagaragaje ibimenyetso bya ‘Hantavirus’

Abantu babiri mu Banyamerika 17 bari mu bwato bwa M/V Hondius bwagaragayemo Hantavirus, bagaragaje ibimenyetso ndetse umwe yasanzwemo imwe muri virusi zigize Hantavirus. Byatangajwe n’urwego rw’ubuzima rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, NNS, ndetse rwavuze ko abo Banyamerika bose bari muri ubwo bwato uko ari 17 bahawe indege ibasubiza muri Amerika kugira ngo bajye kwitabwaho […]

Continue Reading

Muhanga: Impanuka ikomeye yahitanye abantu babiri, 15 barakomereka.

Polisi y’Igihugu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, yatangaje ko mu Karere ka Muhanga habereye impanuka ikomeye yahitanye abantu babiri, igakomeretsa 15. Iyi mpanuka yabereye mu Mudugudu wa Busozi, Akagari ka Kivumu, Umurenge wa Cyeza, Akarere ka Muhanga ku mugoroba wo ku wa 10 Gicurasi 2026. Umuvugizi wa Polisi, Ishami rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, […]

Continue Reading

Bwa mbere mu mateka FC Barcelona yatwariye igikombe cya shampiyona kuri Real Madrid.

Ikipe ya FC Barcelona yegukanye igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Espagne bisabye ko itsinda Real Madrid bwa mbere mu mateka. Kuri iki Cyumweru tariki ya 10 Gicurasi 2026 saa Tatu z’ijoro kuri Spotify Camp Nou ni bwo FC Barcelona yari yakiriye Real Madrid mu mukino wo ku munsi wa 35 wa shampiyona ya […]

Continue Reading

‎Trump yanenze igisubizo cyatanzwe na Iran ku ngingo 14 zo guhagarika intambara

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko atanyuzwe n’igisubizo Iran yatanze ku ngingo 14 iherutse kuyoherereza binyuze ku muhuza Pakistan mu rwego rwo kurangiza intambara.‎‎Ni ingingo Amerika yohereje Iran ku wa 02 Gicurasi 2025.‎‎Abinyujije ku rubuga rwa Truth Social, Trump, yatangaje ko Iran imaze imyaka 47 ikinisha Amerika, ashimangira ko atanyuzwe […]

Continue Reading

Ruhango: Imibiri 108 y’abazize Jenoside yimuwe ishyingurwa mu cyubahiro.

Ku wa 10 Gicurasi 2026, ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Ruhango mu Karere ka Ruhango, hashyinguwe  mu cyubahiro imibiri 108 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yimiwe aho yari yarashyinguwe hataboneye. Urwibutso rwa Ruhango rwashyinguwemo iyo mibiti rusanzwe ruruhukiyemo abasaga 22,000 bambuwe ubuzima mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.  Bizimana Celestin, umwe mu bimuriye […]

Continue Reading