Rayon Sports yaguye miswi na Gorilla FC mu mukino wa 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro

Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Gorilla FC 1-1 mu mukino ubanza wa 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro wakinwe kuri uyu wa Gatatu saa Kumi n’ebyiri muri Kigali Pele Stadium. Umukino watangiye Gorilla FC ihererekanya neza ariko ikabikorera mu rubuga rwayo. Ku munota wa 11 Gorilla FC yafunguye amazamu ku mupira wazamuwe neza ubundi Kanamugire Roger ashyiraho […]

Continue Reading

Umujyi wa Kigali wagennye ‘ibisate’ by’imihanda yahariwe bisi mu byerekezo bine

Umujyi wa Kigali watangaje ko hagiye gushyirwaho ibisate by’imihanda byihariye bizajya bikoreshwa n’imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange, mu rwego rwo kugabanya umuvundo w’ibinyabiziga mu mihanda no kwihutisha ingendo. Ibi byatangajwe n’Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Ntirenganya Emma Claudine nkuko tubikesha ikinyamakuru IGIHE mu kiganiro bagiranye aho yavuze ko iyi gahunda izatangira gukoreshwa ku wa […]

Continue Reading

Perezida Kagame yakurikiye umukino wa mbere wa ‘CAVB Men’s Club Championship 2026’.

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino wa mbere w’irushanwa rya ’CAVB Men’s Club Championship 2026’ rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku Mugabane wa Afurika muri Volleyball, warangiye APR VC itsinze Black Rhinos amaseti 3-0. u mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki ya 22 Mata 2026, ni bwo muri BK Arena hatangiye kubera iri rushanwa. Ibirori […]

Continue Reading

Ubwiza bw’inzu ya Mutesi Jolly mu bikomeje kwugarukwaho Ahantu hose.

Nyampinga w’u Rwanda 2016, Mutesi Jolly, yashyize ahagaragara amashusho y’iminota itanu n’amasegonda 38’ agaragaza inzu ye nshya aherutse kuzuza i Kibagabaga mu Mujyi wa Kigali, ikomeje kuvugisha benshi bitewe n’ubwiza n’imiterere yayo igezweho. Iyi nzu igeretse Gatatu yubatswe ku buso bugari, ikaba irimo ibyumba byo kuraramo bitanu birimo icy’umwihariko cya nyirayo cyubatse mu buryo bugezweho […]

Continue Reading

Nyamasheke: Akurikiranyweho kwica uruhinja rw’umugore we arukandagiye mu gatuza.

Nshimiyimana Emmanuel w’imyaka 26, wo mu Mudugudu wa Nyamikingo, Akagari ka Gasheke, Umurenge wa Bushenge, Akarere ka Nyamasheke, yatawe muri yombi akekwaho kwica umwana w’amezi 8 umugore bari bamaranye ukwezi kumwe gusa bishyingiye witwa Niyodusenga Jeannette w’imyaka 20 yahashakanye. Amakuru dukesha Imvaho nshya, Umuturanyi wabo yavuze ko uyu nyir’umwana yijyanye kuri uyu musore mu kwezi […]

Continue Reading

Leta yategetse ibigo byayo kugura imodoka zikoresha amashanyarazi.

Minisiteri y’Ibikorwaremezo yasabye ibigo bya Leta ko mu modoka nshya bizagura, hagomba kubamo nibura 30% zikoresha amashanyarazi hagamijwe kugabanya ibyo kwishingikiriza lisansi na mazutu, no kugabanya imyuka ihumanya u Rwanda rwohereza mu kirere. Ni ibikubiwe mu ibaruwa yandikiwe abashinzwe imari mu bigo bya Leta byose yo ku wa 14 Mata 2026. Iki cyemezo kigamije gushyira […]

Continue Reading

Ibiciro by’udukingirizo bigiye kwiyongera kubera intambara ya Iran na Amerika.

Ubuyobozi bw’uruganda rwa Karex rwo muri Malaysia rukora udukingirizo twinshi ku Isi rwatangaje ko rugiye kuzamura ibiciro byatwo ku kigero cya 30% kubera uburyo intambara ihuza Amerika na Iran ikomeje gutuma ibikoresho byifashishwa mu kudukora bibura. Ibi byatangajwe n’Umuyobozi w’uru ruganda, Goh Miah Kiat mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, aho yavuze ko gukora udukingirizo bisigaye bigoye […]

Continue Reading

RIB yataye muri yombi abatekamutwe bagurisha ikilo cy’uburo kuri Miliyoni hafi eshatu Frw.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abantu icyenda bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye birimo n’ubutekamutwe bwo kugurisha abantu uburo ku mafaranga Miliyoni hafi eshatu z’Amafaanga y’u Rwanda ku kilo. Abakurikiranywe bari mu matsinda abiri arimo irigizwe n’abantu barindwi, batandatu muri bo bakaba baramaze gutabwa muri yombi, mu gihe mugenzi wabo akirimo gushakishwa. Irindi rigizwe n’abantu batatu, […]

Continue Reading

RURA yahamagaje Canalbox kubera serivisi mbi abakiriya bayo bamaze iminsi binubira.

Urwego Ngenzuramikorere, RURA, rwatangaje ko rwahamagaje Canalbox kugira ngo itange ibisobanuro n’ingamba zihuse ku makosa amaze iminsi agaragara mu mitangire ya serivisi zayo Hashize iminsi mike abantu bagaragaza ko internet ya Canalbox igenda gake, by’umwihariko abakenera gukora ibisaba internet nyinshi bagorwa cyane. Itangazo RURA yashyize hanze ku wa 21 Mata 2026 rivuga ko uru rwego […]

Continue Reading

Bishop Harerimana wayoboraga Zeraphat Holy Church  yasabiwe gufungwa imyaka irindwi

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, guhamya Bishop Harerimana Jean Bosco ibyaha bumukurikiranyeho, agahanishwa igihano cy’igifungo cy’imyaka irindwi. Bishop Jean Bosco Harerimana wayoboraga Zeraphat Holy Church yaburanye mu mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, kuri uyu wa Kabiri. Kuri iyi nshuro iburanisha ry’uru rubanza ryabereye mu ruhame bitandukanye n’uko byari bimeze mbere ubwo abaregwa baburanaga ku […]

Continue Reading