Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma y’iraswa ryabereye aho yarari.

NEWS

Biravugwa ko amasasu yarashwe mu gihe Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yari yitabiriye gusangira n’abanyamakuru i Washington mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, itariki ya 25 Mata, aho abatangabuhamya n’abanyamakuru ba AFP bavuze ko muri hotel humvikanye urusaku rwinshi rw’amasasu. Abashyitsi bari bambaye karuvati b’Abanyamakuru bakorera kuri White House ‘birutse bajya kwihisha munsi y’ameza.

Amatsinda y’abashinzwe umutekano bafite imbunda bahise bagera kuri stage aho Trump yari yicaye mu gihe cyo gufata ifunguro mbere y’uko yimurwa. Abapolisi bahise buzura muri Hilton Hotel y’i Washington Hilton aho ibirori byabereye, kajugujugu zitangira kurinda ikirere cyaho.

CNN n’ibindi bitangazamakuru byo muri Amerika byatangaje ko Trump na Visi Perezida Vince ntacyo babaye.

Amakuru y’ibanze avuga ko umuntu ukekwaho kuba yarashe ari mu maboko y’abashinzwe umutekano wa perezida.  Ni mu gihe amakuru ataremezwa neza yerekana ko umuntu umwe yakomeretse, nubwo amakuru arambuye ku cyateye ibikomere atabonetse.

Ibi byabaye nyuma y’ijambo ry’ikaze ndetse no mu gihe cyo kurya, mbere y’uko Trump yagombaga gufata ijambo. Abayobozi mu buyobozi bwa Trump basaga nk’aho bimuwe mbere kandi ntiharamenyekana neza uko byagenze.

Umwe mu bagize guverinoma, Mehmet Oz, yavuze ko “amasasu yarasiwe hejuru” mu igorofa ubwo yari arimo gusohorwa n’abashinzwe umutekano.

Trump aheruka kurokoka urupfu ubwo yari mu kwiyamamaza kwabereye i Butler, muri Pennsylvania mu 2024. Umuntu witwaje imbunda yarashe amasasu menshi, ahitana umwe mu bari bitabiriye kwiyamamaza, ndetse anakomeretsa byoroheje perezida ku gutwi.

Nyuma y’amezi make, undi mugabo yatawe muri yombi nyuma y’uko ushinzwe kurinda perezida abonye umunwa w’imbunda unyeganyega mu gihuru hafi y’ikibuga cya  golf cya West Palm Beach aho Trump yakiniraga.

Ubwo abashinzwe umutekano bahungishaga Trump.

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *