FERWAFA yahagaritse Imurora na Ndatimana bakekwaho ‘match fixing’ n’amarozi.

‎Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryafashe icyemezo cyo guhagarika by’agateganyo Imurora Hakizimana Japhet utoza mu Magaju FC na Ndatimana Olivier ushinzwe ibikoresho muri Gorilla FC kubera imyitwarire idahwitse bagaragaje mu mikino iheruka Iri tangazo ryasohotse kuri uyu wa Gatanu tariki ya 24 Mata 2026, rivuga ko aba bombi bahagaritswe mu bikorwa byose bijyanye n’umupira […]

Continue Reading

Abimukira bavanywe muri Amerika bakajyanwa muri RDC, ntago bahishimiye.

Abimukira bavanywe muri Amerika bakoherezwa muri Congo, bari mu rungabangabo, aho bamwe bavuga ko bifuza gusubira mu bihugu bavukamo aho kuba ahantu batazi, batanizeye ahazaza habo. Aba bimukira bageze muri RDC mu mpera z’icyumweru gishize nyuma y’amasezerano yasinywe n’impande zombi, aho Amerika yohereza muri iki gihugu gituranye n’u Rwanda abimukira bayigezemo binyuranyije n’amategeko, bakanarenga bagakora […]

Continue Reading

Moto zikoresha lisansi zigiye gukumirwa ku isoko ry’u Rwanda.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Amb Jean de Dieu Uwihanganye, yatangaje ko moto zikoresha lisansi cyangwa mazutu zigiye guhagarikwa kwinjira ku isoko ry’u Rwanda, abantu bakayoboka izikoresha amashanyarazi. Muri Mutarama 2025 ni bwo hafashwe icyemezo cyo kutongera gutanga impushya kuri moto nshya zikora ubucuruzi (taxi moto) zikoresha lisansi mu Mujyi wa Kigali. Ni icyemezo […]

Continue Reading

Amerika yashyize urumogi mu cyiciro cy’ibitangiriza ubuzima.

Minisiteri y’Ubutabera ya Amerika yakuye urumogi mu cyiciro cya mbere rwari rusangiye n’ibirimo heroine rushyirwa mu cya gatatu rwemezwa nk’urudateje ikibazo. Kuri uyu wa Kane tariki 23 Mata 2026, Minisitiri w’Ubutabera w’agateganyo, Todd Blanche, yahinduye ibyiciro by’imiti n’ibicuruzwa bisangwamo urumogi, abikura mu cyiciro cya mbere bishyirwa mu cya gatatu kidahungabanya ababikoresha. Mu mwaka ushize Trump […]

Continue Reading

Perezida Kagame yaganiriye na Xu Hui ku gushinga mu Rwanda uruganda rw’imodoka z’amashanyarazi.

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Chairman wa Resource International Investments (RRII), akaba na Visi Perezida n’Umunyamabanga w’Inama y’Ubutegetsi wa Chery Holding Group, Xu Hui, byibanze ku mahirwe y’ishoramari aboneka mu Rwanda, by’umwihariko ku gushinga mu Rwanda uruganda ruteranya imodoka z’amashanyarazi Ibiganiro byabereye mu Biro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro ku wa 23 Mata 2026. Ubutumwa […]

Continue Reading

Kwigomwa birenze urugero mu rukundo bitera imibanire idafite ireme

Mu rukundo, hari igihe umuntu yigomwa cyangwa yitanga ku nyungu z’uwo bakundana, abizi cyangwa atabizi. Nubwo byakumvwa nk’urukundo rudasanzwe, iyo bitangiye kurenga ku kwitanga bisanzwe bishobora kuba bibi, bikomoka ku bwoba no ku cyifuzo gikabije cyo gukundwa no kwemerwa. Uba wumva ko uko uri bidahagije, bityo ugahitamo kwihisha, ugashyira imbere iby’abandi, wowe ukisiga inyuma. Ibi […]

Continue Reading

Umujyi wa Kigali ugiye kugena parking abantu bazajya basigamo imodoka bagatega bisi.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko hagiye gushyirwaho ahantu abantu bazajya baparika imodoka zabo mu gihe bagiye gukomeza urugendo rwabo muri bisi. Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma Claudine Ntirenganya yabwiye The New Times ko iyi gahunda igamije gufasha abantu bafite imodoka zabo badashobora guhita babona uko batega bisi. Bivuze ko bazajya baparika imodoka mu nzira […]

Continue Reading

Nigeria: Abarwanyi b’umutwe wa Boko Haram yishe abantu 20

Abantu bitwaje intwaro bikekwa ko ari abarwanyi ba Boko Haram bagendaga kuri moto bagabye ibitero mu nsisiro ebyiri mu Majyaruguru y’Uburasirazuba bwa Nigeria bica abantu 20. Abagabo bitwaje intwaro bagabye igitero mu duce twa Pubagu na Mayo-Ladde muri Leta ya Borno n’iya Adamawa. Abantu 11 biciwe muri Leta ya Pubagu, abandi icyenda bicirwa muri Mayo-Ladde, […]

Continue Reading

Umwarimu uzigisha mu mashuri abanza agomba kuba yararangije Kaminuza.

Urwego rw’Igihugu rushinzwe uburezi bw’Ibanze, REB, rwatangaje ko uburyo abarimu bigisha mu mashuri abanza bategurwa, igihe kigeze ngo buvugururwe kuko imyaka biga ari mike ikeneye kongerwa. Yavuze ko mu mavugurura ateganywa, umuntu wigisha mu mashuri abanza, agomba kuzajya abanza kurangiza kaminuza. Raporo ya Minisiteri y’Uburezi ku bikorwa byo mu 2024/2025, yashyizwe hanze ku wa 30 […]

Continue Reading

Nyagatare: Harashakishwa uwahaye abaturage inyama z’inka yasaze zikabagwa nabi.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare buvuga ko hari gushakishwa umuturage witwa Nsabimana wagurishije abaturage inyama z’inka yari yatabwe nyuma yo kugaragaza ko ifite ibisazi ikaruma umuntu, ndetse abariye kuri izo nyama na bo zikaza kubagwa nabi. Mu cyumweru gishize abaturage bo mu Mudugudu wa Kamati Akagari ka Kamati mu Murenge wa Karangazi  […]

Continue Reading