Perezida Ndayishimiye yasimbuje Minisitiri Bugaga uherutse gupfa.

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yagize Ambasaderi Evelyne Butoyi Minisitiri ushinzwe Itumanaho n’Itangazamakuru, amusimbuje Gabby Bugaga wapfuye tariki ya 16 Mata 2026. Ambasaderi Butoyi asanzwe ahagarariye u Burundi muri Zambia kuva mu 2024, Malawi, Angola, Zimbabwe no mu muryango uharanira guteza imbere ubukungu muri Afurika yo hagati n’iy’amajyepfo, COMESA. Uyu mudipolomate kandi yabaye Minisitiri ushinzwe […]

Continue Reading

Rwamagana: Umugore n’umuhungu we bafunzwe bakekwaho kwica se

Umugore w’imyaka 45 n’umuhungu we w’imyaka 22 bo mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Fumbwe, batawe muri yombi n’inzego z’umutekano nyuma yo gukekwaho kwica se bamutemaguye. Ibi byabaye mu ijoro ryakeye tariki ya 27 Mata 2026, mu Mudugudu wa Rukwaya mu Kagari ka Sasabirago. Umwe mu bayobozi yavuze ko uru rugo rwari rusanzwe rubana […]

Continue Reading

Nyuma ya Cyubahiro na Mukamabano, Mulindwa Augustine na we yasezeye muri RBA

Nyuma ya Cyubahiro Bonaventure uherutse gusezera mu Rwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA), Mulindwa Augustine na we yasezeye muri iki kigo yari amazemo imyaka 23 akorera. Mulindwa Augustine ni umunyamakuru wakunzwe mu biganiro nka ‘Youth Special’ yamamayemo nka Big Brother yaje no kujya akorana na Tidjara Kabendera na we wiyitaga Big Sister, ‘Twegerane’, ‘Magic Morning’ n’ibindi binyuranye. […]

Continue Reading

Urubanza rwa Semuhungu Eric rwashyizwe mu muhezo.

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwategetse ko iburanisha mu rubanza rwa Semuhungu Eric rishyirwa mu muhezo bitewe n’uko ibiravugirwamo bishobora kuba birimo ibinyuranyije n’imyitwarire mbonezabupfura. Ni umwanzuro wafashwe ku wa 28 Mata 2026 ubwo hari hagiye gutangira kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ry’iminsi 30. Semuhungu wagejejwe mu rukiko kare cyane yatangiye kuburana saa yine zibura iminota […]

Continue Reading

Ngoma: Yagiye gusambana abuze ubwishyu indaya iramukubita arapfa.

Kuri uyu wa 27 Mata hamenyekanye inkuru y’urupfu rwa Nsengiyumva Fabien wo mu Mudugudu wa Kagusa, Akagari ka Karama Umurenge wa Kazo mu Karere ka Ngoma nyuma yo gukubitwa yabuze amafaranga 2,500 byo kwishyura umugore bari basambanye. Abaturage bo muri uyu Mudugudu bavuga ko byatangiye ku Cyumweru, ubwo uyu mugabo yaganaga Mukansanzabaganwa Solange, uzwiho ibikorwa […]

Continue Reading

Bugesera: Arembeye mu bitaro nyuma yo gusukwaho amavuta yatuye n’umugore we kubera ifuhe.

Inzego z’umutekano mu Karere ka Bugesera zataye muri yombi umugore wasutse amavuta yatuye ku mugabo we ndetse akanamutera icyuma, amuziza ko yamubonanye n’undi mugore mu kabari bari gusangira inzoga. Ibi byabaye mu ijoro ryo kuwa Gatandatu rishyira ku Cyumweru tariki ya 26 bibera mu Kagari ka Kanzenze mu Murenge wa Ntarama mu Karere ka Bugesera. […]

Continue Reading

Kigali: RIB yafashe uwasambanyaga abakobwa abashukisha akazi

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze umugabo ukurikiranyweho gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato abakobwa batandukanye abizeza akazi. Iperereza ryagaragaje ko ukurikiranyweho icyaha yabaga muri groupe ya WhatsApp yitwa ’shaka umukunzi’ hakaba haranacishwaga amatangazo y’akazi n’abagakeneye. Uyu igihe yabonaga umukobwa wanditse muri uru rubuga avuga ko akeneye akazi, yacaga mu gikari bakavugana akamubeshya ko akazi ashaka yakamuboneye i […]

Continue Reading

Kigali: Hari kugeragezwa ikoranabuhanga rifasha abagenzi kumenya aho bisi igeze n’imyanya ifite

Sosiyete ya Leta ishinzwe gutwara abantu mu buryo bwa rusange mu Mujyi wa Kigali (Ecofleet Solutions) yatangaje ko yatangiye kugera uburyo bw’ikoranabuhanga mu gutega bisi, aho umugenzi amenya aho igeze n’imyanya ifite Ni amakuru biteganyijwe azajya afasha abantu kudahagarara umwanya munini ku cyapa bategereje bisi, batazi niba niza ari bubonemo umwanya cyangwa atazi igihe iribumugerereho […]

Continue Reading

Canalbox yategetswe guha indishyi abakiliya bayo mu Rwanda bagizweho ingaruka na serivisi zayo mbi.

Urwego Ngenzuramikorere RURA, rwafatiye ibihano kompanyi ya GVA Rwanda Ltd (Canalbox) nyuma yuko abakiliya bakoresha interineti yayo bagize ibibazo, ruyitegeka kubaha indishyi, no kwishyura amande ya buri munsi kugeza igihe izubahiriza amabwiriza yose. Ibi bihano bikubuye mu itangazo ryashyizwe hanze na RURA kuri uyu wa Mbere tariki 27 Mata 2026, nyuma yuko uru Rwego rutangaje […]

Continue Reading

Chris Brown yemeje ko yibarutse umwana wa kane.

Chris Brown yemeje ko yibarutse umwana wa kane, akaba ari we wa mbere abyaranye n’umukunzi we Jada Wallace. Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze mu ijoro ry’itariki 26 Mata 2026, Jada yagaragaje amafoto ateruye uruhinja ari mu bitaro. Bikuraho urjijo ku bibazaga niba koko atwite. Nubwo Wallace atigeze avuga Chris Brown mu buryo butaziguye, […]

Continue Reading