Perezida Kagame ategerejwe muri Kenya mu nama ihuza Africa n’u Bufaransa

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, ategerejwe i Nairobi muri Kenya mu Nama ihuza Africa n’u Bufaransa iba kuri uyu wa 11 no ku wa 12 Gicurasi 2026.‎‎Byagarutsweho na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, ubwo yaganiraga na RBA muri uyu wa Mbere.‎‎Minisitiri Nduhungirehe, yavuze ko iyi nama izahuza Abakuru b’Ibihugu bagera kuri 30 baganire […]

Continue Reading

‎Trump yanenze igisubizo cyatanzwe na Iran ku ngingo 14 zo guhagarika intambara

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko atanyuzwe n’igisubizo Iran yatanze ku ngingo 14 iherutse kuyoherereza binyuze ku muhuza Pakistan mu rwego rwo kurangiza intambara.‎‎Ni ingingo Amerika yohereje Iran ku wa 02 Gicurasi 2025.‎‎Abinyujije ku rubuga rwa Truth Social, Trump, yatangaje ko Iran imaze imyaka 47 ikinisha Amerika, ashimangira ko atanyuzwe […]

Continue Reading

Ibitero bya Israel byishe abantu 39 muri Libani umunsi umwe

Minisiteri y’Ubuzima muri Libani yatangaje ko abantu 39 bishwe  n’ibitero bikomeye Israel yongeye kugaba muri iki gihugu mu gihe cy’umunsi umwe gusa.‎‎Ni ibitero Israel yagabye ku wa Gatandatu tariki 09 Gicurasi 2026 byibasiye Amajyepfo ya Libani.‎‎Kamwe mu duce twibasiwe ni umujyi wa Saksakiyeh uri mu Majyepfo ya Libani.   Ibitero byahagabwe byahitanye nibura abantu barindwi, barimo […]

Continue Reading

Umuyobozi wafungiye abaturage mu biro by’Akagari ari gukurikiranwa: Minisitiri Habimana

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yanenze imyitwarire ya bamwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze bakomeje gufungira abaturage mu biro by’Akagari, avuga ko bitemewe  kandi bidakwiye.‎‎Minisitiri Habimana, yabitangaje kuri uyu Gatanu tariki 08 Gicurasi 2026, abinyujije ku rukuta rwe rwa X.‎‎Yabitangaje nyuma y’aho mu Karere ka Gicumbi humvikanye inkuru y’umusaza n’umukecuru bafungiwe mu biro by’Akagari […]

Continue Reading

Marco Rubio yagiriye uruzinduko i Vatican rugamije guhosha umwuka mubi Hagati ya Trump ba Papa Leo‎ XIV

Umunyamabanga wa Leta wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Marco Rubio, yagiranye ibiganiro n’Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Leo XIV,  byamaze iminota 30 i Vatican, ni mu ruzinduko rwari rugamije kugabanya umwuka mubi hagati ya Perezida Donald Trump na Papa kubera intambara yo muri Iran.‎‎Rubio, usanzwe ari umuyoboke w’Itorero Gatolika ukomeye, yarafite uru […]

Continue Reading

Abasivili 10 bamaze kuburira ubuzima mu muhora wa Hormuz

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’Amahanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Marco Rubio, yatangaje  ko abasivili 10 bamaze kuburira ubuzima mu bushyamirane bukomeje kubera mu muhora wa Hormuz.‎‎Rubio yabitangaje ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, mu kiganiro n’itangazamakuru cyabereye  i Washington DC.‎‎Ku wa Mbere tariki 04 Gicurasi 2026, Perezida […]

Continue Reading

Byongeye kuzamba mu Burasirazuba bwo Hagati

Umwuka w’intambara wongeye gututumba mu Burasizuba bwo Hagati, ni nyuma y’uko ibihugu bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran bitangaje ko buri ruhande  rwarashe ku bwato bw’urundi ruhande mu muhora wa Hormuz , nyamara hari agahenge kagamije kugarura amahoro arabye. ‎Ibintu byongeye kuzamba nyuma y’uko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, […]

Continue Reading

Umuhango wo Kwita Izina ingagi uri muri Nzeri uyu mwaka

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, rwatangaje ko umuhango wo kwita abana b’ingagi amazina uzaba ku wa 4 Nzeri 2026, ukabera mu Kinigi mu Karere ka Musanze. RDB yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 04 Gicurasi 2026 mu butumwa yanyujije ku rukuta rwayo rwa X. Yasabye Abanyarwanda kuzagira uruhare ndetse no kwizifatanya n’uru rwego mu muhango wo […]

Continue Reading

Ubwato bunyura mu muhora wa Hormuz bugiye gutangira kurindirwa umutekano

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika,  Donald Trump, yatangaje ko Ingabo z’iki gihugu zigiye gutangira kurindira umutekano ubwato  bunyura mu muhora wa Hormz.‎‎Ubuyobozi bw’Ingabo za Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati, CENTCOM, bwavuze ko ibi bizakorwa binyuze mu gushyira amato  mu muhora wa Hormuz ya gisirikare arasa za misile ndetse n’indege zirenga 100, hamwe n’abasirikare […]

Continue Reading

Israel yasabye abaturage ba Libani kuva mu bindi bice byo mu Majyepfo y’iki gihugu

Ingabo za Israel zasohoye amabwiriza mashya asaba abaturage ba Libani  kwimuka mu midugudu n’imijyi yo mu Majyepfo y’iki gihugu, harimo n’uturere turi hanze y’aho zigenzura, nubwo hari agahenge kagamije guhagarika intambara hagati ya Israel n’umutwe witwaje intwaro wa Hezbollah. ‎Umuvugizi w’Ingabo za Israel , Avichay Adraee, yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 04 Gicurasi 2026. ‎Yagizi […]

Continue Reading