Byongeye kuzamba mu Burasirazuba bwo Hagati

NEWS Politics

Umwuka w’intambara wongeye gututumba mu Burasizuba bwo Hagati, ni nyuma y’uko ibihugu bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran bitangaje ko buri ruhande  rwarashe ku bwato bw’urundi ruhande mu muhora wa Hormuz , nyamara hari agahenge kagamije kugarura amahoro arabye.

‎Ibintu byongeye kuzamba nyuma y’uko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, atangaje gahunda yise “Umushinga w’ibwisanzure” ugamije kurindira umutekano ubwato bw’ubucuruzi bunyura mu muhora wa Hormuz ufunze kuva 28 Gashyantare 2026.

‎‎Ibi byakoze mu mutwe Iran itangaza ko ubwato bugerageza gutambuka mu muhora wa Hormuz buraswaho, bidatinze batangaza ko ubwato bubiri bwa Amerika bwarashweho ariko Ingabo za Amerika zikorera mu Burasirazuba bwo Hagati, CENTICOM buhakana aya makuru.

‎Ku wa Mbere tariki 04 Gicurasi 2026, Amerika na yo yatangaje ko yarashe ubwato butandatu bwa Iran bwageragezaga kugenzura no gutega imitego mu muhora wa Hormuz.

‎Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Argachi, yaburiye Amerika ikomeje kuyendereza ayisaba kureka ubu bushotoranyi.


Al Jazeera, yatangaje ko kuva ku wa Mbere tariki 04 Mata 2026, Iran yarashe ibisasu bya misile muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu mu gace gatunganyirizwamo ibikomoka kuri peteroli ka Fujairah, ndetse iki gihugu cyemeje aya makuru kivuga ko ubwirinzi bw’ikirere bikomeje guhangana na byo.

‎Kuva ku wa 28 Gashyantare, ubwato bwiganjemo ubutwara ibikomoka kuri peteroli bugera ku  2,000 bwaheze mu muhora wa Hormuz, ndetse bikomeje gutuma ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bitumbagira.

Umuhora wa Hormuz unyuzwamo 20% by’ibikomoka kuri peteroli Isi ikenera.

Umuhora wa Hormuz impande zombi zihanganiyemo, nturi nyabagendwa kuva kinwa 28 Gashyantare 2026.



What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *