Guhemba miliyoni 80 Frw itwaye Shampiyona: Intego za Shema Fabrice muri FERWAFA

Shema Ngoga Fabrice uri kwiyamamariza kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amagaguru (FERWAFA) yijeje Ko natorwa azahemba Ikipe yatwaye Shampiyona y’Icyiciro cya mbere mu bagabo miliyoni 80 z’amafaranga y’u Rwanda. Yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki ya 14 Kanama 2025, mu kiganiro n’itangazamakuru cyari kigamije kugaragaza imigabo n’imigambi y’ibyo azakora mu gihe yaba atsinze amatora y’iri shyirahamwe. Ubwo […]

Continue Reading

APR FC na Rayon Sports mu zitujuje ibisabwa Amakipe atanu yahawe ibyangombwa adaciwe amande

Biciye mu gashami gashinzwe gutanga impushya zemerera amakipe kwitabira amarushanwa ategurwa n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda [Club Licensing], Bugesera FC yimwe icyangombwa mu gihe APR FC na Rayon Sports zasabwe kuzuza ibisabwa kugira ngo zihabwe impushya zuzuye. Mu gihe shampiyona y’Icyiciro cya mbere y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, izatangira muri Nzeri uyu mwaka, amakipe amwe yamaze […]

Continue Reading

Pavelh Ndzila mu biganiro na Rayon Sports

Pavelh Ndzila uherutse gutandukana na APR FC, ageze kure ibiganiro n’ubuyobozi bwa Rayon Sports kugira ngo azayikinire mu mwaka utaha. Rayon Sports FC ikomeje imyiteguro yo mu mwaka utaha w’imikino wa 2025/26, aho ikiri gushaka abakinnyi bashya bazayifasha mu marushanwa yo mu Rwanda ndetse n’ayo hanze.Rwanda-based products: Umwe mu myanya igikeneyeho abakinnyi ni mu izamu, […]

Continue Reading

CAF Champions League: APR FC yatomboye Pyramids FC

APR FC yatomboye Pyramids FC yo mu Misiri mu mikino y’ijonjora rya mbere rya CAF Champions League. Umukino ubanza uzaba hagati ya tariki 19-21 Nzeri 2025, mu gihe uwo kwishyura uzaba nyuma y’icyumweru kimwe. Ni ku nshuro ya gatatu yikurikiraya amakipe yombi agiye guhura muri iyi mikino. Naho Rayon Sports FC ihagarariye u Rwanda yatomboye […]

Continue Reading

CAF Confederation Cup: Rayon Sports yatomboye Singida Black Stars yo muri Tanzania

Rayon Sports FC ihagarariye u Rwanda yatomboye Singida Black Stars yo muri Tanzania mu ijonjora rya mbere ry’imikino ya CAF Confederation Cup 2025/26. Tombola y’uburyo amakipe azahura muri iri rushanwa rihuza amakipe yatwaye ibikombe imbere mu gihugu muri Afurika yabereye i Dar es Salaam muri Tanzania kuri uyu wa Gatandatu tariki 9 Kanama 2025. Rayon […]

Continue Reading

Rayon Sports yamuritse imyambaro mishya

Rayon Sports FC yamuritse imyambaro mishya izifashisha mu mikino yakiriye mu mwaka wa 2025/2026, yakozwe n’Ikigo Nyarwanda gikora Imideli, Kwesa Collection. Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 8 Kanama 2025, ni bwo Gikundiro yagaragaje imyambaro izakoresha ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo. Imyambaro yashyizwe hanze ni iyo gukinana ku mikino yo mu rugo. Aha […]

Continue Reading

U Rwanda na Bayern Muchen bemeranyije kuzamura impano z’abakiri bato

Binyuze mu Rwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), u Rwanda rwasinyanye amasezerano y’imyaka itatu n’Ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage agamije gushaka no kuzamara impano z’abakiri bato binyuze mu kwagura Ishuri ry’Umupira w’Amaguru ry’iyi kipe riri i Kigali. Amasezerano hagati y’impande zombi yatangajwe kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 8 Kanama 2025. Umuyobozi Mukuru wa RDB […]

Continue Reading

Musanze FC yasezereye abakinnyi batandatu

Musanze FC yasezereye abakinnyi batandatu barimo umunyezamu Ntaribi Steven na Nduwayo Valeur ukina hagati mu kibuga, mu rwego rwo kugabanya umubare w’abo izakoresha mu mwaka utaha w’imikino. Musanze FC yasezereye abakinnyi batandatu barimo umunyezamu Ntaribi Steven na Nduwayo Valeur ukina hagati mu kibuga, mu rwego rwo kugabanya umubare w’abo izakoresha mu mwaka utaha w’imikino. Iyi […]

Continue Reading

Rayon Sports yamaze kwishyura myugariro Youssou Diagne

Ikipe ya Rayon Sports yamaze kwishyura myugariro w’Umunya-Sénégal, Youssou Diagne, 1500$ (agera kuri miliyoni 2,1 Frw) yari imubereyemo, imusaba kwitabira imyitozo bitarenze ku wa Mbere, tariki ya 11 Kanama 2025. Mu gihe iyi kipe yambara ubururu n’umweru imaze ukwezi itangiye imyitozo, Youssou Diagne na Fall Ngagne wavunitse, bombi ntibitabiriye ahubwo bagumye iwabo muri Sénégal kubera […]

Continue Reading

APR FC izakina na Power Dynamos ku Munsi w’Igitinyiro

Ikipe ya APR FC yatangaje ko izamina na Power Dynamos yo muri Zambia, ku Munsi w’Igitinyiro uteganyijwe tariki 17 Kanama 2025. Iby’uyu mukino wa gicuti uzabera kuri Stade Amahoro saa cyenda z’igicamunsi, APR FC yabutangaje inyuze ku mbugankoranyambaga zayo imenyesha aba Yagize iti”Ku ya 17 Kanama, tuzakira Power Dynamos FC mu Munsi w’Igitinyiro.” Uretse uyu […]

Continue Reading