Rutahizamu Joy Lance Mickels ukinira ikipe ya Sabah Fk ikina mu cyiciro cya mbere mu gihugu cya Azerbaijan ari mu bitezwe gufasha ikipe y’Igihugu amavubi mu mikino ya FIFA series.
Yatangiye gukina umupira w’amaguru afite imyaka ine mu ikipe y’abato ya VSF Amern, nyuma yinjira mu ishuri ry’umupira rya Borussia Mönchengladbach aho yamaze imyaka umunani.
Mu mwaka w’imikino wa 2012/13 yigaragaje cyane mu Ikipe y’Abatarengeje imyaka 19 ya Borussia Mönchengladbach, atsinda ibitego 17 anatanga imipira itatu ivamo ibitego, byanatumye ikipe ye igera muri 1/2 cya DFB Junior Cup.
Icyo gihe yahise azamurwa ashyirwa mu ikipe ya kabiri yayo ari yo Borussia Mönchengladbach II, yamweretse andi makipe ahita abengukwa n’ikipe ya kabiri ya Schalke 04 II.
Mu mikino 43 yakiniye iyi kipe yari mu Cyiciro cya Kane mu Budage kizwi nka Regionalliga, yatsinze ibitego icyenda mbere y’uko ajya muri Alemannia Aachen mu 2016 akahamara igihe gito, ahita ajya muri Wacker Nordhausen.
ubu uyu musore akaba akinira ikipe ya Sabah fK yo muri azbeijain aho ayifatiye runini aho muruyu mwaka mu mikino 27 amaze gutsinda ibitego 23 anatanga imipira yavuyemo ibitego 7 kurubu ikipe ye ikaba iri kumwanya wa mbere muri shampiyona.
Impano y’umupira w’amaguru si iyo yisangije wenyine mu muryango we, dore ko n’abavandimwe be babiri ari bo Joy-Slayd Mickels w’impanga ye na murumuna wabo Leroy-Jacques Mickels ari abakinnyi ba ruhago nabo bakaba barahamagawe mu mavubi.

What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

