Ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani ariko iri gukina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda yasezerewe muri CAF Champions League nyuma yo gutsindirwa na RS Berkane kuri Stade Amahoro igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura wabaye kuri iki Cyumweru.
Ni umukino watangiye ku isaha ya Saa Kumi n’Ebyiri zuzuye urangira RS Berkane itsinze igitego 1-0 cyatsinzwe na Mounir Chouiar mu minota irindwi y’inyongera mu gihe mu mukino ubanza wabereye muri Maroc mu mpera z’icyumweru gishize bari banganyi 1-1, RS Berkane ikomeza muri 1/2 itsinze ibitego 2-1 mu mikino ibiri.
Igice cya mbere cy’uyu mukino cyarangiye amakipe yombi anganya 0-0. Ku munota wa 58 w’umukino Adama Coulibali yatsindiye Al Hilal igitego ndetse umusifuzi yemeza ko aricyo ariko abasifuzi bakoresha VAR bahamagara bavuga ko mbere yacyo umukinnyi wa RS yakorewe ikosa mu rubuga rw’amahina rwa Al Hilal ndetse umusifuzi wo hagati ajya kubyirebera atanga penaliti igitego gikurwaho
Iyi penaliti RS Berkane yabonye, ku munota wa 60 yatewe na Mounir Chouiar ariko ikurwamo neza n’umunyezamu Sofiane Farid wagiye afasha Al Hilal SC mu bihe bitandukanye akuramo imipira ikomeye yaganaga mu izamu.
Iminota 90 isanzwe yarangiye amakipe yombi akinganya 0-0 maze hongerwaho irindwi. Ku munota wa gatandatu w’inyongera Munir Chouiar yakiriye umupira mu rubuga rw’amahina maze atazuyaje ahita awutera mu izamu rya Al Hilal SC atsindira RS Berkane igitego cyanarangije umukino ari 1-0.

RS Berkane yageze muri 1/2 cya CAF Champions League itsinze ibitego 2-1 mu mikino ibiri, aho izahurira na AS FAR Rabat nayo y’iwabo muri Maroc yo yaraye isezereye Pyramids FC yo mu Misiri.

What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

