Nigeria: Abarwanyi b’umutwe wa Boko Haram yishe abantu 20

Abantu bitwaje intwaro bikekwa ko ari abarwanyi ba Boko Haram bagendaga kuri moto bagabye ibitero mu nsisiro ebyiri mu Majyaruguru y’Uburasirazuba bwa Nigeria bica abantu 20. Abagabo bitwaje intwaro bagabye igitero mu duce twa Pubagu na Mayo-Ladde muri Leta ya Borno n’iya Adamawa. Abantu 11 biciwe muri Leta ya Pubagu, abandi icyenda bicirwa muri Mayo-Ladde, […]

Continue Reading

Umwarimu uzigisha mu mashuri abanza agomba kuba yararangije Kaminuza.

Urwego rw’Igihugu rushinzwe uburezi bw’Ibanze, REB, rwatangaje ko uburyo abarimu bigisha mu mashuri abanza bategurwa, igihe kigeze ngo buvugururwe kuko imyaka biga ari mike ikeneye kongerwa. Yavuze ko mu mavugurura ateganywa, umuntu wigisha mu mashuri abanza, agomba kuzajya abanza kurangiza kaminuza. Raporo ya Minisiteri y’Uburezi ku bikorwa byo mu 2024/2025, yashyizwe hanze ku wa 30 […]

Continue Reading

Nyagatare: Harashakishwa uwahaye abaturage inyama z’inka yasaze zikabagwa nabi.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare buvuga ko hari gushakishwa umuturage witwa Nsabimana wagurishije abaturage inyama z’inka yari yatabwe nyuma yo kugaragaza ko ifite ibisazi ikaruma umuntu, ndetse abariye kuri izo nyama na bo zikaza kubagwa nabi. Mu cyumweru gishize abaturage bo mu Mudugudu wa Kamati Akagari ka Kamati mu Murenge wa Karangazi  […]

Continue Reading

Rayon Sports yaguye miswi na Gorilla FC mu mukino wa 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro

Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Gorilla FC 1-1 mu mukino ubanza wa 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro wakinwe kuri uyu wa Gatatu saa Kumi n’ebyiri muri Kigali Pele Stadium. Umukino watangiye Gorilla FC ihererekanya neza ariko ikabikorera mu rubuga rwayo. Ku munota wa 11 Gorilla FC yafunguye amazamu ku mupira wazamuwe neza ubundi Kanamugire Roger ashyiraho […]

Continue Reading

Umujyi wa Kigali wagennye ‘ibisate’ by’imihanda yahariwe bisi mu byerekezo bine

Umujyi wa Kigali watangaje ko hagiye gushyirwaho ibisate by’imihanda byihariye bizajya bikoreshwa n’imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange, mu rwego rwo kugabanya umuvundo w’ibinyabiziga mu mihanda no kwihutisha ingendo. Ibi byatangajwe n’Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Ntirenganya Emma Claudine nkuko tubikesha ikinyamakuru IGIHE mu kiganiro bagiranye aho yavuze ko iyi gahunda izatangira gukoreshwa ku wa […]

Continue Reading

Perezida Kagame yakurikiye umukino wa mbere wa ‘CAVB Men’s Club Championship 2026’.

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino wa mbere w’irushanwa rya ’CAVB Men’s Club Championship 2026’ rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku Mugabane wa Afurika muri Volleyball, warangiye APR VC itsinze Black Rhinos amaseti 3-0. u mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki ya 22 Mata 2026, ni bwo muri BK Arena hatangiye kubera iri rushanwa. Ibirori […]

Continue Reading

Ubwiza bw’inzu ya Mutesi Jolly mu bikomeje kwugarukwaho Ahantu hose.

Nyampinga w’u Rwanda 2016, Mutesi Jolly, yashyize ahagaragara amashusho y’iminota itanu n’amasegonda 38’ agaragaza inzu ye nshya aherutse kuzuza i Kibagabaga mu Mujyi wa Kigali, ikomeje kuvugisha benshi bitewe n’ubwiza n’imiterere yayo igezweho. Iyi nzu igeretse Gatatu yubatswe ku buso bugari, ikaba irimo ibyumba byo kuraramo bitanu birimo icy’umwihariko cya nyirayo cyubatse mu buryo bugezweho […]

Continue Reading

Nyamasheke: Akurikiranyweho kwica uruhinja rw’umugore we arukandagiye mu gatuza.

Nshimiyimana Emmanuel w’imyaka 26, wo mu Mudugudu wa Nyamikingo, Akagari ka Gasheke, Umurenge wa Bushenge, Akarere ka Nyamasheke, yatawe muri yombi akekwaho kwica umwana w’amezi 8 umugore bari bamaranye ukwezi kumwe gusa bishyingiye witwa Niyodusenga Jeannette w’imyaka 20 yahashakanye. Amakuru dukesha Imvaho nshya, Umuturanyi wabo yavuze ko uyu nyir’umwana yijyanye kuri uyu musore mu kwezi […]

Continue Reading

Leta yategetse ibigo byayo kugura imodoka zikoresha amashanyarazi.

Minisiteri y’Ibikorwaremezo yasabye ibigo bya Leta ko mu modoka nshya bizagura, hagomba kubamo nibura 30% zikoresha amashanyarazi hagamijwe kugabanya ibyo kwishingikiriza lisansi na mazutu, no kugabanya imyuka ihumanya u Rwanda rwohereza mu kirere. Ni ibikubiwe mu ibaruwa yandikiwe abashinzwe imari mu bigo bya Leta byose yo ku wa 14 Mata 2026. Iki cyemezo kigamije gushyira […]

Continue Reading

Ibiciro by’udukingirizo bigiye kwiyongera kubera intambara ya Iran na Amerika.

Ubuyobozi bw’uruganda rwa Karex rwo muri Malaysia rukora udukingirizo twinshi ku Isi rwatangaje ko rugiye kuzamura ibiciro byatwo ku kigero cya 30% kubera uburyo intambara ihuza Amerika na Iran ikomeje gutuma ibikoresho byifashishwa mu kudukora bibura. Ibi byatangajwe n’Umuyobozi w’uru ruganda, Goh Miah Kiat mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, aho yavuze ko gukora udukingirizo bisigaye bigoye […]

Continue Reading

RIB yataye muri yombi abatekamutwe bagurisha ikilo cy’uburo kuri Miliyoni hafi eshatu Frw.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abantu icyenda bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye birimo n’ubutekamutwe bwo kugurisha abantu uburo ku mafaranga Miliyoni hafi eshatu z’Amafaanga y’u Rwanda ku kilo. Abakurikiranywe bari mu matsinda abiri arimo irigizwe n’abantu barindwi, batandatu muri bo bakaba baramaze gutabwa muri yombi, mu gihe mugenzi wabo akirimo gushakishwa. Irindi rigizwe n’abantu batatu, […]

Continue Reading