Imipaka uhuza u Rwanda na Goma muri RDC yafunzwe mu kwirinda ikwirakwira rya Ebola

Kuva kuri iki Cyumweru tariki ya 17 Gicurasi 2026, u Rwanda rwafunze by’agateganyo imipaka ihuza Rubavu na Goma kubera icyorezo cya Ebola gikomeje gukwirakwira muri Repubulika Iharabira Demokalasi ya Congo (RDC)‎‎Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, yabwiye IGIHE ko iki cyemezo kigamije kurinda ubuzima bw’abaturage, anasaba abaturage kwihanganira izi mpinduka.‎‎Imipaka ya Petite Barrière, Grande Barrière […]

Continue Reading

Nyamasheke: Yishe umugore we amuziza ko yanze kumutekera.

Burindiri Emmanuel wo mu Mudugudu wa Mukoto,Akagari ka Karengera,Umurenge wa Kirimbi,Akarere ka Nyamasheke afungiye kuri sitasiyo y’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) ya Macuba, akekwaho kwica umugore we  witwaga Mukarwego Elleda w’imyaka 62,amuziza ko yanze guteka. Uwo Barindiri amaze kumwica yahise ajya ku Murenge kwirega icyo cyaha yakoze, aho yabwiye ubuyobozi bw’Umurenge wa Kirimbi ko amaze kwica umugore […]

Continue Reading

BRD yasinyanye na BADEA amasezerano y’inguzanyo ya miliyoni 25$ zo gutera inkunga imishinga.

Banki y’Amajyambere y’u Rwanda (BRD) yasinyanye na Banki y’Abarabu yita ku Iterambere rya Afurika (BADEA), amasezerano y’inguzanyo ya miliyoni 25 z’amadolari ya Amerika, azafasha BRD kongera ubushobozi bwo gutera inkunga imishinga ishyigikira iterambere rirambye no guhanga imirimo. Mu mishinga izaterwa inkunga harimo iyo kohereza ibicuruzwa mu mahanga, inganda, amacumbi aciriritse, ndetse n’iyobowe n’abagore byose bikajyana […]

Continue Reading

Amerika: California State University, Sacramento hashyizwe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi

Ambasade y’u Rwanda muri Amerika yatangaje ko muri kaminuza ya California State University, Sacramento yo muri Amerika hashyizwe ikimenyetso cy’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni ikimenyetso cy’urwibutso rwo kuzirikana abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 cyafunguwe ku wa 16 Gicurasi 2026. Uyu muhango witabiriwe na Perezida wa California State University, Sacramento, Dr. Luke […]

Continue Reading

OMS yavuze ko Ebola ikomeje gukwira muri RDC na Uganda itaraba icyorezo

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima,  Organisation mondiale de la Santé (OMS)  , ryatangaje ko icyorezo cya Ebola cyibasiye Intara ya Ituri mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Conga ( RDC) gihamagarira  inzego z’ubuzima ku  rwego mpuzamahanga kuba maso gusa ashimangira ko bitaragera ku rwego rw’‎icyorezo.‎‎‎OMS yavuze ko kuva Ebola yongeye kwaduka  muri, RDC […]

Continue Reading

USM Alger yegukanye igikombe cya CAF Confederation Cup bwa kabiri mu mateka yayo

Ikipe ya USM Alger yo muri Algérie yegukanye igikombe cya CAF Confederation Cup nyuma yo gutsinda Zamalek yo mu Misiri kuri Penaliti 8-7 nyuma y’uko amakipe yari yanganyije igitego 1-1. Kuri uyu wa gatandatu tariki 16 Gicurasi 2026 nibwo hakinwe umukino wo kwishyura wa nyuma wabereye mu Misiri hagati ya Zamalek na USM Alger. Umukino […]

Continue Reading

Cristiano Ronaldo yanze gufata umudari nyuma yo gutakaza igikombe

Cristiano Ronaldo yongeye gutakaza igikombe mu ikipe akinira ya Al Nassr yo muri Saudi Arabia nyuma y’uko itsinzwe na Gamba Osaka yo mu Buyapani igitego 1-0 ku mukino wa nyuma wa AFC Champions League Two. Uyu mukino wakinwe mu ijoro ryo kuri uyu wa gatandatu tariki 16 Gicurasi 2026, wabereye i Riyadh muri Alawwal Park, […]

Continue Reading

Kabuga Félicien wari ukurikiranyweho kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yapfuye

Félicien Kabuga wari ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, wari umaze imyaka itanu afatiwe i Paris mu Bufaransa, yitabiye Imana i La Hayemu Buholand Urupfu rwa Félicien Kabuga rwemejwe n’Urwego IRMCT rushinzwe Imirimo y’insigarira y’izahozi ari Inkiko Mpuzamahanga Mpanabyaha zirimo urwari rwarashyiriweho u Rwanda ICTR/TPIR. Uru rwego rwari rwanatangiye kuburanisha Kabuga, […]

Continue Reading

Nigeria yakuyeho Visa ku Banyarwanda mu gihe cy’iminsi 30.

Urwego rushinzwe Abinjira n’Abasohoka muri Nigeria (NIS), rwatangaje ko rwatangiye gushyira mu bikorwa icyemezo cya Perezida w’iki guhugu, Bola Ahmed Tinubu, cyo gukuraho visa ku Banyarwanda mu gihe cy’iminsi 30. Perezida Tinibu yatangaje iki cyemezo nyuma yo kugirana ibiganiro na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, ubwo yari i Kigali mu nama ihuza abayobozi b’ibigo […]

Continue Reading

Umunyamakuru Murindahabi Iréné agiye gukora ubukwe n’inkumi yo mu Bubiligi.

Murindahabi Iréné wamenyekanye nka M. Iréné yemeje itariki y’ubukwe bwe na Nishimwe Liliane, umukobwa utuye mu Bubiligi bamaze igihe bakundana. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, M. Iréné yateguje ko ubukwe bwe buzaba ku wa 15 Kanama 2026. Yabwiye uyu mukobwa ati “Ndagukunda cyane”. Nta makuru menshi aratangazwa ku bukwe bwa M. Iréné na Nishimwe Liliane cyane […]

Continue Reading