APR FC ntihiriwe n’urugendo rwa Rubavu itsindwa na Etincelles FC.

Ikipe ya Etincelles FC yatsinze APR FC mu mukino wo ku munsi wa 27 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda ya 2025/2026, byongera guha Rayon Sports icyizere ku gikombe. Ni mu mukino wakinwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 18 Mata 2026 saa Cyenda kuri Stade Umuganda mu karere ka Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba. […]

Continue Reading

Haringingo Francis yemerewe gutoza Rayon Sports.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko umutoza ukomoka mu Burundi, Haringingo Francis Christian, yemerewe gutoza ikipe ya Rayon Sports mu buryo bwubahirije amategeko nyuma yo gukemura ibibazo yari afitanye na Kiyovu Sports yari yaranze kumurekura. Ibi byatangajwe binyuze mu butumwa FERWAFA yashyize ku mbuga nkoranyambaga zayo ku mugoroba wo ku wa Kane tariki […]

Continue Reading

UEFA Champions League: Barcelona ya Lamine Yamal yatsinze irasezererwa naho Liverpool ikomeza guseba.

Ikipe ya FC Barcelona yatsinze Atletico Madrid ariko irasezererwa, naho Liverpool ikomeza guseba mu mikino ya UEFA Champions League. Kuri uyu wa Kabiri saa Tatu z’ijoro ni bwo hakinwe imikino yo kwishyura ya 1/4 cya UEFA Champions League. Umukino wari utegerejwe na benshi wari kuri Civitas Metropolitano aho Atletico Madrid yari yakiriye FC Barcelona. Uyu […]

Continue Reading

Abakinnyi n’abayobozi ba PSG bunamiye uwari umukinnyi wa Liverpool Diogo Jota.

Mbere yo gukina umukino wo kwishyura wa UEFA Champions League, ikipe ya Paris Saint Germain yunamiye uwari umukinnyi wa Liverpool FC, Diego Jota, witabye Imana mu bihe byashize. Ku itariki ya 13 Mata 2026, nibwo abakinnyi ba Paris Saint-Germain basuye ahashyizwe urwibutso rwa Diego Jota imbere ya stade ya Anfield, bashyiraho indabo mu kumwibuka. PSG […]

Continue Reading

Muhawenimana Claude aravugwaho kunyereza amafaranga y’Abafana b’Amavubi.

Muhawenimana Claude wari Perezida w’Ihuriro ry’Abafana b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, yahagaritswe by’agateganyo ku nshingano ze nyuma yo gukekwaho kunyereza amafaranga angana na Miliyoni 3 Frw yagenewe abafana mu mikino ya FIFA Series 2026. Icyemezo cyo kumuhagarika cyafashwe na Komite Nyobozi y’iri huriro mu nama zitandukanye zabaye hagati ya tariki ya 4 na 12 Mata 2026, nyuma […]

Continue Reading

Umuryango utibuka urazima- Abakinnyi b’Amavubi na FERWAFA ku #Kwibuka32

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ n’abayobozi b’Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda (FERWAFA), bageneye ubutumwa bwihariye Abanyarwanda, berekana ko kutibuka Jenoside yakorewe Abatutsi byatuma umuryango uzima. Ku Cyumweru, tariki ya 12 Mata 2026, ni bwo abayobozi ba FERWAFA bifatanyije n’abatuye mu Murenge wa Remera mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi […]

Continue Reading

umukinnyi wa Patriots BBC Damaria Franklin yakoze amateka yo gutsinda amanota menshi mu mukino umwe.

Damaria Franklin yakoze amateka yo gutsinda amanota menshi muri shampiona ya basketball hano mu Rwanda yatsinze amanota 66 mu mukino umwe. Ni umukino wabaye ku wa 05.04.2026 ubwo Patriots basketball club yatsinda 103 kuri 78 ya East Africa university basketball club ubwo hakinwaga imikino yo kwishura ya shampiona umukino wabereye kuri petit stade amahoro i […]

Continue Reading

Igitego kimwe cya Hakim Kiwanuka nicyo Gihesheje amanota ikipe ya APR FC mu mukino yahuragamo na AS Muhanga.

Ikipe ya APR FC yatsinze AS Muhanga y’abakinnyi 10 mu mukino wo ku munsi wa 26 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda ya 2025/2026 ihita ishyiramo ikinyuranyo cy’amanota 9 hagati yayo na mukeba Rayon Sports. Ni mu mukino wakinwe kuri iki Cyumweru saa kumi Nebyiri n’iminota 30 kuri Kigali Pele Stadium. Umukino watangiye wihuta […]

Continue Reading

Rayon Sports yananiwe Gicumbi FC ,itangira guhunga igikombe cya shampiyona.

Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Gicumbi FC 0-0 mu mukino wo ku munsi wa 26 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda ,amahirwe yo gutwara igikombe cya shampiyona atangira kuyoyoka. Uyu mukino wakinwe kuri uyu wa Gatandatu saa Kumi Nebyiri n’iminota 30 kuri Kigali Pele Stadium. Mu minota itanu ya mbere umukino wagendaga gacye […]

Continue Reading

BAL 2026: Craig Randall yanditse amateka mashya mu mukino RSSB Tigers yanyagiyemo Dar City.

Ikipe ya RSSB Tigers yo mu Rwanda ku nshuro yayo ya mbere yitabiriye imikino ya Basketball Africa League, yakoze amateka yo gutsinda imikino ine yukurikiranya nyuma yo gutsinda Dar City amanota 104-92. Iyi kipe ihagarariye u Rwanda, yanditse aya mateka nyuma y’uko ibaye kandi n’iya mbere yabonye itike iyijyana mu mikino ya nyuma ya kamarampaka […]

Continue Reading