Meteo Rwanda yateguje abanyarwanda Imvura nyinshi mu gice cya gatatu cya werurwe.

Mu gice cya gatatu cy’ukwezi kwa Werurwe 2026, mu Rwanda hateganyijwe imvura iri hagati ya milimetero 50 na 150, ikaba iri hejuru y’ikigero cy’impuzandengo y’isanzwe igwa muri iki gice. Impuzandengo y’imvura isanzwe igwa iri hagati ya milimetero 28 na 105. Iminsi izagwamo imvura izaba iri hagati y’iminsi itandatu (6) n’umunani (8) bitewe n’imiterere ya buri […]

Continue Reading

Ibyo wamenya kuri rutahizamu Joy lance mickels ugiye gukinira amavubi bwa mbere .

Rutahizamu Joy Lance Mickels ukinira ikipe ya Sabah Fk ikina mu cyiciro cya mbere mu gihugu cya Azerbaijan ari mu bitezwe gufasha ikipe y’Igihugu amavubi mu mikino ya FIFA series. Yatangiye gukina umupira w’amaguru afite imyaka ine mu ikipe y’abato ya VSF Amern, nyuma yinjira mu ishuri ry’umupira rya Borussia Mönchengladbach aho yamaze imyaka umunani. […]

Continue Reading

Kwizera Olivier yongewe mu Amavubi yitegura FIFA Series.

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Shema Ngoga Fabrice, yemeje ko umunyezamu wa Rayon Sports, Kwizera Olivier yongewe mu bakinnyi 31 bagomba kwitabira umwiherero w’Amavubi utegura imikino ya FIFA Series. Ni amakuru yatangarijwe mu kiganiro cya RTV Kick-Off cyo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 21 Werurwe 2026. Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice, yahamije […]

Continue Reading

Uganda: Babiri bikekwa ko ari Abanyarwanda bishwe n’abaturage.

Ubwoba ni bwinshi mu karere ka Kyankwanzi muri Uganda nyuma y’aho abagabo babiri bivugwa ko ari Abanyarwanda bishwe n’abaturage bari basanze ibice by’umubiri w’umuntu mu nzu bari bacumbitsemo. Ku wa 20 Werurwe 2026, abaturage bo mu mudugudu wa Kiryanongo muri Bananywa, bateye urugo rwabagamo uwitwa Semasaka na Hakiza Damascene nyuma yo kumvamo umunuko ukabije. Aba […]

Continue Reading

umukinnyi wa Filime mpuzamahanga Chick Norris yapfuye.

Carlos Ray wamamaye muri sinema by’umwihariko muri filime nka Chuck Norris yapfuye afite imyaka 86 nk’uko umuryango we wabitangaje kuri uyu wa 20 Werurwe 2026. Uyu musaza yamenyekanye muri filime ‘The delta force’ yasohotse mu 1986, ‘Missing in action’ yasohotse mu 1984, ‘Invasion USA’ yasohotse mu 1985 n’izindi nyinshi. Inkuru y’urupfu rwa Chuck Norris yatangajwe […]

Continue Reading

Abimukira bagera kuri 18 barimo Abarundi n’Abanyecongo bapfiriye mu nyanja y’Ubuhinde.

Abimukira bagera ku 18 babanyafurika bapfiriye mu nyanja y’Ubuhinde ubwo bageragezaga kugera ku kirwa cya Mayotte nk’uko byatangajwe n’inzego z’umutekano n’izishinzwe ubutabazi muri iyo nyanja. Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa 19 Werurwe 2026 ubwo ubwato bwari butwaye abanyafurika bagera ku 50 bwakubitwaga n’umuyaga wo mu nyanja bigateza bamwe kurohama ubwo berekeza […]

Continue Reading

Israel yishe umuvugizi wa IRGC – umutwe w’ingabo ukomeye muri Iran.

Ibitero bya Israel kuri Iran kuri uyu wa 20 Werurwe 2026, byishe umuvugizi w’umutwe w’ingabo zirinda impinduramatwara ya Iran uzwi nka IRGC, nk’uko itangazamakuru rya leta yaho ribivuga. Brigadier General Ali Mohammad Naini yamaze imyaka igera kuri 40 muri uyu mutwe wa ‘Islamic Revolutionary Guard Corps’ akaba yari amaze imyaka ibiri ari umuvugizi wawo, nk’uko […]

Continue Reading

Ntibisanzwe mu Bwongereza kwitabira imikino nta tike byagizwe icyaha gihanwa n’amategeko.

Amashyirahamwe y’umupira w’amaguru mu Bwongereza no muri wales, yemeje kwinjira muri stade ukajya kureba umukino nta tike ufite bizajya bifatwa nk’icyaha gihanishwa kudasubira ku kibuga mu myaka itanu no kwishyura amande ya 1000 y’Amapawundi nukuvuga angana na miliyoni 2 Frw. Iri tegeko rizatangira gushyirwa mu bikorwa guhera ku Cyumweru, tariki ya 21 Werurwe 2026, mu […]

Continue Reading

Korea: Umukobwa wa perezida Kim Jong un yagaragaye atwaye igifaru.

Umukobwa wa Perezida wa Koreya ya Ruguru Kim Jong Un, Kim Ju Ae, yagaragaye atwaye igifaru na se amuri inyuma, byongera gushimangira ko uyu mwana yaba ari gutorezwa kuzasimbura se ku butegetsi. Mu ifoto yashyizwe hanze n’ikinyamakuru cyo muri iki gihugu, KCNA, yagaragaje Ju Ae atwaye igifaru hejuru yacyo hicaye se, Kim Jong Un, ndetse […]

Continue Reading

Rayon Sports yasezereye Police FC Kuri Penalite.

Ikipe ya Rayon Sports yasezereye Police FC muri 1/4 cy’irangiza cy’igikombe cy’Amahoro. Ni umukino warangiriye muri Penalite aho, Rayon Sports yatsinze Penalite 4-2. Ku isaha ya saa Kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba zo kuri uyu wa Kane, nibwo ikipe ya Rayon Sports na Police FC zakinnye umukino wo kwishyura wa 1/4 cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro. Ni […]

Continue Reading

Nyagatare: Hangijwe ibiyobyabwenge birimo urumogi na kanyanga bifite agaciro k’arenga miliyoni 56 frw.

Mu Karere ka Nyagatare, habereyemo igikorwa cyo kwangiza ibiyobyabwenge birimo urumogi na kanyanga ndetse n’izindi nzoga zo mu mashashi zitujuje ubuziranenge. Iki gikorwa cyabaye ku Gatatu tariki ya 18 Werurwe 2026 mu bukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge n’inzoga zitemewe. Bimwe mu biyobyabwenge byangijwe birimo kanyanga, urumogi n’inzoga zo mu mashashi Ibi biyobyabwenge byakuwe mu mirenge itanu […]

Continue Reading