Perezida Tshisekedi wa Congo yatumiye Ndayishimiye w’u Burundi ngo baganire

Perezida Évariste Ndayishimiye w’u Burundi ategerejwe i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri yatumiwemo na mugenzi we Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo, rurangwa n’ibikorwa binyuranye birimo ibiganiro bibera mu muhezo. Uru ruzinduko ruteganyijwe gutangira none ku wa Mbere tariki 22 Kamena 2026 nk’uko byemejwe n’ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri DRC. Itangazo rashyizwe hanze […]

Continue Reading

Uwari Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yamaze kwegura.

Sir Keir Starmer wari Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kuva muri Nyakanga 2024, yeguye nyuma y’iminsi yotswa igitutu n’abarimo abahoze bamushyigikiye. Kuri uyu wa 22 Kamena 2026, Sir Starmer yamenyesheje Abongereza ko yanafashe icyemezo cyo kwegura ku mwanya wa Perezida w’ishyaka ry’Abakozi (Labour). Sir Starmer yasobanuye ko icyemezo cyo kwegura ku myanya yombi kigamije gushyira imbere […]

Continue Reading

Ruhango: Bafatiwe mu isoko bagurisha inka z’inyibano

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bw’inka zirindwi, nyuma yo kuzifatanwa mu Karere ka Ruhango aho bari bazizanye kuzigurisha mu isoko. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, yatangaje ko ifatwa ry’aba bakekwa ryaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage mu rwego rwo gukumira no kurwanya ibyaha. […]

Continue Reading

Ku myaka 14 agiye guhabwa impamyabumenyi y’ikirenga.

Mu gihe abana benshi bari mu myaka iri hagati ya 6 na 10 usanga baba bakiri mu mashuri abanza biga gusoma, kwandika no kubara, umwana w’umukobwa umwe ukomoka muri Mexico we ntiyigeze agira umwanya wo kunyura muri ibyo byiciro kubera ubwenge budasanzwe afite. Uyu mwana w’umukobwa yitwa Adhara Pérez Sánchez, wavutse mu 2011, amaze kwamamara […]

Continue Reading

RIB yaburiye ababyeyi bakubita abana babo.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B Thierry, yakebuye ababyeyi bahana abana babo bihanukiriye, ku buryo bishobora kubaviramo kugira ibikomere bikomeye Ibi yabigarutseho ku wa 19 Kamena 2026, ubwo kuri Sitasiyo ya RIB ya Nyamata, uru rwego rwashyikirizaga abantu telefone 140 zifite agaciro kari hejuru ya miliyoni 40 Frw, bari bibiwe hirya no hino […]

Continue Reading

Abafana b’Ikipe ya Scoltland banyweye inzoga za Boston zirashira

Uruganda rukora ibinyobwa bisembuye rwa Sam Adams, rwatangaje ko utubari two mu Mujyi wa Boston, mu mpera z’icyumweru gishize twabuze inzoga ikorwa n’uru ruganda “Boston Lager” nyuma y’uko abafana b’ikipe y’igihugu ya Scotland bitabiriye imikino y’Igikombe cy’Isi cya 2026 bayinyoye ku rugero rurenze uko byari bisanzwe. Nk’uko uru ruganda rwabitangaje, aba bafana banyoye iyi nzoga […]

Continue Reading

Umuhungu wa Perezida Museveni Gen. Muhoozi yinjiye mu kibazo cya Bebe Cool na Miss Jolly Mutesi.

Bebe Cool yatangaje ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane yaganiriye kuri telefone na Gen. Muhoozi Kainerugaba ku bijyanye n’amakimbirane yavutse hagati ye na Miss Mutesi Jolly, amugira inama yo kuyahagarika ndetse no gusiba ibyo yari yamuvuzeho kuri konti ye ya X ko yamutekeye umutwe. Yabasabye gukemura ibibazo bidaciye ku mbuga nkoranyambaga. Ibi Bebe […]

Continue Reading

Minisitiri w’Intebe yavuze intwaro enye u Rwanda rukoresha mu gukumira Ebola

Minisitiri w’Intebe yabigarutseho ubwo yahagarariraga Perezida Kagame, mu Nama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma muri Afurika hamwe n’abafatanyabikorwa batandukanye, baganiraga ku ngamba zo guhangana n’Icyorezo cya Ebola. Inama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga. Muri iyi nama yari yitabiriwe na Minisitiri w’Ubuzima Dr Sabin Nsanzimana, Minisitiri w’Intebe yashimangiye ko mu Rwanda nta Ebola ihari, ibi akaba ari umusaruro […]

Continue Reading

Zabyaye Amahari hagati ya Bebe cool na Mutesi jolly amushinja kumurya utwe.

Miss Jolly Mutesi yibukije Umuhanzi wo muri Uganda, Bebe Cool, ko ari icyamamare atakabaye avuga ibyo abonye, atabanje gukora ubushakashatsi cyangwa ngo ashake amakuru mbere yo kuvuga ibintu bishobora kwangiza izina ry’uwo avuga. Ibi Miss Jolly Mutesi yabigarutseho ubwo yasubizaga Bebe Cool wari umaze kumushinja kuba yarigeze kumutuburira yitwaje u Rwanda n’ikipe ya Arsenal. Abinyujije […]

Continue Reading

Bimwe mu bibazo by’ingutu byugarije uburezi mu Rwanda.

Raporo nshya y’isuzuma ry’imyigire mu mashuri yo mu Rwanda, Learning Achievement in Rwandan Schools 2025, LARS 2025, igaragaza ko nubwo hari aho abanyeshuri bagaragaza iterambere, hari ibibazo bikomeye bikomeje kugira ingaruka ku ireme ry’uburezi, by’umwihariko mu gusoma no gusobanukirwa mu Cyongereza n’Imibare. Iri suzuma ryakozwe muri Gicurasi 2025 n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri, NESA, […]

Continue Reading

Karongi: Umusore akurikiranyweho kwica nyina akamushyingura munsi y’urugo.

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Karongi yataye muri yombi umusore w’imyaka 30 ukekwaho kwica nyina akamushyira mu ifumbire munsi y’urugo. Uwo musore wo mu Mudugudu wa Rugusa, Akagari ka Rwufi, Umurenge wa Mutuntu mu Karere ka Karongi yafashwe n’abanyerondo ubwo yari avuye mu rugo mu masaha y’ijoro ahetse igikapu. Ni umusore wari warananiwe […]

Continue Reading