Bebe Cool yatangaje ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane yaganiriye kuri telefone na Gen. Muhoozi Kainerugaba ku bijyanye n’amakimbirane yavutse hagati ye na Miss Mutesi Jolly, amugira inama yo kuyahagarika ndetse no gusiba ibyo yari yamuvuzeho kuri konti ye ya X ko yamutekeye umutwe. Yabasabye gukemura ibibazo bidaciye ku mbuga nkoranyambaga.
Ibi Bebe Cool yabigarutseho mu butumwa yatambukije ku mbuga nkoranyambaga.
Ati “Muri iki gitondo nakiriye telefone ya mukuru wanjye Gen. Muhoozi Kainerugaba ku bijyanye n’ikibazo cya Jolly. Nka mukuru wanjye ndetse n’umuyobozi wanjye, yangiriye inama yo kubireka, ngasiba ubutumwa nari nanditse kuri X (Twitter), ndetse tugakemura iki kibazo mu bwumvikane tutifashishije imbuga nkoranyambaga, kuko twembi turi abo mu muryango we kandi nta mpamvu yo guterana amagambo mu ruhame. Nishimiye inama yangiriye kandi ndabyemeye.”
Ibi bibaye mu gihe Miss Jolly Mutesi abinyujije mu banyamategeko be yari yamaze kwandikira Bebe Cool ibaruwa imusaba gusiba ubu butumwa mu masaha 48 ndetse akandika n’ubundi amusaba imbabazi bitaba ibyo bakagana inkiko.
Ni ibaruwa yari yamaganiwe kure na Bebe Cool wari warubiye, ahamya ko afite ibimenyetso byazamufasha mu nkiko.
Bebe Cool amaze iminsi yifatira ku gahanga Jolly Mutesi amushinja kuba yaramutuburiye, ni mu gihe uyu mukobwa we atasibye kumwereka ko ibyamubayeho byakozwe n’abatekamutwe bamwiyitiriye.
Gen. Muhoozi Kainerugaba waba abaye impamvu yo gukemura iki kibazo, uretse kuba umugaba w’ingabo za Uganda akaba n’umuhungu wa Perezida Museveni, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga akunze kugaragaza ko akunda Jolly Mutesi wabaye Miss Rwanda mu 2016.
What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

