Bobi Wine wahungiye muri Amerika yavuze igishobora gutuma asubira muri Uganda

Robert Kyagulanyi ‘Bobi Wine’ uri mu banyepolitike batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yavuze ko yiteguye gutaha mu bihugu cye mu gihe yaba yizeye umutekano we, kandi ntakurikiranwe n’ubutabera. Ibi Bobi Wine yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na France 24, nyuma y’iminsi amaze muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho avuga ko […]

Continuer la lecture

Inoti zakozwe hagati ya 2004 na 2015 zigiye kuvanwa ku isoko.

Banki Nkuru y’u Rwanda yahaye abafite inoti zakozwe hagati y’umwaka wa 2004 ndetse na 2015 igihe cy’amezi icyenda, kugira ngo babe bamaze kuzigeza ku bigo by’imari bibegereye maze bibahe inoti zizakomeza ku isoko, kuko ziriya zavuzwe zigiye kuvanwa ku isoko. Ayo mezi icyenda yatangiye kubarwa guhera kuwa 2 Werurwe 2026, kugeza ku wa 1 Ugushyingo […]

Continuer la lecture

Rulindo: Umuhungu wigaga muri RP Tumba college bamusanganye n’umukobwa wari wamusuye bombi bapfuye.

Umuhungu wigaga muri Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubunenyingiro ishami rya Tumba mu Karere ka Rulindo yasanzwe mu nzu yari acumbitsemo amanitse mu nzitiramibu yapfuye ndetse n’umukobwa wari waje kumusura na we aryamye hasi yapfuye. Ibyo byabaye kuri uyu wa 24 Werurwe 2026 aho uwo umuhungu yari acumbitse hafi y’iryo shuri. Amakuru dukesha ikinyamakuru Igihe avugako , […]

Continuer la lecture

RSSB tigers mwisura nshya igeze kure imyiteguro ya BAL.

Iminsi irabarirwa ku ntoki ngo imikino ya BAL 2026 yo mu itsinda ryiswe Kalahari Conference itangire kubera i Pretoria muri Afurika y’Epfo, kuva tariki ya 27 Werurwe kugeza ku ya 4 Mata 2026. U Rwanda ruzahagararirwa na RSSB Tigers yitabiriye iyi mikino ku nshuro ya mbere, isimbuye APR BBC yikuye mu irushanwa. Mu bakinnyi 12 […]

Continuer la lecture

Uwahoze ari Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Kenya yatawe muri yombi ashinjwa gutegura ibura rye.

Uwahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Kenya, Raphael Tuju, yatawe muri yombi nyuma y’umunsi umwe bivugwa ko yaburiwe irengero, ibyo bikaba byaratumye habaho impungenge ko ashobora kuba yarashimuswe. Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru Umuyobozi w’iperereza ry’ibyaha Mohamed Amin yavuze ko Tuju yari mu rugo rwe igihe cyose, avuga ko ari “ibura rye ryateguwe aho kuba ikibazo […]

Continuer la lecture

Burundi : Umuturage yahanishijwe kwishyura amande arenga 1,700,000Fbu azira kuragira ihene.

Umuturage utuye mu Ntara ya Butanyerera mu Gihugu cy’u Burundi yaciwe amande y’arenga 1,700,000 Fbu nyuma yo gufatwa aragiye ihene ku gasozi bitemewe. Uwo muturage utuye ahitwa mu Ngere muri komini ya Busoni mu Ntara Butanyerera  tariki ya 15 Werurwe 2026, nibwo yaciwe ayo mande ya 1,751,000 Fbu nkuko byatangajwe na Jimbere Magazine.  Amakuru avuga […]

Continuer la lecture

Ntibisanzwe Nyamasheke Umugabo akurikiranyweho gusambanya umwana w’umugore we.

Kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Ubugenzacyaha( RIB) ya Macuba mu Karere ka Nyamasheke, hafungiye Karera Emile w’imyaka 30 ukurikiranyweho gusambanya umwana w’imyaka 13 w’umugore bashakanye. Bivugwa ko Karera yasambanyije uyu mwana ahengereye nyina yagiye kurwaza nyinza mu Bitaro bya Kibogora. wo mu Mudugudu wa Rutaragwe, akurikiranyweho gusambanya umwana w’imyaka 13 umugore we yahashakanye,ahengereye uwo mugore arwaje nyina […]

Continuer la lecture

Perezida Kim Jong Un yigambye ko nta kizamubuza gukora intwaro za nucléaire.

Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un yavuze ko nta kizabuza igihugu cye umugambi wo gukomeza gukora intwaro za nucléaire, ndetse no gufata Koreya y’Epfo nk’umwanzi w’ibihe byose. Ibi Perezida Kim yabigarutseho mu ijambo yagejeje ku bagize Inteko Ishinga Amategeko muri Koreya ya Ruguru nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru KCNA kuri uyu wa Kabiri. Yavuze ko […]

Continuer la lecture

Iran yavuguruje Trump wari watangaje ko hari kuba ibiganiro.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko yafashe icyemezo cyo guhagarika by’agateganyo ibitero ku bikorwaremezo bitanga ingufu byo muri Iran kubera ko hari kuba ibiganiro, ariko iki gihugu cyo mu Burasirazuba bwo Hagati gihita kibihakana. Ibihugu byombi biri mu ntambara kuva tariki ya 28 Gashyantare 2026. Amerika yateguje Iran ko nifunga […]

Continuer la lecture

Gukora ikosa rimwe buri gihe ukarisabira imbabazi, ukarisubiramo ntabwo mbyumva-Perezida Kagame.

Perezida Kagame yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze gukurikirana ibibazo by’abaturage, bakabikemura, bitaba ibyo bakegura kuko imikorere yabo idahwitse idashobora kugira aho igeza igihugu. Yabigarutseho ubwo yasozaga Inama Nyunguranabitekerezo y’Abayobozi b’Inzego bwite za Leta n’inzego z’ibanze yabereye mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako. Yitabiriwe n’abayobozi b’uturere, ba minisitiri batandukanye n’abandi. Muri iyi nama hagarutswe ku bibazo […]

Continuer la lecture

Muri abirasi kandi mwiratana ubusa – Perezida Kagame abwira abayobozi batuzuza inshingano.

Perezida Paul Kagame yanenze abayobozi batuzuza inshingano, avuga ko babiterwa n’imico mibi kandi ko iyo yiganjemo ubwirasi nubwo baba babikora ntacyo bishingikirije. Yabigarutseho ubwo yasozaga Inama Nyunguranabitekerezo y’Abayobozi b’Inzego bwite za Leta n’inzego z’ibanze yabereye mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako. Yitabiriwe n’abayobozi b’uturere, ba minisitiri batandukanye n’abandi. Ati “Impamvu ya mbere mufite imico […]

Continuer la lecture