Umushoramari ukomeye witwa Abdul Samad Rabiu  yashimagije imiyoborere ya Perezida Paul KAGAME.

Umushoramari akaba n’umwe mu bakire bakomeye muri Afurika, Abdul Samad Rabiu, yatangaje ko imiyoborere ya Perezida Kagame ireba kure ndetse igaharanira iterambere ry’u Rwanda, ikomeje kubera urugero ibindi bihugu bya Afurika. Uyu mugabo yabitangaje nyuma yo kugirana ibiganiro na Perezida Kagame wari witabiriye inama mpuzamahanga yiga ku ikoreshwa ry’ingufu za nucléaire mu bikorwa bigamije iterambere […]

Continue Reading

Huye: batatu bishwe n’inzonga z’inkorano zitujuje ubuziranenge.

Abantu batatu bo mu Karere ka Huye, mu Murenge wa Maraba barimo abagabo babiri n’umugore umwe bapfuye inkurikirane, bikekwa ko bishwe n’inzoga itujuje ubuziranenge banyoye. Ibi byatangiye kuba ku wa 11 Werurwe 2026, ubwo abantu bajyaga kunywa inzoga mu rugo rw’umuturage wo mu Mudugudu wa Shyunga, Akagari ka Shanga, maze abaturage batanu batangira kumererwa nabi, […]

Continue Reading

Goma: Abaturage babyukiye mu myigaragambyo basaba AFC/M23 kubohora Igihugu cyose.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 12 Werurwe 2026, abaturage benshi batuye i Goma bahuriye mu myigaragambyo yamagana igitero cya drones ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zagabye muri uyu mujyi, basaba ihuriro AFC/M23 kubohora iki gihugu cyose. ku wa 11 Werurwe, Mu ma saa kumi y’urukerera nibwo drones z’ingabo za RDC zarashe ingo […]

Continue Reading

Abarundi bari barahungiye mu Rwanda batashye.

Abarundi 74 biganjemo abagabo bari barahungiye mu Rwanda mu bihe bitandukanye, batashye ku bushake mu gihugu cyabo bashima ko nta kibazo bagiriye mu Rwanda mu myaka itandukanye bari bahamaze. Batashye baciye ku mupaka w’u Rwanda n’u Burundi uri i Nemba mu Karere ka Bugesera. Barimo abagore 30 n’abagabo 44. Baturutse mu miryango 47. Bageze mu […]

Continue Reading

Ikipe ya APR BBC yasimbujwe RSSB tiger mu mikino ya BAL yagombaga kwitabira muri Uku kwezi.

Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda FERWABA rimaze gutangazako ko APR BBC itagihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya BAL. ahubwo Yasimbujwe RSSB Tigers Basketball Club. Mu itangazo iri shyirahamwe ryashyize hanze kuri uyu wa Kane, ryavuze ko RSSB Tigers Basketball Club yahawe aya mahirwe kubera umusaruro mwiza iyi kipe yagaragaje muri shampiyona y’u Rwanda. FERWABA […]

Continue Reading

Iran yarasiye ubwato bubiri butwara ibikomoka kuri peteroli hafi ya Iraq.

Iran yarashe ubwato bubiri butwara ibikomoka kuri peteroli mu mazi agenzurwa n’igihugu cya Iraq ndetse igaragaza ko ibiciro bya peteroli bizakomeza gutumbagira mu rwego rwo gusuzuma Donald Trump wavuze ko amaze gutsinda intambara ibihugu byose bimaze iminsi bihanganye. Iran yagaragaje ko ibitero ikomeje kugaba mu bihugu byo mu Burasirazuba bw’Isi bizatuma ibiciro byiyongera ku buryo […]

Continue Reading

Umuraperi w’Icyamamare Dr Dre yinjiye mu rutonde Rw’abaherwe nyuma yo kuzuza miliyari y’amadolari.

Umuraperi w’icyamamare ndetse n’umuhanga mu gutunganya umuziki, Dr. Dre, yinjiye ku rutonde rw’abaherwe b’Isi rwa 2026 rwatangajwe na Forbes, aho umutungo we ugeze kuri miliyari 1$. Ni ubwa mbere uyu mugabo ufite imyaka 61 agaragaye kuri uru rutonde rw’abaherwe nyuma y’imyaka myinshi ibikorwa bye by’ubucuruzi n’umuziki bikomeje kumwongerera umutungo. Ikinyamakuru Forbes cyagaragaje ko umutungo wa […]

Continue Reading

Uwarashe mu Rugo rwa Rihanna ashobora gukatirwa gufungwa burundu.

Umugore witwa Ivanna Ortiz w’imyaka 35 y’amavuko, ushinjwa kurasa ku nzu ya Rihana na A$AP Rocky iherereye i Beverly Hills, ashobora gukatirwa gufungwa burundu nyuma y’uko ashinjwe ibyaha 14 byo mu rwego rwo hejuru birimo no kugambirira kwica. Ku wa 10 Werurwe 2026, uyu mugore yatangiye gukurikiranwaho icyaha cyo kugambirira kwica nk’uko People yabitangaje. Yashinjwe […]

Continue Reading

Mu kiganiro Tom close yagiranye n’urubyiruko yahishuyeko akiri umwana yigeze kwandikira ibaruwa Perezida.

Umuhanzi Dr. Muyombo Thomas uzwi muri muziki nka Tom Close, yavuze ko akiri umwana yigeze kwandikira Perezida Paul Kagame kubera urukundo amakunda. Yabigarutseho ejo hashize tariki ya 10 Werurwe 2026 mu kiganiro yatangiye mu rusengero rwa ‘Citylight Foursquare Church’ aho yahuriyemo na Israel Mbonyi aho cyari gifite insanganyamatsiko yo ‘Guhuza ubwamamare n’ubukirisitu.’ Tom Close yavuze […]

Continue Reading

U Rwanda rwahawe Kwakira irushanywa rya CECAFA Kagame Cup rwaherukaga kwakira muri 2019.

Ayo marushanwa arimo irushanwa rihuza amakipe yo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba no Hagati, CECAFA Kagame Cup, rizongera kubera mu Rwanda nyuma y’imyaka irindwi. Rikazaba guhera tariki ya 18 Nyakanga kugeza ku ya 9 Kanama 2026. Irushanwa rya mbere ni CECAFA Kagame Cup izaba tariki ya 18 Nyakanga kugeza ku ya 9 Kanama mu gihe […]

Continue Reading

DRC: Indege za Drone za FARDC zagabye Ibitero I Goma mu Rukerera rwo kuruyu wa 11 werurwe 2026.

Indege z’intambara zitagira abapilote (drones) z’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zarashe mu mujyi wa Goma, umurwa mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru. Itangazo ryasohowe na AFC/M23 mu rukerera rwo kuri uyu wa 11 Werurwe 2026 rishimangira ko FARDC yakoze icyo gitero igamije kwibasira ibice bituwe n’abantu benshi. Ihuriro AFC/M23 rivuga ko icyo gitero cy’iterabwoba […]

Continue Reading