Umushoramari ukomeye witwa Abdul Samad Rabiu  yashimagije imiyoborere ya Perezida Paul KAGAME.

NEWS

Umushoramari akaba n’umwe mu bakire bakomeye muri Afurika, Abdul Samad Rabiu, yatangaje ko imiyoborere ya Perezida Kagame ireba kure ndetse igaharanira iterambere ry’u Rwanda, ikomeje kubera urugero ibindi bihugu bya Afurika.

Uyu mugabo yabitangaje nyuma yo kugirana ibiganiro na Perezida Kagame wari witabiriye inama mpuzamahanga yiga ku ikoreshwa ry’ingufu za nucléaire mu bikorwa bigamije iterambere mu rwego rwa gisivile, yahuje abakuru b’ibihugu na za guverinoma n’abahanga mu bijyanye n’izi ngufu.

Abdul Samad Rabiu washinze inganda zitunganya ibintu binyuranye muri Nigeria, zirimo BUA Cement Plc., BUA Foods Plc yavuze ko yishimiye kuba yaganiriye na Perezida Kagame.

Ati “Imiyoborere ye ireba kure, igaharanira iterambere ndetse ikiyemeza guteza imbere u Rwanda ikomeje kubera urugero Afurika no hanze yayo. Perezida Kagame ni urugero rukomeye rw’abayobozi baharanira ahazaza heza ha Afurika no kubyaza umusaruro amahirwe menshi Afurika ifite.”

si uyu wushimiye imiyoborere ya Perezida Paul Kagame kuko ubwo umunyarwenya wo muri Uganda aherutse mu Rwanda ubwo yari yaje mu gitaramo cyari kiswe Thank You God It’s Funny cyabereye kigali universe cyateguwe na abanyarwenya Babo na Michael Sengazi

salvador ubwo ya kuri television y’Igihugu bamubajije icyo yifuza mu magambo ye yagize ati ” ikintu nifuza cya mbere nuguhura na Perezida w’urwanda Paul kagame kuko ameze nkigishushanyo mbonera cy’umuperezida buri gihugu cya afurika gikeneye

u Rwanda ruri mu bihugu bifite ubukungu buzamuka byihuse kuko butera imbere hajuru ya 8% buri mwaka.

Ubukene bwaragabanyutse mu myaka 10 ishize bitewe na gahunda zitandukanye zagiye zishyirirwaho kuzamura imibereho y’abaturage.

Umuherwe Abdul Samad Rabiu washimiye Perezida Paul Kagame akaba abarirwa umutungo ufite agaciro ka miliyari 11.4$

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *