Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, Organisation mondiale de la Santé (OMS) , ryatangaje ko icyorezo cya Ebola cyibasiye Intara ya Ituri mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Conga ( RDC) gihamagarira inzego z’ubuzima ku rwego mpuzamahanga kuba maso gusa ashimangira ko bitaragera ku rwego rw’icyorezo.
OMS yavuze ko kuva Ebola yongeye kwaduka muri, RDC abantu bakekwaho kwandura bagera kuri 246 ndetse ikaba imaze guhitana abantu 80, bityo ko itaragera ku rwego iba icyorezo cy’isi yose.
Umuyobozi Mukuru wa OMS, Tedros Adhanom Ghebreyesus, yatanze umuburo asaba abatuye mu gace ikomeje kugaragaramo kwitwararika kuko umubare nyakuri w’abanduye iyi Ebola ikomeje gukwira muri aka gace utazwi neza.
OMS yavuze ko ubu bwoko bwa Ebola buterwa na virusi ya Bundibugyo, ikaba ari virusi itarabonerwa urukingo cyangwa umuti byemewe kuyivura bityo ko abantu bakwiye kuba maso.
Ibipimo byibanze bigaragaza ko abantu umunani banduye iyi virusi mu bipimo byasuzumiwe muri laboratwari (Laboratory), ni mu gihe hari abandi benshi bakekwaho kuyandura ndetse ko hari n’impfu zagaragaye mu bice bitatu, birimo Bunia, umurwa mukuru wa Ituri, hamwe n’imijyi icukurwamo zahabu ya Mongwalu na Rwampara bigakekwa ko zifitanye isano na Ebola.
Kugeza ubu iyi virusi yamaze kurenga imipaka ya RDC, aho abantu babiri bamaze kwemezwa ko bayanduye muri Uganda. Byemejwe n’bayobozi ba Uganda batangaje ko umugabo w’imyaka 59 wapfuye ku wa Kane yasanzwemo iyi virusi.
Ibihugu bihana imbibi na RDC bifatwa nk’ibiri mu kaga gakomeye ko kwibasirwa n’iyi virusi kubera urujya n’uruza rw’abantu, ubucuruzi n’ingendo hagati y’ibihugu.
OMS yasabye RDC na Uganda bimaze kugaragaramo iyi virusi ya Ebola gushyiraho ibigo byihariye bishinzwe gukurikiranirwamo abanduye iyi virusi, gushakisha abahuye n’abanduye no gushyira mu bikorwa ingamba zo gukumira ubwandu.
Mu rwego rwo kugabanya ikwirakwira ry’iyi ndwara, OMS yavuze ko umuntu wese wemejwe ko yanduye agomba guhita ashyirwa mu kato no kuvurwa kugeza igihe ibizamini bibiri bya virusi ya Bundibugyo, byakozwe hagati y’amasaha nibura 48, bigaragaza ko nta virusi ikiri mu mubiri we.
Ku bihugu bikikije uturere twagaragayemo ubwandu, OMS yasabye ko hakazwa uburyo bwo gukurikirana iyi
ndwara no gutanga amakuru y’ubuzima ku gihe.
Iri shami kandi ryavuze ko ibihugu byo hanze y’akarere katewe n’icyorezo bitagomba gufunga imipaka cyangwa guhagarika ubucuruzi n’ingendo, kuko “izo ngamba akenshi zishingira ku bwoba aho gushingira ku bumenyi bwa siyansi”.
Ebola yavumbuwe bwa mbere mu 1976 mu gihugu RDC, bikekwa ko yakomotse ku ducurama.
Iyi ndwara yandurira mu gukora ku matembabuzi ava mu mubiri w’uyirwaye , ikaba ishobora gutera kuva amaraso bikabije ku bice by’umubiri bufite umwenge cyangwa utwenge ndetse no kwangirika kw’ingingo z’umubiri.
Ibimenyetso byayo bya mbere birimo umuriro, kubabara imikaya, umunaniro, kubabara umutwe no kubabara mu muhogo, bishobora gukurikirwa no kuruka, impiswi, uduheri ku ruhu ndetse no kuva amaraso.
Kugeza ubu nta muti wizewe wa Ebola uraboneka, kandi OMS ivuga ko impuzandengo y’abahitanwa na yo iri hafi ya 50%.
Ikigo cya Afurika gishinzwe gukumira no kurwanya indwara, Africa Centres for Disease Control and Prevention (Africa CDC) cyagaragaje impungenge z’uko Ebola ishobora gukwira cyane bitewe n’uko Rwampara na Bunia ari imijyi ituwe cyane ndetse ko ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bikorerwa i Mongwalu bishobora kwenyegeza ikwira
ryayo.
Mu myaka 50 ishize, abantu bagera ku 15,000 bamaze guhitanwa na Ebola mu bihugu bya Afurika.
Icyorezo cya Ebola cyahitanye abantu benshi muri RDC ni icyabaye hagati ya 2018 na 2020, cyahitanye abantu hafi 2,300.
Mu mwaka ushize kandi, abantu 45 bapfuye bazize iki cyorezo muri RDC.

OMS yasabye inzego z’ubuzima muri RDC na Uganda gukurikirana abahuye n’abanduye ndetse no gutanga amakuru ku gihe.
What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

