Kaminuza 69% za Leta muri Afurika zikoresha Ubwenge buhangano ‘AI’ mu kwigisha.

NEWS Technology

Ubushakashatsi bwakozwe ku ikoreshwa ry’ubwenge buhangano AI muri kaminuza zo muri Afurika bwagaragaje ko Kaminuza za Leta ari zo zigerageza gukoresha iri koranabuhanga cyane mu kwigisha kuko biri ku rugero rwa 69%, mu izigenga ziri kuri 57%.

Byagarutsweho mu nama ya ‘ELITE Africa Workshop’ yahuje kaminuza zitandukanye zo muri Afurika igamije kungurana ubumenyi ku ikoreshwa rya AI muri kaminuza.

Ubu bushakashatsi bwagaragaje ko nubwo kaminuza zikomeje kuyoboka AI ariko ziyikoresha mu mirimo yindi ya kaminuza nk’ubuyobozi no kwigisha ariko bitagera mu gufasha abanyeshuri cyangwa ubushakashatsi.

Bugaragaza ko 44% bya kaminuza ari byo bifite amategeko ahamye y’uburyo AI zigomba gukoreshwa mu bikorwa bya kaminuza bya buri munsi. Mu zigenga bigeze kuri 36%.

Umuyobozi wungirije ushinzwe amasomo n’ubushakashatsi muri Kepler College Rwanda, Dr Emelyne Umunoza Gasana yagaragaje ko imwe mu mbogamizi kaminuza zigihura nazo ari gukoresha ikoranabuhanga ryakorewe mu bindi bihugu ku buryo usanga ridasubiza ibibazo bisanzwe bihari muri kaminuza.

Ati “Dukunda gufata ikoranabuhanga ryo hanze ugasanga ntirikemura neza ibibazo bihari kuko turi gukoresha ikoranabuhanga ryakorewe gusubiza ibibazo byo muri California, ibibazo byo muri Amazon, ugasanga ibyo bibazo si byo dufite hano mu Rwanda.”

Akomeza agaragaza ko mu gukemura icyo kibazo nka Kepler College bakoze ikoranabuhanga ryiswe ‘Iga’ rifasha abanyeshuri, abarimu ndetse n’abayobozi.

Iga ni ikoranabuhanga rikoresha AI mu gufasha umunyeshuri kwiga binyuze mu kubasobanurira amasomo, kubaha isuzumabumenyi, kubereka ibyo batsinzwe ndetse n’aho bakwiye gushyira imbaraga n’ibindi.

Iga kandi ifasha umwarimu gukosora abanyeshuri, kumwereka aho abanyeshuri bafite intege nke, ahakwiye gushyirwa imbaraga, gutegura amasomo n’ibindi.

Iri koranabuhanga kandi rifasha abayobozi kumenya imyitwarire y’abanyeshuri mu kigo nko kumenya abakerewe, abasibye n’ibindi. Ribafasha kandi gukurikirana amasomo ari gutangwa uko abanyeshuri bari kwiga n’ibindi.

Umwarimu kuri kaminuza ya Cape Coast yo muri Ghana, Dr Edward Amarteifio, yagaragaje kugira ngo kaminuza zigire ikoranabuhanga ryayo ari ishoramari rikomeye ariko bitabuza izo kaminuza kwigisha abanyeshuri bazo ibijyanye na AI n’uko zikoreshwa kugira ngo abanyeshuri bazo batazagera hanze bagasanga barasigaye.

Ati “Ubu hari abakoresha basaba abakozi babo kuba bafite ubumenyi runaka kuri AI, icyo kikaba kimwe mu bigenderwaho batanga akazi. Urumva iri koranabuhanga ni ingenzi cyane ku banyeshuri kandi ni na yo Si tugezemo ibintu byose bikoresha ikoranabuhanga.”

Akomeza ati “Abantu kandi bagomba kumva ko AI zitaje gusimbura abantu, cyangwa kubakura ku mirimo, ahubwo zaje ngo ziborohereze akazi. Nk’uko kera iyo wakeneraga inyanya ziseye wazishyiraga mu gasekuru ariko ubu ukoresha blender. Na AI ni nk’uko.”

Muri iyi nama kandi hagaragajwe ko kaminuza zidakwiye kubuza abanyeshuri gukoresha AI ahubwo zikwiye kubereka uburyo bwiza bwo kuzikoresha.

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *