Papa Léon XIV yanenze intambara Amerika yagabye kuri Iran.

Papa Léon XIV yagaragaje ko atishimiye intambara Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel byashoje kuri Iran, asaba ko imirwano ikwiye guhagarara, hakayobokwa inzira y’ibiganiro. Uyu mushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi yavuze ko umutekano udashobora kubonekera mu ntambara n’ubugizi bwa nabi. Papa Léon XIV yabigarutseho mu masengesho yayoboye ku cyumweru i Vatican yabereye kuri […]

Continue Reading

Kinshasa: Kiliziya Gatolika yamaganye igihano cy’urupfu Kabila yakatiwe

Kiliziya Gatolika muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yamaganye igihano cy’urupfu Urukiko Rukuru rw’Igisirikare rwa Kinshasa, rwakatiye Joseph Kabila wayoboye iki gihugu kuva mu 2001 kugeza mu 2019. Tariki ya 30 Nzeri 2025 ni bwo uru rukiko rwakatiye Kabila igihano cy’urupfu, nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kugambanira igihugu, ibyaha by’intambara, ibyibasiye inyokomuntu no kuba mu […]

Continue Reading

Papa Léon XIV yasabye abepisikopi kudahishira abihayimana bijandika mu by’ihohotera rishingiye ku gitsina

Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Léon XIV, yasabye abepisikopi bashya guhangana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorwa n’abihayimana, aho kubakingira ikibaba. Ni itangazo ryasohowe na Vatican, kuri uyu wa 12 Nzeri 2025. Mu myaka ishize ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina bikozwe n’abihayimana bo muri Kiliziya Gatolika byakunze kugaragara hirya no hino ku Isi. […]

Continue Reading

Abanyamadini beretswe uko AI yakoreshwa mu ivugabutumwa

Ihuriro ry’Amadini n’Amatorero mu Rwanda (RIC) ryagaragarije abanyamadini n’amatorero uko bakoresha ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI) mu gukomeza kugeza ivugabutumwa kuri bose. Kuri uyu wa 28 Kanama 2025 ni bwo RIC yahuguye abayobozi b’amadini n’amatorero ku kumenya neza akamaro ko gukoresha AI, uko yakoreshwa igatanga umusaruro ndetse no kumenya ibibi byayo kugira ngo babashe kungura abayoboke […]

Continue Reading

Itorero Angilikani mu Rwanda ririshimira imyaka 100 rimaze ryamamaza inkuru nziza

Kuri iki Cyumweru tariki ya 24 Kanama 2025, ibihumbi by’Abakirisitu b’Itorero Angilikani mu Rwanda (EAR) bateraniye i Gahini mu Karere ka Kayonza aho bizihiza isabukuru y’imyaka 100 ishize iryo torero rishinzwe mu Rwanda. Mu 1925, ni bwo Itorero Angilikani mu Rwanda ryatangiriye i Gahini mu Karere ka Kayonza, rishinzwe na Geoffrey Holmes, umusirikare w’Umumisiyoneri ukomoka […]

Continue Reading

“Assumption,” umunsi w’ijyanwa mu Ijuru rya Bikira Mariya usobanuye byinshi ku bakristu, ni ayahe mateka ubumbatiye?

Assumption ni umunsi ukomeye ku bakirisitu, by’umwihariko abakristu gatolika ukaba wizihizwa buri wa 15 Kanama buri mwaka. Assumption biva ku ijambo ry’ikilatini ‘Assumptio’ bisobanura kujyanwa/kuzamurwa. Uyu munsi wizihizwa hafi ku Isi hose, mu bihugu byinshi abaturage baba bishimye ndetse n’ibigo byinshi bya Leta n’ibyigenga biba byatanze ibiruhuko ku bakozi babyo. Hano mu Rwanda benshi baba […]

Continue Reading

Abarenga miliyoni 11 bavuwe bigizwemo uruhare na Kiliziya Gatolika

Ubuyobozi bw’ishoramari rya Kiliziya Gatolika rifasha imishinga y’imibereho myiza itegurwa kandi iyoborwa n’amatorero ku Mugabane wa Afurika (Mission Invest) bugaragaza ko Kiliziya Gatolika yagize uruhare mu buvuzi bw’abarwayi barenga miliyoni 11 mu Rwanda mu gihe cy’imyaka itatu ishize. Babigaragarije mu nama ya 20 y’inteko rusange y’Abepisikopi bo muri Afurika na Madagascar irimo kubera i Kigali […]

Continue Reading

RDC: Inama y’Abepisikopi yahaye umukoro Perezida Thsisekedi

Inama y’Igihugu y’Abepisikopi Gatulika muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Umukuru w’Igihugu kugira icyo akora kugira ngo ibintu bijye ku murongo muri iki Gihugu byumwihariko mu rwego rw’umutekano, ubukungu ndetse na Politiki, mu rwego rwo kuzanira ineza Abanyekongo. Inama y’Abapesikopi muri Congo, CENCO (Conférence Episcopale Nationale du Congo) yatanze iki cyifuzo mu itangazo ryashyizweho […]

Continue Reading

Menya Inzira bicamo kugira ngo Padiri abe Umwepisikopi

Tariki ya 12 Kanama 2024, Papa Francis yagize Padiri Ntagungira Jean Bosco Musenyeri wa Diyosezi ya Butare, asimbura Musenyeri Philippe Rukamba wagiye mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma y’imyaka myinshi ayobora iyi diyosezi. Ntagungira Jean Bosco wari usanzwe ari Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Regina Pacis muri Arikidiyosezi ya Kigali, yatangaje ko inshingano zo kuba umwepisikopi zisaba […]

Continue Reading

RIB yataye muri yombi Umushumba mukuru w’Itorero akurikiranyweho icyaha gikomeye

Umushumba mukuru wa Bethesda Holy Church, Bishop Rugamba Albert, yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho gutanga sheki itazigamiye. Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr. Thierry Murangira, ariko yirinze gutangaza amakuru yose amwerekeyeho, aho yaba afungiye cyangwa ingano y’amafaranga ari kuri iyo sheki yatanzwe na Bishop Rugamba Albert. Yavuze ko hagikorwa iperereza. Dr. […]

Continue Reading