Itorero Angilikani mu Rwanda ririshimira imyaka 100 rimaze ryamamaza inkuru nziza

Kuri iki Cyumweru tariki ya 24 Kanama 2025, ibihumbi by’Abakirisitu b’Itorero Angilikani mu Rwanda (EAR) bateraniye i Gahini mu Karere ka Kayonza aho bizihiza isabukuru y’imyaka 100 ishize iryo torero rishinzwe mu Rwanda. Mu 1925, ni bwo Itorero Angilikani mu Rwanda ryatangiriye i Gahini mu Karere ka Kayonza, rishinzwe na Geoffrey Holmes, umusirikare w’Umumisiyoneri ukomoka […]

Continue Reading

“Assumption,” umunsi w’ijyanwa mu Ijuru rya Bikira Mariya usobanuye byinshi ku bakristu, ni ayahe mateka ubumbatiye?

Assumption ni umunsi ukomeye ku bakirisitu, by’umwihariko abakristu gatolika ukaba wizihizwa buri wa 15 Kanama buri mwaka. Assumption biva ku ijambo ry’ikilatini ‘Assumptio’ bisobanura kujyanwa/kuzamurwa. Uyu munsi wizihizwa hafi ku Isi hose, mu bihugu byinshi abaturage baba bishimye ndetse n’ibigo byinshi bya Leta n’ibyigenga biba byatanze ibiruhuko ku bakozi babyo. Hano mu Rwanda benshi baba […]

Continue Reading

Abarenga miliyoni 11 bavuwe bigizwemo uruhare na Kiliziya Gatolika

Ubuyobozi bw’ishoramari rya Kiliziya Gatolika rifasha imishinga y’imibereho myiza itegurwa kandi iyoborwa n’amatorero ku Mugabane wa Afurika (Mission Invest) bugaragaza ko Kiliziya Gatolika yagize uruhare mu buvuzi bw’abarwayi barenga miliyoni 11 mu Rwanda mu gihe cy’imyaka itatu ishize. Babigaragarije mu nama ya 20 y’inteko rusange y’Abepisikopi bo muri Afurika na Madagascar irimo kubera i Kigali […]

Continue Reading

RDC: Inama y’Abepisikopi yahaye umukoro Perezida Thsisekedi

Inama y’Igihugu y’Abepisikopi Gatulika muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Umukuru w’Igihugu kugira icyo akora kugira ngo ibintu bijye ku murongo muri iki Gihugu byumwihariko mu rwego rw’umutekano, ubukungu ndetse na Politiki, mu rwego rwo kuzanira ineza Abanyekongo. Inama y’Abapesikopi muri Congo, CENCO (Conférence Episcopale Nationale du Congo) yatanze iki cyifuzo mu itangazo ryashyizweho […]

Continue Reading

Menya Inzira bicamo kugira ngo Padiri abe Umwepisikopi

Tariki ya 12 Kanama 2024, Papa Francis yagize Padiri Ntagungira Jean Bosco Musenyeri wa Diyosezi ya Butare, asimbura Musenyeri Philippe Rukamba wagiye mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma y’imyaka myinshi ayobora iyi diyosezi. Ntagungira Jean Bosco wari usanzwe ari Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Regina Pacis muri Arikidiyosezi ya Kigali, yatangaje ko inshingano zo kuba umwepisikopi zisaba […]

Continue Reading

RIB yataye muri yombi Umushumba mukuru w’Itorero akurikiranyweho icyaha gikomeye

Umushumba mukuru wa Bethesda Holy Church, Bishop Rugamba Albert, yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho gutanga sheki itazigamiye. Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr. Thierry Murangira, ariko yirinze gutangaza amakuru yose amwerekeyeho, aho yaba afungiye cyangwa ingano y’amafaranga ari kuri iyo sheki yatanzwe na Bishop Rugamba Albert. Yavuze ko hagikorwa iperereza. Dr. […]

Continue Reading

Papa Francis arashinjwa gutukana

Kuri uyu wa mbere, ibitangazamakuru byinshi byo mu Butaliyani byatangaje ko Papa Francis aherutse gukoresha imvugo itukana kandi iteye isoni ubwo yavugaga ku baryamana bahuje ibitsina muri Kiliziya Gatolika. Mu cyumweru gishize, ubwo papa yari mu nama y’Abepiskopi y’Ubutaliyani (CEI), ngo yasabye abasenyeri kutakira abaryamana bahuje ibitsina ku mugaragaro mu maseminari y’idini. Ubwo yabazwaga mu […]

Continue Reading

Abayisilamu batoye Mufti mushya

Sheikh Sindayigaya Mussa yatorewe kuba Mufti w’u Rwanda asimbuye Sheikh Salim Hitimana wari umaze imyaka umunani ayoboye Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC). Mu matora yabaye kuri iki Cyumweru, Sheikh Hitimana yari mu bakandida biyamamarizaga kuri uyu mwanya ariko aza kwikura mu matora ku mpamvu yatangaje ko zishingiye ku kuba amaze igihe kirekire mu nshingano Ni […]

Continue Reading

Musenyeri wiyahuye kubera imyenda myinshi

Inzego z’iperereza muri Tanzania zatangaje ko Joseph Bundala wari Musenyeri mu itorero ry’aba- méthodiste yiyahuye akoresheje umugozi wa telefone yo mu biro, aho bikekwa ko ari icyemezo yafashe kubera imyenda yari imuremereye. Amakuru y’urupfu rwa Musenyeri Joseph Bundala yamenyekanye ku wa Gatandatu tariki 18 Gicurasi mu 2024, gusa bivugwa ko yiyahuye ku wa Kane tariki […]

Continue Reading

Tshisekedi aracyahamya  ko azashoza  intambara ku Rwanda

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yashimangiye ko agitekereza gushoza intambara ku Rwanda mu gihe ibiganiro bihuza abayobozi bo mu bihugu byombi nta musaruro mwiza byatanga.   Uyu Mukuru w’Igihugu ubwo yimamarizaga kuyobora iki gihugu mu mpera za 2023, yatangaje ko mu gihe umutwe witwaje intwaro wa M23 warasa mu […]

Continue Reading