Madagascar: Col. Patrick Rakotomamonjy yatawe muri yombi akekwaho kugerageza ‘coup d’état.

Ubutegetsi bwa Madagascar bwemeje ko Colonel Patrick Rakotomamonjy uri mu basirikare bakuru muri kiriya gihugu yatawe muri yombi, akaba akekwaho kugira uruhare mu mugambi wo kugerageza guhungabanya ubutegetsi no kugirira nabi abayobozi bakuru b’igihugu. Nk’uko amakuru aturuka mu nzego z’umutekano abivuga, uyu musirikare yafashwe nyuma y’iperereza ryari rimaze iminsi rikorwa ku bikorwa bivugwa ko byari […]

Continue Reading

Kinshasa yemeye kurekura imfungwa zirenga 300 za AFC/M23.

Umutwe wa AFC/M23 na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byemeranyije ko mu minsi 10 iri imbere buri ruhande ruzarekura imfungwa z’urundi zifite. Ibi biri mu byo impande zombi zumvikanyeho, nyuma y’ibiganiro kuva ku wa Mbere w’iki cyumweru zagiraniraga mu mujyi wa Montreux wo mu Busuwisi. Ni ibiganiro byanitabiriwe n’abarimo Leta Zunze Ubumwe za […]

Continue Reading

Iran yemeye gufungura umuhora wa Hormuz mu minsi y’agahenge.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Seyed Abbas Araghchi yatangaje ko nyuma y’uko hemejwe agahenge ku ntambara iri kubera muri Liban, ubu ubwato bunyura mu muhora wa Hormuz bushobora gutambuka mu gihe cyose aka gahenge kazamara Ubutumwa Seyed Abbas Araghchi yashyize ku mbuga nkoranyambaga buvuga ko nyuma y’aho Israel yemeye guhagarika intambara muri Liban, “inzira ifunguye […]

Continue Reading

Abantu 100 batwara ibinyabiziga bamaze guhanwa bazira guhenda abagenzi.

Nyuma yo gutangaza ibiciro bishya by’ingendo, abagera hafi ku 100 batwara abagenzi bamaze guhanirwa kubahenda bazamura ibiciro. Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko rurimo gukurikiranira hafi mu Gihugu hose ishyirwa mu bikorwa ry’ibiciro bishya by’ingendo biherutse gushyirwaho. Rwasabye abatwara abagenzi kubahiriza no kumanika ibiciro aho abagenzi bategera no mu modoka ndetse kandi abagenzi basabwa gukomeza gutanga […]

Continue Reading

U Burayi busigaranye amavuta y’indege yakora ibyumweru bitandatu gusa.

U Burayi bufite ibyago byinshi byo kubura amavuta akoreshwa mu ndege ku buryo bishobora kudindiza ingendo zo mu mpeshyi kuva muri Kamena 2026. Umuyobozi w’Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe Ingufu, yavuze ko uyu mugabane usigaranye amavuta y’indege yo gukoresha mu byumweru bitandatu gusa. Ikibazo cy’ibura ry’aya mavuta gishingiye ku makimbirane akomeje kubera mu Burasirazuba bwo Hagati. Ibi […]

Continue Reading

41,1% by’abahawe gatanya mu Rwanda bari bataramarana imyaka 10.

Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, yagaragaje ko ingo 2.629 zahawe gatanya zinashyirwa muri muri sisiteme mu 2025, ndetse 41,1% bari bamaranye imyaka itageze ku 10 babana, mu gihe ingo 18 gusa mu zahawe gatanya ari zo zari zimaranye igihe kirenze imyaka 45. Raporo yitwa Rwanda Vital Statistics report 2025 yashyizwe hanze ku wa 15 Mata […]

Continue Reading

Haringingo Francis yemerewe gutoza Rayon Sports.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko umutoza ukomoka mu Burundi, Haringingo Francis Christian, yemerewe gutoza ikipe ya Rayon Sports mu buryo bwubahirije amategeko nyuma yo gukemura ibibazo yari afitanye na Kiyovu Sports yari yaranze kumurekura. Ibi byatangajwe binyuze mu butumwa FERWAFA yashyize ku mbuga nkoranyambaga zayo ku mugoroba wo ku wa Kane tariki […]

Continue Reading

Indirimbo y’umunyarwanda “let me be” ikomeje kwigarurira imitima ya benshi.

Indirimbo “Let Me Be” imaze kwamamara cyane ku mbuga nkoranyambaga zirimo TikTok na YouTube, benshi bayumvise bishimira ijwi ryoroshye n’injyana ya ’amapiano,’ ariko batitaye cyane ku waba ayiri inyuma. Iyi ndirimbo imaze kurebwa inshuro zirenga miliyoni 13, yageze no ku rutonde rw’indirimbo zikunzwe mu Burayi no muri Afurika, yakozwe n’umuhanzi w’umunyarwanda Elvin Cena w’imyaka 21 […]

Continue Reading

Trump aremeza ko Israel na Liban byemeranyije agahenge.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, kuri uyu wa Kane, itariki 16 Mata 2026, yatangaje ko Liban na Israel bumvikanye agahenge k’iminsi 10. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Perezida Donald Trump yavuze ko yavuganye na Perezida Joseph Aoun wa Liban na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu. Mu butumwa ntaho avuga umutwe wa […]

Continue Reading

Minisitiri Uwihanganye yahumurije abanyarwanda ko Izamuka rya Lisansi nta ngaruka riri bugire ku biciro by’ingendo.

Minisiteri y’Ibikorwaremezo yatangaje ko n’ubwo ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byazamutse, bitazagira ingaruka ku biciro by’ingendo ku bakoresha imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange. Ku wa Kane tariki ya 16 Mata ni bwo Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli, aho litiro ya lisansi yageze kuri 2,938 Frw. Ibi bivuze ko Lisansi yiyongereyeho […]

Continue Reading

Nyamasheke: Umurambo w’umusore wabonywe mu mugezi hakekwa ubusinzi.

Umurambo w’umusore w’imyaka 31 witwaga Nkinzingabo Jean Baptiste wabaga mu Mudugudu wa Gikangaga, Akagari ka Gasovu, Umurenge wa Karambi, Akarere ka Nyamasheke, wasanzwe munsi y’ikiraro kiri ku mugezi wa Ryamunyu hakekwa ko yaba yanyereyeho yasinze nijoro akitura muri uwo mugezi akabura gitabara agapfa. Muhayimana Donatille wamugezeho bwa mbere, yavuzeko ko hari mu ma saa moya […]

Continue Reading