Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, kuri uyu wa Kane, itariki 16 Mata 2026, yatangaje ko Liban na Israel bumvikanye agahenge k’iminsi 10.
Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Perezida Donald Trump yavuze ko yavuganye na Perezida Joseph Aoun wa Liban na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu.
Mu butumwa ntaho avuga umutwe wa Hezbollah, uterwa inkunga na Iran ukorera muri Liban, umaze igihe urasana ibisasu na Israel nk’uko inkuru dukesha BBC ikomeza ivuga.
Trump avuga ko Aoun na Netanyahu “bumvikanye ko kugira ngo amahoro agerweho hagati y’ibihugu byabo” bagiye gutangira agahenge k’iminsi 10 gatangira saa kumi n’imwe ku isaha yo mu burasirazuba bwa Amerika (saa tanu z’ijoro mu Rwanda).
Yakomeje ubutumwa bwe yivuga ibigwi yemeza ko amaze kurangiza intambara icyenda, yongeraho ati: “Iyi iraba iya 10”.
Mu ntambara Trump avuga yarangije harimo iyo mu Burasirazuba bwa Congo, kubera amasezerano ya Washington yasinywe umwaka ushize, amasezerano atarubahirijwe kugeza ubu kuko iyo ntambara igikomeje
What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

